Uyu muhanzikazi, amazina ye nyakuri
akaba Ingabire Deborah, yaserukanye ikamba mu mutwe, ibintu byahise bituma
benshi bibaza ubutumwa yashakaga gutanga.
Nyuma yo kuva ku rubyiniro,
yasobanuye ko atari uburyo bwo kwiyerekana gusa, ahubwo ko ari ikimenyetso
cy'icyizere afitiye umwanya yifuza gukomeza kugira mu muziki nyarwanda.
Aya magambo yayavuze nyuma yo
gutanga igitaramo cyanyuze benshi, aho yaririmbye zimwe mu ndirimbo zakunzwe
cyane zirimo Paje, Marina, Bimpame na Agafoto, abakunzi be bamwereka ko bagikomeje
kumushyigikira baririmbana na we kuva atangiye kugeza asoje.
Marina ni umwe mu bahanzi umunani
bazenguruka igihugu muri MTN Iwacu Muzika Festival 2026, iserukiramuco
ritegurwa na East African Promoters (EAP) ku bufatanye na MTN Rwanda. Muri uyu
mwaka, iri serukiramuco ririmo Ross Kana, Amalon, Kivumbi King, Marina, Chriss
Eazy, Davis D, Kenny Sol na Bushali.
Igitaramo cya Nyagatare cyo ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2026, cyabaye
icya gatanu muri uru rugendo ruzenguruka igihugu, kikaba cyitabiriwe
n'abaturage benshi bari buzuye Stade ya Nyagatare, aho buri muhanzi yakiranywe
urugwiro n'abakunzi b'umuziki.
Nk'uko byagenze no mu yindi mijyi
iri serukiramuco rimaze kunyuramo, no muri Nyagatare hatumiwe umwe mu bahanzi
begukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS). Kuri iyi nshuro
yari Tom Close, wegukanye iri rushanwa mu 2011 ubwo ryabaga ku nshuro yaryo ya
mbere.
Marina yavuze ko ashingiye ku buryo
yakiriwe n'abafana ndetse n'uko igitaramo cye cyagenze, yizeye ko yitwaye neza
kandi ko Nyagatare yamuhaye amanota meza.
Uyu muhanzikazi akomeje kwerekana
ko ari umwe mu bafite izina rikomeye mu muziki nyarwanda, aho buri gihe
aharanira gutanga umwihariko haba mu buryo yambara, uko yitwara ku rubyiniro
n'uburyo ageza umuziki we ku bafana.
Kugaragaza ikamba mu mutwe kwe kwabaye kimwe mu byaranze igitaramo cye cya Nyagatare, ndetse amagambo ye agaragaza ko akomeje kwizera ubushobozi bwe no guhatanira gukomeza kuba umwe mu bahanzikazi bafite ijambo rikomeye mu muziki nyarwanda.






REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MARINA
