Uyu
mugabo wamenyekanye cyane muri filime Amarira y’Urukundo yakinnye ari kumwe na
Mukasekuru Hadidja uzwi nka Fabiola, yavuze ko igihe kigeze ngo ubuhanzi bube
kimwe mu bikoresho bikomeye bifasha Isi guhangana n’ibibazo byangiza
ibidukikije no guteza imbere iterambere rirambye.
Igikorwa
cyo gutangiza iri serukiramuco cyabereye muri Norrsken Kigali, aho hanahise
hatangizwa Arts for Green Initiative Forum, ihuriro ryahuje abahagarariye
inzego za Leta, imiryango mpuzamahanga, ibigo byigenga ndetse n’abahanzi
baturutse mu nzego zitandukanye.
Mu
bitabiriye uyu muhango harimo abahagarariye Minisiteri y’Urubyiruko
n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Minisiteri y’Ibidukikije, UNESCO, na Ambasade ya Israel mu Rwanda.
Abitabiriye
iyi nama bagaragaje ko ubuhanzi bushobora kugira uruhare rukomeye mu guhindura
imyumvire y’abaturage ku birebana no kubungabunga ibidukikije, binyuze mu
butumwa bworoshye kandi bwumvikana kuri benshi.
Mu
biganiro byatanzwe, hibanzwe ku ruhare rw’ubuhanzi mu kubaka ubukungu
bushingiye ku kubungabunga ibidukikije, buzwi nka Green Economy, ndetse
n’uburyo filime, umuziki, ubugeni n’ibindi bikorwa by’umuco bishobora gufasha
abaturage kugira uruhare rugaragara mu rugamba rwo kurengera Isi.
Ikiganiro cya mbere cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’Ubuhanzi mu Kubaka Ubukungu Bushingiye ku Bidukikije”.
Cyitabiriwe n’uhagarariye UNESCO
hamwe n’umuhanzi n’umunyabugeni Ben Rurangirwa, bagaruka ku buryo inkuru
n’ubutumwa bitambutswa mu buhanzi bishobora kugira uruhare mu kubaka ubukungu
burambye kandi bwita ku bidukikije.
Ikiganiro
cya kabiri cyiswe “Ubukungu Bushingiye ku Bidukikije: Kuvumbura Amahirwe
y’Imirimo no Kurengera Ibidukikije” cyahuje abayobozi b’ibigo bya Greenride na
Spiro hamwe n’uhagarariye Minisiteri y’Ibidukikije.
Aba
baganiriye ku mahirwe mashya ari kuvuka muri uru rwego, by’umwihariko ku
rubyiruko, ndetse bagaragaza uburyo ikoranabuhanga n’udushya bishobora gufasha
mu kubaka ejo hazaza harambye kandi hafitiye akamaro ibisekuru bizaza.
Mu
ijambo rye, Manzi yavuze ko kurengera ibidukikije bitagomba gufatwa
nk’inshingano z’abashakashatsi, abafata ibyemezo cyangwa imiryango ikora
ubuvugizi gusa, ahubwo ko ari inshingano ya buri muntu wese.
Yagize
ati: “Uyu munsi duhuriye ku cyizere cyoroheje ariko gifite imbaraga zikomeye:
ejo hazaza h’ibidukikije byacu si inshingano z’abashakashatsi, abafata ibyemezo
cyangwa abarwanashyaka bonyine. Ni inkuru igomba kuvugwa, gushushanywa,
gukinwa, kuririmbwa, guhangwa no kubaho muri buri wese muri twe. Iyi nama ni
intangiriro y’iyo nkuru.”
Yasobanuye
ko inkuru zirebana n’ibidukikije zigomba kugera kuri benshi binyuze muri
filime, umuziki, ibishushanyo n’ubundi buryo bw’ubuhanzi, kuko ari bwo buryo
bushobora gufasha abantu gusobanukirwa neza inshingano bafite mu kubungabunga
Isi.
Global
Green Heroes Festival izakomeza kuba urubuga ruhuza abahanzi, abafata ibyemezo,
abikorera n’abashoramari hagamijwe gushaka ibisubizo bishya byafasha guhangana
n’ibibazo byangiza ibidukikije, hifashishijwe imbaraga z’ubuhanzi n’umuco.
Iri
serukiramuco rije ryiyongera ku bikorwa bitandukanye biri gukorwa ku rwego
mpuzamahanga bigamije gukoresha ubuhanzi nk’umuyoboro wo gukangurira abaturage
kugira uruhare mu kurengera ibidukikije, no kubaka Isi irambye kandi itekanye
ku bisekuru bizaza.



Global Green Heroes Festival yatangirijwe i Kigali yibanda ku ruhare rw’abahanzi mu kubungabunga ibidukikije

Umukinnyi wa filime, Bazongere Rosine wamamaye muri filime zirimo nka 'Papa Sava', 'City Maid' ni umwe mu bitabirije itangizwa ry'iri serukiramuco

Abahanzi basabwe kuba abafatanyabikorwa mu rugamba rwo kurengera ibidukikije nka kimwe mu byitaweho muri iki gihe

Manzi [Uri iburyo] yasobanuye ko yatangije iri serukiramuco "Global Green Heroes Festival" hagamijwe kurengera ibidukikije binyuze mu buhanzi


Umuhanzi Jabo Gakondo yasusurukije abantu yisunze inanga ya Kinyarwanda. Uyu musore aherutse gusohora indirimbo zirimo nka 'Mukesha' yakoranye na Platini P


U Rwanda n’Isi yose bizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ibidukikije buri wa 5 Kamena 2026


