Uyu
muhanzi yabitangaje mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 18 Kamena 2026 abinyujije ku
mbuga nkoranyambaga ze, aho yavuze ko yishimiye kuzasangiza abanyeshuri,
abarimu n’ababyeyi bo muri Miyazaki International University ubutumwa buri muri
Album ye nshya.
Igitaramo
cye giteganyijwe ku wa 11 Nyakanga 2026 muri Miyazaki International University,
kizabera mu nyubako y’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubusabane (International Exchange
Center), kikitabirwa n’umuryango mugari w’iyi kaminuza ugizwe n’abanyeshuri,
abarimu ndetse n’ababyeyi babo.
Mu
butumwa bwe, Mani Martin yagize ati: “Nishimiye cyane gusangiza Album ‘Rebirth’
umuryango wa Miyazaki International University.”
Miyazaki
International University ni kaminuza yigenga iherereye mu Ntara ya Miyazaki mu
Buyapani. Yashinzwe mu 1994 igamije gutanga uburezi bushingiye ku ndangagaciro
zo kubaha abandi, umurimo n’imibanire mpuzamahanga.
Ifite
amashami y’Uburezi n’Amasomo Mpuzamahanga (International Liberal Arts), aho
amasomo menshi atangirwa mu Cyongereza kugira ngo hatozwe urubyiruko rufite
ubushobozi bwo gukorera mu muryango mpuzamahanga.
Kuri
iyi kaminuza kandi, umubare munini w’abarimu bakomoka mu bihugu bitandukanye,
ibintu byayigize kimwe mu bigo byigisha bifite umwuka mpuzamahanga ukomeye mu
Buyapani.
Iyi
kaminuza izwi kandi mu guteza imbere ibikorwa byo gusabana no kungurana
ibitekerezo hagati y’abanyeshuri b’Abayapani n’abaturuka mu bindi bihugu, ikaba
iri mu bigo by’uburezi bikomeje kwagura ubufatanye mpuzamahanga no kwakira
abanyeshuri baturutse hirya no hino ku Isi.
Ubutumwa bwa
‘Rebirth’ bushingiye ku rugendo rwihariye rw’ubuzima bwe
Album
‘Rebirth’ ni umushinga Mani Martin avuga ko ushingiye ku rugendo rwimbitse
rwamuranze mu myaka ishize. Ni urugendo rwamuvanye mu buzima bwo guhora ari mu ruhame
no mu bikorwa byinshi, agafata umwanya wo kwisubiraho, gukira ibikomere byo mu
bwana no kongera kwiyubaka mu mutima no mu bitekerezo.
Uyu
muhanzi agaragaza ko iyi album ivuga ku gukira ibikomere, kwisobanukirwa,
kongera kwiyakira no gushaka amahoro yo mu mutima, ibintu avuga ko byahinduye
ubuzima bwe mu buryo bukomeye.
Mu
ntangiriro z’urugendo rwe rw’umuziki, Mani Martin yahawe inkunga n’abayobozi
b’iyobokamana batandukanye barimo Rev. Antoine Rutayisire wamufashije cyane
akiri umwana utangiye kuririmba.
Nyuma
y’imyaka myinshi bongeye guhura, amusigira inama n’ubutumwa byamufashije
gusobanukirwa ko kugira ubuzima bwuzuye bisaba kubanza kureba imbere muri wowe
no kurekura imitwaro idakenewe.
Yakuye amasomo
menshi mu rugendo rw’ubuzima bwe
Uretse
umuziki, Mani Martin yagiye agira uruhare mu bikorwa bitandukanye byo guteza
imbere abantu no kubaka amahoro.
Yabaye
umwe mu bitabiriye gahunda ya Dalai Lama Fellowship muri Kaminuza ya Virginia
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yize uburyo umuntu ashobora gukorera
abandi akoresheje umutima, ubushishozi n’indangagaciro z’ubumuntu.
Yanabaye
umushakashatsi wungirije mu mushinga wa Japan International Cooperation Agency
(JICA) ku burezi n’imikurire y’abana bato mu Rwanda. Uwo mushinga wamuhuje
cyane n’ubuzima bw’abaturage bo mu byaro ndetse n’inkuru z’ubuzima bw’abana
b’Abanyarwanda.
Nyuma
yaho yagize uruhare no muri gahunda ya Art Rwanda Ubuhanzi ya Imbuto
Foundation, aho yongeye guhura n’abahanzi batandukanye ndetse ibikorwa bye
byongera gufata indi ntera.
Impanuka yegereye
urupfu yahinduye ubuzima bwe
Mani
Martin avuga ko kimwe mu byamuhinduye cyane ari impanuka ikomeye yatewe
n’imvura nyinshi, yamugejeje hafi y’urupfu.
Nyuma
y’icyo gihe yatangiye kureba ubuzima mu buryo bushya, asobanukirwa ko umuntu
afite uyu munsi gusa, bityo agahitamo gukoresha impano ye mu gutanga ubutumwa
bufasha abandi no kubaka Isi nziza kurushaho.
Ni
ubutumwa bwumvikana cyane muri Album ‘Rebirth’, aho agaruka ku gukira
ibikomere, kongera kwiyubaka no gushaka amahoro yo mu mutima.
Umuhanzi wamamaye
kubera ubutumwa bw’amahoro
Mani
Martin amaze imyaka myinshi azenguruka Isi ataramira abantu mu bitaramo
n’amahuriro mpuzamahanga atandukanye.
Yaririmbye
mu birori bikomeye birimo Amani Festival muri Repubulika Iharanira Demokarasi
ya Congo, Sauti za Busara muri Zanzibar, Bayimba Festival muri Uganda ndetse na
Freedom Celebration muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Yanakoze
ibitaramo mu nama n’amahuriro mpuzamahanga arimo ibikorwa bijyanye n’Intego
z’Iterambere Rirambye (SDGs), World Economic Forum (WEF), Transform Africa,
inama mpuzamahanga zo gukumira Jenoside ndetse n’ibikorwa by’Umuryango wa
Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Mu
mwaka wa 2013 yatoranyijwe mu bahanzi 10 ba mbere bahataniraga igihembo cya
Prix Découvertes RFI, kimwe mu bihembo bikomeye mu muziki nyafurika.
Yakoreye
kandi indirimbo hamwe n’abahanzi bazwi muri Afurika barimo Sauti Sol, Innoss’B,
Soul Bang’s na Eddy Kenzo.
Azaba asubiye mu
Buyapani nyuma y’uruzinduko rwa Werurwe
Uru
rugendo rwa Nyakanga 2026 ruje rukurikira urundi Mani Martin yagiriye mu
Buyapani muri Werurwe uyu mwaka.
Muri
urwo ruzinduko, yamuritse Album ‘Rebirth’ mu bitaramo bitandukanye ndetse
anasura Urwibutso rw’Amahoro rwa Hiroshima, rumwe mu hantu hasurwa cyane
hibutsa amateka y’igitero cya bombe kirimbuzi yagabwe kuri uwo mujyi mu
Ntambara ya Kabiri y’Isi.
Icyo
gihe yari ayobowe na Professor Yoshi, inzobere mu gukemura amakimbirane yigisha
muri Kaminuza ya Hiroshima.
Kongera
gusubira mu Buyapani bigaragaza umubano ukomeje gukomera hagati ya Mani Martin
n’iki gihugu, aho akomeje gukoresha umuziki nk’ururimi ruhuza abantu, rugatanga
icyizere ndetse rugafasha abantu gukira ibikomere by’amateka n’iby’ubuzima bwa
buri munsi.
Album ‘Rebirth’ ikomeje kwakirwa neza n’abakunzi b’umuziki nk’igikorwa kirenze imyidagaduro, kikaba ubuhamya bw’uko umuziki ushobora kuba inzira yo kongera kwiyubaka, kwiyakira no guhindura ubuzima bw’abantu.

Mani
Martin yatangaje ko agiye gusubira mu gihugu cy’u Buyapani aho azamurikria
Album ye ‘Rebirth’
Mani Martin azataramira muri Miyazaki International University, Kaminuza izwi kandi mu guteza imbere ibikorwa byo gusabana no kungurana ibitekerezo hagati y’abanyeshuri b’Abayapani n’abaturuka mu bindi bihugu

