Ibi bitaramo biteganyijwe gutangira
kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Mutarama 2026, bibere kuri Tictack, ahasanzwe
hataramira Symphony Band ndetse n’abakunzi ba ‘Live Music’. Biteganyijwe ko
bizakomereza no ku yandi matariki, ndetse bikazabera no mu bindi bice
bitandukanye.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda,
Mani Martin yavuze ko intego nyamukuru y’ibi bitaramo ari ugusubirana umubano
wihariye n’abakunzi be, binyuze mu muziki w’imbona nkubone uhuza umuhanzi
n’abamukunda mu buryo bwihariye.
Ati: “Intego ni uguhuza imbaraga
n’abanyamuziki beza u Rwanda rugwije, kugira ngo twifatanyirize n’abandi
kwishimira ubuzima binyuze mu muziki.”
Yakomeje avuga ko ibi bitaramo biri
no mu murongo wo gukomeza kumenyekanisha Album ye ya karindwi yise ‘Rebirth’,
igaragaramo ubufatanye bukomeye n’abanyamuziki batandukanye.
Ati: “Album ‘Rebirth’, bitewe
n’uburyo yanagizwemo uruhare runini n’ubufatanye n’abanyamuziki batandukanye,
ni nako uburyo bwo kuyimenyekanisha buteye. Binyura mu bufatanye mu bikorwa
bitandukanye bijyanye nayo, ndetse n’ubutumwa buyikubiyemo.”
Ibi bitaramo byitezweho kuzana
umwihariko, aho abakunzi ba Mani Martin bazongera kumva indirimbo ze mu buryo
bwa ‘Live’, zifite umwimerere wihariye wubakiye ku buhanga bwa Symphony Band,
ikomeje kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki w’imbona nkubone mu Rwanda.
Album ‘Rebirth’ ya Mani Martin ni
igikorwa kigaragaza intambwe nshya mu rugendo rwe rw’umuziki, aho yibanze ku
gutanga ubutumwa bw’icyizere, kwisubirana n’ubuzima, no kongera kwiyubaka nyuma
y’ibihe bitandukanye by’ubuzima.
Iyi ‘Album’ igizwe n’indirimbo
ziganjemo ‘Live sound’, zubakiye ku miririmbire isukuye n’ubuhanga
bw’abanyamuziki, bigatuma ijwi n’ubutumwa byiyumvamo mu buryo bwimbitse.
Mani Martin yayishyizeho indirimbo
zitandukanye zigaruka ku rukundo, ubuzima bwa buri munsi, kwihangana
n’icyerekezo gishya, bikagaragaza ubundi buryo bwo gutekereza no kurema ku
mpande zitandukanye z’umuhanzi.
‘Rebirth’ kandi ni Album ya karindwi
ya Mani Martin, ikaba yarakozwe ku bufatanye n’abanyamuziki batandukanye,
ibintu avuga ko byatumye yinjira mu ishusho nshya y’umuziki ushingiye ku
bufatanye no gusangiza ubumenyi.
Uyu muhanzi asobanura ko izina
‘Rebirth’ ryaturutse ku gitekerezo cyo kongera kwivugurura mu muziki no mu
buzima, aho yumva ari intangiriro nshya iranga icyiciro gishya mu rugendo rwe
rw’ubuhanzi.


“Rebirth” si Album gusa, ni
intangiriro nshya, Mani Martin yiteguye kuyigeza ku bakunzi be binyuze mu
bitaramo bya ‘Live’ ashyigikiwe na Symphony Band, mu rugendo rwo gusubirana
umubano wihariye n’abamukunda


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘NOBLE REASON’ IRI MU ZIGIZE ALBUM YA MANI MARTIN
