Riquelme ufite imyaka 37 akaba ari umushoramari mu
rwego rw’ingufu zisubira, yabitangaje ku wa Gatatu mu kiganiro cya televiziyo
cya El Hormiguero, aho yavuze ko Haaland ari umwe mu bakinnyi bazamufasha
kubaka Real Madrid nshya.
Yagize ati: "Haaland afite ingingo mu
masezerano imwemerera kugenda kandi yifuza gukinira Real Madrid."
Nyuma yo gutangaza aya magambo, yanerekanye
umwambaro wa Real Madrid uriho izina rya Haaland ndetse na nimero 9, ibintu
byahise bikurura impaka zikomeye .
Gusa, abahagarariye Haaland bahise bahakana aya
makuru bavuga ko ibyo Riquelme yatangaje ari amagambo yo kwiyamamaza adafite
ishingiro. Banavuze ko nta biganiro biri hagati y’uyu mukinnyi na Real Madrid.
Manchester City nayo yasohoye itangazo ivuga ko nta gahunda yo gutandukana na
Haaland ndetse ko nta ngingo n'imwe iri mu masezerano ye imwemerera kuva muri
iyi kipe mu buryo bworoshye nk'uko byavuzwe.
Umuvugizi wa Manchester City yagize ati: "Aya
makuru ava muri Espagne ntabwo ari ukuri. Nta mahirwe ahari yo kuba Haaland
yava muri Manchester City kandi nta ‘release clause’ iri mu masezerano ye.
Turimo no gusuzuma ibijyanye no gukoresha isura n’izina ry’umukinnyi wacu muri
ubu buryo."
Si Haaland gusa Riquelme yasezeranyije abafana ba
Real Madrid. Yanavuze ko naramuka atowe azazana na Rodri, usanzwe ari umwe mu
bakinnyi ngenderwaho ba Manchester City ndetse avuga ko yakorana n'abahoze bakinira Real Madrid
barimo Raul Gonzalez na Fernando Hierro.
Biteganyijwe ko amatora y'uzayobora Real Madrid ahanganyemo na Florentino Perez usanzwe ari Perezida wayo azaba ku Cyumweru tariki ya 7 Kamena 2026.

