Ni mu mukino wakinwe kuri iki Cyumweru saa Mbili n’iminota 30 kuri Anfield.
Manchester City yatangiye umukino yiharira umupira binajyanq no kotsa igitutu imbere y’izamu rya Liverpool ariko ba myugariro bayo bakihagararaho.
Ku munota wa 20 Omar Marmoush yarekuye ishoti riremereye ryashoboraga guteza ibibazo ariko rishyirwa muri koroneri itagize icyo itanga.
Liverpool nayo yaje kubona uburyo bufatika imbere y’izamu ku mupira Alexis Mac Allister yari ahaye Mohamed Salah agiye kuwushyira mu izamu Marc Guehi aratabara. Amakipe yombi yakomeje gukina akanirana ubundu igice cta mbere kurangira Ari 0-0.
Mu gice cya kabiri Liverpool yaje isatira cyane ndetse ku munota wa 55 Hugo Ekitike yarase igitego cyabazwe ku mupira waruhinduwe neza na Mohamed Salah ubundj ashyiraho umutwe ariko unyura impande y’izamu gato cyane.
Hari aho Liverpool yashakaga penariti ku ikosa Marc Guehi yari akoreye Mohamed Salah ariko birangira hatanzwe kufura itagize icyo itanga.
Ku munota wa 73 Liverpool noneho yabonye kufura yagize icyo itanga aho yatewe na Dominic Szoboszlai ayishyira mu nshundura igitego kiba kirabonetse.
Ku munota wa 84 Manchester City yaje kubona igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Bernado Silva ku mupira yari ahawe na Erling Haaland.
Ku wa 90 Manchester City yabonye penariti kubona penariti ku ikosa ryari rikorewe Matheus Nunes ubundi iterwa na Erling Haaland ayishyira mu nshundura igitego cya kabiri kiba kirabonetse.
Umukino warangiye Manchester City itsinze ibitego 2-1 igira amanota 50 aho irushwa na Arsenal ya mbere amanota 6. Ni mu gihe Liverpool yo iri ku mwanya wa 6 n’amanota wa 39.


Erling Haaland nyuma yo gutsinda igitego cyatanze intsinzi 
Manchester City yatsinze Liverpool ibitego 2-1
