Uyu
musore yavuze ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kubona ko impano ye itagarukira
ku gutunganya indirimbo gusa, ahubwo anafite ubushobozi bwo kuririmba no
kwigaragaza nk’umuhanzi wuzuye.
Mamba
yamenyekanye bwa mbere aririmba mu ndirimbo ‘Bella’ yahuriyemo na Bruce
Melodie, Shaffy ndetse na Nel Ngabo. Iyi ndirimbo iri kuri album ‘Legacy’ ya
Ishimwe Karake Clement washinze Kina Music.
Nubwo
akiri muto mu myaka, Mamba afite urugendo rufatika mu muziki kuko yarangije
amasomo mu Ishuri ry’u Rwanda ry’Umuziki mu 2021, ahita atangira umwuga wo
gutunganya indirimbo. Mu bikorwa bye byamenyekanye harimo n’indirimbo ‘Ride or
Die’ ya King James yakoze.
Uretse
gutunganya indirimbo, Mamba ni n’umucuranzi w’ingoma wabaye mu itsinda rya
Sonic Band ryacurangiraga umuhanzi Danny Nanone mu bitaramo bya ‘MTN Iwacu
Muzika Festival’, ibintu byamuhaye ubunararibonye ku rubyiniro no mu muziki
muri rusange.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Mamba yavuze ko kwinjira mu kuririmba atari
igitekerezo gishya, ahubwo ari urugendo yari yaratangiye kera, ariko atari
yashyize imbere.
Yagize
ati: “Navuga ko natangiye urugendo rwo kuririmba aho kuba ‘Producer’ gusa.
Nasanze mfite ubushobozi bwo kuririmba no gukora indirimbo zanjye bwite, numva
ari igihe cyo kubihuza byombi.”
Yakomeje
avuga ko nubwo agiye gushyira imbaraga mu kuririmba, atazareka gukora
‘Production’, ahubwo azabifatanya byombi nk’uko bagenzi be babigenza.
Ati:
“Ubu ngiye kujya nsohora indirimbo zanjye bwite, ariko na ‘Production’ ntabwo
nzayireka. Ni nk’uko bagenzi banjye nka Element na Prince Kiiiz babikora. Ni
urugendo rushya ntangiye kandi nizeye ko ruzatanga umusaruro.”
Mamba yinjiye muri uru rugendo asangamo abandi ba Producer nyarwanda bamaze kubaka izina mu kuririmba no gutunganya indirimbo icyarimwe, ibintu bikomeje gufasha umuziki nyarwanda gutera imbere no kwagura impano z’abawukora.

Mamba yiyongereye ku ba Producer banaririmba, agiye gutangira gusohora indirimbo ze bwite, ariko ntiyareka gutunganya iz’abandi bahanzi

Mamba
yatangaje ko yanzuye gukora indirimbo ze bwite nyuma yo kuririmba mu ndirimbo ‘Bella’
yahuriyemo n’abandi
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘BELLA’ MAMBA YARIRIMBYEMO
