Makanyaga Abdul ari gukora Album irimo indirimbo yanditse mu 1970 – VIDEO

Imyidagaduro - 13/08/2025 8:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Makanyaga Abdul ari gukora Album irimo indirimbo yanditse mu 1970 – VIDEO

Umuhanga mu gutunganya amajwi y’indirimbo, Ndanga Bugingo Patrick uzwi nka Pastor P, yatangaje ko ari gukorana na Makanyaga Abdul kuri Album nshya izaba irimo zimwe mu ndirimbo zanditswe mu myaka ya 1970 ariko zitigeze zifashwamo amajwi.

Mu kiganiro ‘Echoes of Fame’ cya InyaRwanda, Pastor P yavuze ko mu rugendo rwe rw’imyaka 20 amaze mu gutunganya umuziki, yagiye ahura n’abahanzi benshi bafite ibihangano byiza byanditswe kera ariko bitigeze bikorerwa ‘Audio’.

Aha niho ahera avuga ko muri iki gihe ari gukora kuri Album ya Makanyaga iriho zimwe mu ndirimbo yanditse mu 1970. Ati “Bijya biba ku bahanzi benshi. Hari umuhanzi tujya dukorana akambwira ati ‘iyi ndirimbo nayanditse cyera nkunda’.

Nk’ubu ndi gukorana umushinga wa Album na Makanyaga Abdul, hari indirimbo ziriho naramubajije nti ‘ese nta ndirimbo nziza ufite utari bwashyire hanze?’ Ambwira ati ‘iyi nayanditse mu 1970 cyangwa mu 1978’, kandi azifite zibitse, nziza cyane.”

Pastor P yavuze ko Makanyaga yamubwiye ko izi ndirimbo ajya aziririmba mu bitaramo abantu bakazikunda, ariko ntiyigeze azifatira amajwi ku buryo zishobora kumvwa hanze y’aho aziririmbiye.

Uyu mugabo wubatse izina mu gutunganya umuziki avuga ko atigeze ashyira imbere kwegukana ibihembo, ahubwo yibanze ku gukora umuziki w’umwimerere uzahora ari ikimenyetso cy’umwuga we.

Urugero, yasobanuye ko indirimbo ‘Ndagukumbuye’ ya King James yayikoze biturutse ku muryango wa nyirayo wayimwibukije, ikaba yaraciye ibintu ku isoko ry’umuziki kugeza n’ubu.

Pastor P yemeza ko gukorana n’abahanzi bisaba kuganira no kubibutsa ibihangano bifite agaciro byari byaribagiranye, kugira ngo bishyirwe mu isura nshya kandi bigere ku bafana mu buryo bwumvikana neza.

Amateka ya Makanyaga agaragaza ko amaze imyaka 55 yunze ubumwe n’umuziki. Imyaka itanu ya mbere yayibayemo yiga ibicurangisho by’umuziki no kuririmba.

Naho imyaka 50 yizihije mu gitaramo yakoze kuya 4 Nyakanga 2023, yatangijwe no gukora umuziki mu buryo bw’umwuga ubwo yaririmbaga muri Orchestre imwe n’abarimo Sebanani Andre witabye Imana, aho amajwi y’indirimbo zabo bayafatiraga kuri Radio Rwanda.

Inganzo ye yatumye ataramira abakomeye n’aboroheje, ari nayo mpamvu yahisemo gutegura ibitaramo nk’ibi byo kwizihiza uruhare umuziki wagize ku buzima bwe.

Pastor P yahishuye ko ari gukora kuri Album nshya ya Makanyaga Abdul


Makanyaga yavuze ko hari indirimbo yanditse mu 1970 yifuza gushyira ku isoko

 REBA UHEREYE KU MUNOTA WA 26' PASTOR P AVUGA KURI ALBUM ARI GUKORERA MAKANYAGA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...