Macklemore yakuwe mu rugendo rw’ibitaramo rwa Ed Sheeran nyuma yo kuvuga kuri Palestina

Imyidagaduro - 16/09/2026 8:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Macklemore yakuwe mu rugendo rw’ibitaramo rwa Ed Sheeran nyuma yo kuvuga kuri Palestina

Umuraperi w’Umunyamerika Macklemore yakuwe mu bahanzi bari gutangiza urugendo rw’ibitaramo rwa Ed Sheeran muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gutanga ubutumwa bushyigikira Abanyapalestina ubwo yari ku rubyiniro.

Macklemore, amazina ye nyakuri akaba ari Benjamin Haggerty, yari umwe mu bahanzi bafunguraga ibitaramo bya Ed Sheeran muri gahunda y’urugendo rwe rwiswe Loop Tour.

Icyakora, ku wa 4 Nzeri 2026, ubwo Macklemore yaririmbiraga kuri MetLife Stadium muri New Jersey, yabwiye abari bitabiriye igitaramo ko imwe mu mpamvu yatumye yemera kujya muri uru rugendo ari ukugira ngo abone umwanya wo kuvugira Abanyapalestina.

Nyuma yaho, Macklemore yaririmbye indirimbo ye “Hind’s Hall”, ikubiyemo ubutumwa bwo kwamagana ibikorwa bya gisirikare bya Israel muri Gaza. Mu gihe yayiririmbaga, kuri ecran nini yari inyuma ye hagaragajwe amashusho y’ingaruka z’intambara muri Gaza.

Ibi byatumye imiryango imwe iharanira kurwanya urwango rwibasira Abayahudi imunenga, ivuga ko abantu bari baje mu gitaramo cya Ed Sheeran batari baje mu gikorwa cya politiki.

Ku munsi wakurikiyeho, Macklemore yongeye gufata ijambo kuri urwo rubyiniro, asobanurira Abayahudi bari mu bari bitabiriye igitaramo ko kunenga Leta ya Israel bitagomba gufatwa nk’ukwanga Abayahudi.

Yagize ati: “Kunenga Israel, kurwanya ivangura, no kurwanya itsembabwoko, ntabwo ari kunenga mwebwe.”

Macklemore kandi yavuze ko yashakaga ko abantu bo muri Gaza no muri West Bank bamenya ko batibagiranye.

Ku wa Mbere, Macklemore yemeje ko yakuwe mu rugendo rwa Ed Sheeran nyuma y’ibiganiro yari amaze iminsi agirana n’uyu muhanzi w’Umwongereza.

Mu butumwa burebure yashyize kuri Instagram, Macklemore yavuze ko ibiganiro byabo byamaze hafi icyumweru ariko bikarangira bombi bageze ku “kutumvikana ku by’ingenzi.”

Yavuze ko yumva umwanya Ed Sheeran yari arimo wari ugoye, ariko anenga kuba uyu muhanzi atarafashe uruhande ku bibazo by’intambara iri muri Gaza.

Macklemore yagize ati: “Gufata uruhande bishobora kugira ikiguzi. Amafaranga, amasezerano y’ubucuruzi, abaterankunga, iminsi mikuru, ibitaramo byihariye, umubano n’amahirwe yo kugera ahantu runaka. Ibyo byose narabibuze.”

Yakomeje avuga ko kuri we nta mwanya wo kutagira uruhande uri hagati y’uwakandamiza n’ukandamizwa.

Macklemore kandi yavuze ko nubwo yakoreye ibitaramo bibiri gusa muri uru rugendo, kuba amagambo ye yarashoboye kongera gutuma abantu baganira ku kibazo cya Palestina ari ikintu abona nk’icy’agaciro.

Messina Touring Group, ikigo gitegura uru rugendo, cyabwiye ikinyamakuru Rolling Stone ko hari ibibuga byari byamenyesheje ko bitari kwemera ko Macklemore ahakorera igitaramo.

Iki kigo cyavuze ko iyo Macklemore akomeza kuba mu rugendo, hari ibitaramo byashoboraga guhagarikwa, bikagira ingaruka ku bihumbi n’ibihumbi by’abafana bari bafite amatike.

Robert Kraft, umunyemari w’Umunyamerika akaba na nyiri Gillette Stadium muri Massachusetts, na we yavuze ko Macklemore atazemererwa gukorera igitaramo muri icyo kibuga.

Kraft yavuze ko stade ye itazatanga umwanya ku byo yasobanuye nka “speech of hate”, anashinja Macklemore kuba afite amateka y’amagambo bamwe basobanuye nk’akwiye kwitwa urwango rwibasira Abayahudi.

Icyakora, Kraft yavuze ko na we abona ko ubuzima bw’abantu benshi bwatakaye kandi ko hari imibabaro myinshi, ariko anenga Macklemore kuba avuga ku ruhande rumwe rw’amakimbirane gusa.

Macklemore kandi yasubije ku bamushinja ko amagambo ye ari ay’urwango rwibasira Abayahudi.

Yavuze ko rimwe mu mayeri akomeye yo gucecekesha abantu ari gukoresha ibirego byo kurwanya Abayahudi mu gihe umuntu anenga Israel.

Yongeyeho ko kunenga Israel, kurwanya Zionism cyangwa kuvuga “Free Palestine” bidakwiye guhuzwa no kwanga Abayahudi.

Israel yo ihakana ibirego by’uko iri gukora itsembabwoko muri Gaza, ivuga ko ibikorwa by’ingabo zayo bigamije kwirinda no kurwanya Hamas kandi ko bikorwa hubahirizwa amategeko mpuzamahanga.

Intambara iri muri Gaza yatangiye nyuma y’igitero Hamas yayoboye ku butaka bwa Israel ku wa 7 Ukwakira 2023, aho abantu bagera ku 1,200 bishwe, abandi 251 bafatwa bugwate nk’uko amakuru yatangajwe abigaragaza.

Nk’uko imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima iyobowe na Hamas muri Gaza ibivuga, abantu barenga 73,780 bamaze gupfa muri Gaza kuva ibikorwa bya gisirikare bya Israel bitangiye. Umuryango w’Abibumbye wakomeje gufata imibare itangwa n’iyi minisiteri nk’ifite icyizere ku rwego rw’imibare y’abapfuye, nubwo hari imbogamizi zo kuyigenzura mu gihe cy’intambara.

Kugeza ubu, Ed Sheeran ntaratangaza ku mugaragaro icyo atekereza kuri uku gukurwa kwa Macklemore muri Loop Tour, ndetse n’umuhanzi uzamusimbura mu bindi bitaramo by’urugendo rwe muri Amerika ntaramenyekana.

Macklemore yakuwe mu rugendo rw’ibitaramo rwa Ed Sheeran nyuma yo kuvuga kuri Palestina


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...