Macklemore, Ms Rachel, Ed Sheeran na Robert Kraft biyemeje gutanga Miliyoni $6 zo gufasha Gaza

Imyidagaduro - 20/09/2026 6:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Macklemore, Ms Rachel, Ed Sheeran na Robert Kraft biyemeje gutanga Miliyoni $6 zo gufasha Gaza

Ibyamamare bitandukanye bifite amazina akomeye ku Isi, byahuje imbaraga mu rwego rwo gufasha abaturage bo muri Gaza bagizweho ingaruka n'intambara.

Ibyamamare birimo umuraperi Macklemore, Ms Rachel ukora amashusho agamije kwigisha abana, umuhanzi Ed Sheeran na Robert Kraft, nyiri ikipe ya New England Patriots, biyemeje gutanga inkunga ingana na miliyoni 6 z’amadolari yo gufasha abasivili bo muri Gaza.

Macklemore yemeye gutanga miliyoni imwe y’amadolari azafasha imiryango itanga ubutabazi ku Banya-Palestine, mu gihe Ms Rachel, uzwi cyane mu kwgisha abana binyuze kuri interineti, na we yiyemeje gutanga miliyoni imwe y’amadolari muri Palestine Children's Relief Fund.

Umuhanzi Ed Sheeran na Robert Kraft na bo biyemeje gutanga miliyoni 2 z’amadolari buri umwe, bituma amafaranga yose aba miliyoni 6 z’amadolari.

Nk'uko byatangajwe n'ikinyamakuru Business Insider Africa, aya mafaranga aje mu gihe ikibazo cy’ubutabazi muri Gaza gikomeje kuba ingoranahizi, aho abaturage benshi bamaze kwimurwa mu byabo kandi hakaba hari ibibazo byo kubona aho kuba, amazi meza ndetse na serivisi z’ibanze.

Imiryango mpuzamahanga itanga ubutabazi na yo ikomeje gusaba inkunga nini. UNICEF yasabye miliyoni 97.5 z’amadolari yo gufasha abana 540,000 n’imiryango yabo muri Gaza na West Bank mu gihe cy’itumba, mu gihe World Food Programme (WFP) yo ikeneye miliyoni 426 z’amadolari yo gukomeza ibikorwa byayo hagati ya Nyakanga n’Ukuboza.

Sudan: miliyoni z’abana zugarijwe n’inzara n’ubuhunzi

Mu gihe ibyamamare bitandukanye byibanze kuri Gaza, muri Sudan na ho hakomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye by’ubutabazi ku Isi, nyuma y’intambara imaze imyaka irenga itatu.

UNICEF ivuga ko abana miliyoni 17.3 bakeneye ubufasha n’ubutabazi muri Sudan. Abana bagera kuri miliyoni eshanu bari mu bantu bagera kuri miliyoni 15 bimuwe mu byabo kubera intambara.

UNICEF kandi ivuga ko abana barenga miliyoni umunani batiga, mu gihe abantu bagera kuri miliyoni 19.5 bahura n’ikibazo gikomeye cyo kubona ibiribwa bihagije.

Muri 2026 honyine, UNICEF iteganya ko abana bagera kuri miliyoni 4.2 bashobora guhura n’imirire mibi ikaze, harimo abarenga 825,000 bashobora kugira imirire mibi ikabije cyane.

Ikibazo cy’amazi meza n’isuku na cyo gikomeje kwiyongera, cyane cyane ku miryango yimuwe mu byayo, abana bato ndetse n’abagore batwite n’abonsa.

Mu buryo bwo kugaragaza uburemere bw’iki kibazo, Sheldon Yett, uhagarariye UNICEF muri Sudan, yavuze muri Nyakanga ko ku bana benshi nta hantu hasigaye bashobora kubona umutekano.

UNICEF kandi yatangaje ko mu gice cya mbere cya 2026, abana nibura 330 biciwe cyangwa bagakomereka muri Sudan.

Nubwo ikibazo gikomeje gukomera, UNICEF yari imaze kubona hafi miliyoni 352 z’amadolari kuri miliyoni 963 yari ikeneye mu bikorwa byayo bya 2026, bivuze ko hakiri icyuho kirenga 60%.

RDC: abana bari mu kaga k’inzara, ubuhunzi no guhohoterwa

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na ho ikibazo cy’ubutabazi kirakomeye. UNICEF ivuga ko abana miliyoni umunani bakeneye ubufasha mu 2026.

WFP yo ivuga ko abantu miliyoni 26.5 muri DRC bahura n’ikibazo gikomeye cyo kubona ibiribwa, mu gihe abandi benshi bakomeje kuba impunzi cyangwa kwimurwa mu byabo kubera imirwano.

Ikibazo ntikigarukira ku nzara no kubura aho kuba. Mu burasirazuba bwa DRC, abana bagiye bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gutandukanywa n’imiryango yabo ndetse no guhagarika amashuri.

UNICEF yatangaje ko mu gihe cy’imirwano ikomeye yabaye mu burasirazuba bwa DRC mu ntangiriro za 2025, yabaraga ko umwana umwe yafashwe ku ngufu buri minota 30.

Muri Mutarama na Gashyantare 2025, abana bari hagati ya 35% na 45% by’abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu manza hafi 10,000 zari zaranditswe.

Hari n’abana batandukanye n’imiryango yabo kubera imirwano. UNICEF yatanze urugero rw’umukobwa w’imyaka 15 witwa Pascaline, wavuye mu cyaro cy’iwabo nyuma y’ibitero by’abitwaje intwaro, agahita atandukana n’ababyeyi be.

Igihe UNICEF yamenyaga ubuhamya bwe muri Gashyantare 2026, uyu mukobwa yabanaga na murumuna we muto kandi nta makuru na make yari afite ku bandi bavandimwe be batanu.

Ibihugu bifite umutungo kamere ukomeye ariko abaturage bagakomeza kubaho nabi

Sudan na DRC bifite umutungo kamere ufite uruhare mu bukungu bw’Isi. Sudan ni kimwe mu bihugu bikomeye ku musaruro wa zahabu ndetse ikaba n’isoko ikomeye ya gum arabic ikoreshwa mu nganda zitandukanye.

DRC na yo ifite uruhare rukomeye ku isoko mpuzamahanga ry’amabuye y’agaciro, cyane cyane cobalt ikoreshwa mu gukora bateri, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi bicuruzwa.

Nubwo ibi bihugu bifite umutungo kamere munini, imiryango mpuzamahanga y’ubutabazi ikomeje gutangaza ko hakenewe amafaranga menshi kugira ngo abana n’imiryango yibasiwe n’intambara babone ibiribwa, amazi, ubuvuzi, amashuri n’ubundi bufasha.

Kuki Gaza ikomeza kugaragara cyane mu bikorwa by’ibyamamare?

Inkunga nshya y’ibyamamare muri Gaza yongeye gutuma ikibazo cy’abaturage bahanganye n’intambara, inzara no kwimurwa mu byabo gikomeza kugaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru.

Macklemore, Ms Rachel, Ed Sheeran na Robert Kraft ni bamwe mu bantu bazwi cyane bagaragaje ko bashaka gutanga amafaranga mu bikorwa byo gufasha abaturage bo muri Palestine.

Icyakora, kuba Gaza yarabonye iyi nkunga y’ibyamamare ntibisobanuye ko ibibazo byo muri Sudan na DRC bidahari cyangwa ko ari bito. Imibare ya UNICEF na WFP igaragaza ko na ho hari miliyoni z’abana n’imiryango bakeneye ubufasha bwihutirwa.

Ibibazo byo muri Gaza, Sudan na DRC bifite impamvu n’amateka bitandukanye, ariko byose byatumye abaturage benshi, cyane cyane abana, bahura n’ibibazo birimo inzara, kwimurwa mu byabo, guhagarika amashuri ndetse n’ihohoterwa.

Itandukaniro rigaragara ni uko muri iki gihe Gaza yongeye kubona inkunga n’ubukangurambaga bw’ibyamamare ku rwego mpuzamahanga, mu gihe ibikorwa byo gukusanya inkunga ku bibazo bikomeye byo muri Sudan na DRC bitagaragara ku rwego rumwe mu ruhame.

Ibi bituma ikibazo cy’uko ibibazo by’ubutabazi bitandukanye bihabwa agaciro n’ubukangurambaga ku rwego mpuzamahanga gikomeza kugibwaho impaka, cyane cyane mu gihe imiryango itandukanye ikomeje gusaba ko abana n’abaturage bari mu kaga hirya no hino ku Isi badatereranwa.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...