M 1  yashinze ‘studio’ yatangiye gukoreramo ibikorwa bye by’umuziki (VIDEO)

Imyidagaduro - 25/07/2026 10:53 AM
Share:

Umwanditsi:

M 1  yashinze ‘studio’ yatangiye gukoreramo ibikorwa bye by’umuziki (VIDEO)

Mu rugendo rw’umuziki rumaze imyaka irenga icumi, umuhanzi Nzamwita Olivier Joseph, uzwi nka M1, ageze ku yindi ntera y’ingenzi. Uretse gusohora indirimbo nshya yise ‘Blessings’, yanatangaje ko yamaze gushinga studio ye bwite yitwa ‘One More Music’, ibintu avuga ko bizamufasha kongera imbaraga mu bikorwa bye no gutanga umusaruro uhoraho.

Ni intambwe M1 afata nyuma y’igihe kinini ari umwe mu bahanzi bazwi mu njyana ya Dancehall mu Rwanda, aho yagiye ashyira hanze indirimbo zakunzwe zirimo “Ibihu”, “Perfect”, “Iyo Foto”, “Uritonda”, “Brenda” yakoranye na Bruce Melodie, ndetse na “Juliana” yahuriyemo na Umutare Gaby.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga 2026, M1 yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Blessings’, indirimbo yibanda ku butumwa bwo gushimira Imana ku bw’urukundo n’imbabazi ikomeza kugirira abantu nubwo bakomeza kuyicumuraho.

Mu kiganiro na InyaRwanda, M 1 yavuze ko ubutumwa buri muri iyi ndirimbo bugamije kwibutsa abantu ko Imana idacika intege ku muntu nubwo ahora agwa mu makosa.

Yagize ati: “Ni indirimbo irimo ubutumwa buvuga uburyo twe abantu duhora ducumura ariko Imana igakomeza kuduha umugisha. Tugahora twicuza, tukongera tugacumura ariko Imana igakomeza kuduha umugisha.”

Mu rwego rwo kuzamura ireme ry’ibihangano bye, M1 yahisemo kwikorera ibikorwa byinshi iwe. Amajwi y’iyi ndirimbo yakorewe muri One More Music, studio ye nshya, aho yakozwe na Producer Skills, mu gihe igikorwa cyo kunononsora amajwi (mixing and mastering) cyakozwe na Herbert Skills wo muri Uganda.

Amashusho yo yafatiwe mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania, ayoborwa na Director Shebuge.

M1 avuga ko kugira studio bwite ari inzozi z’umuhanzi wese ushaka kwigenga no gukora umuziki we mu buryo bumworohereza.

Yagize ati: “Gushinga studio ni kimwe mu byo buri muhanzi aba yifuza. Uretse gukora indirimbo ukishyura producer, iyo ugize ubushobozi ukagira studio yawe bwite biragufasha cyane.”

Avuga ko iyi studio izamufasha kongera umusaruro no gushyira hanze indirimbo nyinshi, mu gihe abakunzi be bari bamaze igihe bategereje ibikorwa bishya.

Uyu muhanzi aheruka gusohora indirimbo ‘Telefone’, yakorewe amajwi na Ayo Rash, mu gihe amashusho yayo yakozwe na Jordan Hoechlin.

M1 yavuze ko ubu yifuza kongera kwegera abafana be no kubaha ibihangano byinshi, kugira ngo abakunze indirimbo ze zakunzwe bongere kumva uburyohe bw’umuziki we.

Ati: “Ndi kugerageza kwiyegeranya kugira ngo abafana bankunze mu ndirimbo nka ‘Ibihu’ na ‘Perfect’ bongere kuryoherwa n’ibihangano byanjye. Nzajya nsohora indirimbo nyinshi uko Imana izabimfashamo.”

Mu rugendo rwe rw’umuziki, M1 agaragaza ko atigeze areka gushaka uburyo bwo kwagura ibikorwa bye. Mbere y’icyorezo cya Covid-19 yari yaranashinze studio itunganya amashusho y’indirimbo, ariko ibikorwa byayo birahagarara kubera ingaruka z’icyo cyorezo.

Uyu munsi agarukanye indi studio yibanda ku gutunganya umuziki, ibintu abona nk’intambwe nshya izamufasha kubaka ejo hazaza h’umwuga we no gukomeza guhatana ku isoko ry’umuziki nyarwanda.

Mu gihe abakunzi be bakomeje kwakira indirimbo ‘Blessings’, M1 yizeza ko ari intangiriro y’ibindi bikorwa byinshi yateguye, byose bigamije kongera kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki we nyuma y’urugendo rw’imyaka isaga icumi amaze awukora.

M 1 yatangaje ko yasohoye indirimbo ‘Blessings’ yakorewe muri ‘Studio’ ye bwite


M 1 yavuze ko gukora indirimbo bisaba ubushobozi, ari nayo mpamvu yashyize imbaraga mu bikorwa bye


M 1 yatangaje ko muri uyu mwaka yo gukora ibikorwa byinshi byagura ibyo asanzwe akora

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘BLESSINGS’ YA M 1


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...