Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukuboza 2025,
aho Lynda, wigeze kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda inshuro ebyiri, yabwiye
InyaRwanda ko we n’umukunzi we bashimangiye isezerano ryabo ryo kubana byemewe
n’amategeko, mu byishimo n’ibyiringiro byinshi by’ejo hazaza.
Yavuze ko nyuma y’uyu muhango wo gusezerana mu mategeko,
bagiye gutangira imyiteguro y’ubukwe bwabo, buteganyijwe kuba tariki 08
Gashyantare 2026.
Ibi bije bikurikirana n’indi mihango yabanje, aho Christian
aherutse gutera ivi yambika Lynda impeta y’urukundo, ndetse akananafata irembo
mu muryango we, mu rwego rwo kwitegura gusaba no gukwa.
Mu butumwa bwuje amarangamutima, Christian Irenge yagaragaje
urukundo rudasanzwe afitiye Lynda, avuga ko yifuza ko umunsi umwe yazabasha
kumva urukundo amufitiye nk’uko we arwumva, kugira ngo amenye uburyo amukunda,
amwitaho kandi amukumbura.
Yagize ati “Urukundo ngufitiye ntirusobanurwa. Kuva umunsi wa
mbere nakubonye muri Werurwe, sinigeze mpagarika gutekereza kuri wowe.”
Yongeyeho ko uwo munsi umwe wamuhagije kugira ngo agwe mu
rukundo, kandi ko uko iminsi igenda ishira, urwo rukundo rukomeza kwiyongera
aho kugabanuka.
Yarangije agira ati: “Ntibishoboka kubaho ntari kumwe nawe.
Ntegereje umunsi nzakubera umugabo, ntegereje kukwibutsa buri gitondo ko
ngukunda. Urukundo rwawe ni impano idasanzwe, kandi byose byatangiye ku munsi
umwe muri Werurwe.”
Aba bombi bahamya ko ubukwe bwabo buzaba umunsi udasanzwe,
aho bitegura ibirori bizahuza inshuti, imiryango, n’abakunzi ba sinema
nyarwanda n’umuco muri rusange.
Lynda Priya ni umwe mu bakinnyi ba filime b’abakobwa bamaze
kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda, aho yagaragaye mu mafilime atandukanye
arimo ‘Love and Drama’ n’izindi. Ku rundi ruhande, Christian Irenge ni umusore
umaze igihe akora mu bijyanye n’imishinga y’urubyiruko n’imiyoborere.
Inshuti, abo mu muryango ndetse n’abakunzi ba Lynda Priya bakomeje kumwifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo rushya atangiye rw’urukundo n’ubuzima bwo gushyingirwa.

Lynda Priya na Christian Irenge bashimangiye isezerano
ry’urukundo, basezerana mu mategeko i Kimihurura

Ni umunsi w’ibyishimo kuri Lynda Priya, wasezeranye
n’umukunzi we Christian Irenge imbere y’amategeko
Urukundo rwatangiye muri Werurwe, none rwambitswe ishingiro
mu mategeko





Abakunzi ba sinema n’urukundo bishimiye intambwe nshya ya Lynda Priya na Christian Irenge







