Iyi
album igizwe n’indirimbo 15 yashyizwe hamwe mu gihe cy’imyaka ibiri y’akazi
gakomeye, aho uyu muhanzikazi yahurijeho ibyamamare bitandukanye byo mu bihugu
birimo u Rwanda, Uganda, Nigeria na Tanzania.
Lydia
yavuze ko iyi album ari igice gikomeye cy’ubuzima bwe, ati: “Ni ikindi kintu
kinyerekana. Muraza kumva igice kindi cyanjye. Nari maze imyaka ibiri nteka iyi
nkono, igihe kirageze.”
Mu
bahanzi bafatanyije kuri iyi album harimo: Bwiza (u Rwanda) – bakoranye
indirimbo True Love, Jose Chameleone (Uganda) – bakoranye Sure, Skales (Nigeria)
– bakoranye Your Ways, Lava Lava (Tanzania) – bakoranye I Miss You, Elijah Kitaka
(Uganda) – bakoranye Batya, ndetse n’itsinda rya Blu*3 (Uganda) – bakoranye
Stutter.
Yakoze
iyi album afatanyije n’abatunganya umuziki bazwi ku rwego rwa Afurika barimo
Artin, Nessim, Bass Boi, Anko Ronnie, Nexo Beats, Chemical Ali Nicer na Gopa
Beatz.
Mu
rwego rwo kumurikira album inshuti ze za hafi, abanyamakuru n’abafite aho
bahuriye n’inganda z’imyidagaduro, Lydia Jazmine ateganya igikorwa cya “Album
Listening Party” kizabera Noni Vie ku Cyumweru tariki 27 Nyakanga 2025.
Lydia
Jazmine amaze imyaka irenga 11 mu muziki, aho yatangiye kuririmba akiri mu mashuri
yisumbuye, anyuze muri korali y’ishuri no muri korali y’itorero rya Passover
Harvest Centre na Watoto Church. Nyuma yo kurangiza amashuri, yinjiriye muri
band yitwa Gertnum aho yatangiye nk’umuririmbyi w’inyuma (backing vocalist).
Yamenyekanye
cyane ubwo yakoraga mu itsinda Radio and Weasel nk’umuririmbyi w’inyuma mu
ndirimbo nka Ntunga na Breath Away, ndetse yagiye akorera n’abandi bahanzi
bakomeye barimo Bebe Cool na Sheebah Karungi.
Mu
2014, yatangiye urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga ubwo yasohoraga indirimbo ye
ya mbere yitwa You Know afatanyije na Rabadaba.
Mu
2016, yasoje amasomo ya Kaminuza mu bijyanye na Business Administration and
Management muri Multitech Business School, i Kampala.
Lydia
Jazmine kandi yitabiriye ku nshuro ebyiri irushanwa Coke Studio Africa, aho mu
2017 yahagarariye Uganda agafatanya n’umuhanzikazi Liloca wo muri Mozambique,
bakorerwa na Sketchy Bongo, umwe mu batunganya umuziki bakomeye muri Afurika
y’Epfo.
Album
“The One and Only” ya Lydia Jazmine si igikorwa gisanzwe, ni urugero rw’uruhare
rwe rukomeye mu guteza imbere umuziki wa Afurika binyuze mu bufatanye
n’abahanzi b’ingeri zitandukanye nk’uko abivuga.
Ukoresheje
ijwi rye, impano n’ubwiza bwe, Lydia akomeje kuzamura izina rye ku rwego
mpuzamahanga, ndetse abahanzi nka Bwiza na Jose Chameleone batangiye
kuyimenyekanisha nk’umushinga ukomeye uzahindura byinshi.
Lydia
Jazmine aritegura kumurika album ye ya mbere yise “The One and Only” nyuma y’imyaka
ibiri y’akazi gakomeye
Iri
joro ni iry’ubuhanzi! Lydia Jazmine yazanye indirimbo 15 zituje, ziri ku rwego
rwo hejuru
Imyambarire,
ijwi n’icyerekezo – Lydia Jazmine yavuze ko ari kwitegura kwandika amateka
mashya mu muziki wa Afurika
Lydia
yavuze ko abatunganya umuziki bakomeye nka Artin, Nessim, na Gopa Beatz bagize uruhare
mu gutunganya iyi album
Umuhanzikazi
w’Umunyarwandakazi Bwiza yahuriye na Lydia Jazmine mu ndirimbo y’urukundo yitwa
“True Love”
Jose
Chameleone, umwe mu ntwari z’umuziki wa Uganda, yahuje imbaraga na Lydia
Jazmine mu ndirimbo “Sure”
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO "KINDEKERE" Y'UMUHANZIKAZI LYDIA JAZMINE