Lupita Nyong’o yahishuye igikomere agendana yakuye mu rukundo

Cinema - 21/10/2023 4:46 PM
Share:

Umwanditsi:

Lupita Nyong’o yahishuye igikomere agendana yakuye mu rukundo

Umwe mu bakinnyi ba filime bibitseho igihembo cya Oscar, Lupita Nyong’o abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yeruye atangaza igikomere yahuye nacyo mu rukundo cyanatumye atandukana n’uwahoze ari umukunzi we.

Lupita Nyong’o yifashishije urukuta rwe rwa Instagram maze atangira avuga ko hari ibintu byinshi bihangayikishije biri kuba ku isi, ndetse yihanganisha n’abari kubibabariramo. Arangije avuga ko icyo aricyo gihe cyiza ngo asangize abantu ukuri kwe bwite, anatangaze ku mugaragaro ko yitandukanije n’umuntu atakizera.

Nyong'o yakomeje yandika ati: "Nisanze mu gihe umutima wanjye washengutse kubera urukundo mu buryo butunguranye ndetse ruhita runazima kubera uburiganya."

Yongeyeho ko yagerageje gushaka aho ahungira ubwo bubabare, nyuma akaza kwibuka ko uburemere bw’ubwo buribwe ari kunyuramo bungana n’ubushobozi bw’urukundo afite. 

Nyuma yo kuvumbura ibyo, yavuze ko yahisemo guhama hamwe agangana n’ubwo buribwe kugira ngo azagere ku buzima bwe bwiza kandi yizeye ko nabyo azabinyuramo yemye.

Nubwo atasobanuye neza izina ry’uwo yavugaga, Nyong'o aherutse kuvugwa mu rukundo n’umunyamakuru wo kuri televiziyo akaba n’umusesenguzi mu bya siporo, Selema Masekela. Aba bombi batangaje umubano wabo bwa mbere binyuze ku mbuga nkoranyambaga mu Ukuboza 2022.

Bagenzi be bakinanye muri filime zitandukanye zirimo Black Panther n’izindi bakibona ubwo butumwa bamwihanganishije, bamubwira ko bamukunda kandi bari kumwe nawe mu buribwe butoroheye umutima we ari gucamo.

Lupita Amondi Nyong'o ni umukinnyi wa filime wo muri Mexico-Kenya. Ni umwe mu bakinnyi ba filime bibitseho ibihembo byinshi, harimo igihembo cya Academy, ndetse na Emmy Award. Yigeze kandi gushyirwa ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya Tony na Golden Globe Award.

Lupita w’imyaka 40 atangaje ibyo gutandukana n’uwahoze ari umukunzi we, Selema Masekela nyuma y’ukwezi kumwe gusa amwifurije isabukuru nziza y’amavuko. 


Lupita Nyong'o yahishuye ko yatenguwe n'umukunzi we bamaze no gutandukana


Batandukanye nyuma y'igihe gisaga umwaka bakundana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...