Luka Doncic yongereye amasezerano y’imyaka itatu muri Los Angeles Lakers

Imikino - 03/08/2025 8:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Luka Doncic yongereye amasezerano y’imyaka itatu muri Los Angeles Lakers

Ikipe ya Los Angeles Lakers yamaze gusinyisha Luka Doncic, umwe mu bakinnyi bakomeye muri NBA, amasezerano mashya y’imyaka itatu afite agaciro ka milioni $165. Aya masezerano yatumye uyu mukinnyi ukomoka muri Slovenia yemeza ko agiye kuramba muri iyi kipe ifite amateka akomeye muri NBA.

Doncic yageze muri Lakers muri Gashyantare uyu mwaka aho yakinnye imikino 28 yose ya shampiyona isigaye, ari mu bakinnyi batangiraga buri mukino.

Mu butumwa yatangaje nyuma yo gusinya, Luka yagize ati: “Ndashimira cyane ubuyobozi bwa Lakers, bagenzi banjye n’abafana bacu ku buryo batwakiriye neza njye n’umuryango wanjye kuva ku munsi wa mbere.”

“Iyi ni ikipe ikomeye cyane, kandi nemera rwose ibyo turi kubaka hamwe. Nzakomeza gukora cyane ngo nzane igikombe muri Los Angeles kandi nteze ishema abakunzi ba Lakers. Ibi ni intangiriro gusa. Nishimiye ibiri imbere no gukomeza kubaka ikintu gikomeye turi gutangira.”

Perezida wa Lakers akaba na General Manager, Rob Pelinka, yavuze ko ari intambwe ikomeye kuri Lakers: Ati “Uyu ni umunsi udasanzwe ku ikipe yacu. Luka Doncic ni ejo hazaza ha Los Angeles Lakers. Ni umwe mu bakinnyi batangaje mu mateka y’umukino, kandi uburyo yitwara mu kibuga n’ishyaka afite ntaho bihuriye n’abandi.”

Doncic wagiye aba umwe mu bakinnyi b’intangarugero kuva yagera muri NBA, yitezweho kuzafasha Lakers gusubira ku rwego rwo guhatanira igikombe cya shampiyona.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...