Lona Glory yahuje imbaraga na Kay Macky mu rugendo rwo kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga -VIDEO

Imyidagaduro - 30/05/2026 1:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Lona Glory yahuje imbaraga na Kay Macky mu rugendo rwo kwagura umuziki we ku rwego mpuzamahanga -VIDEO

Umuhanzikazi nyarwanda Lona Glory, uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), akomeje kugaragaza intambwe ari gutera mu rugendo rwe rwa muzika ku rwego mpuzamahanga, aho yahuje imbaraga n'umuhanzi Kay Macky wo muri Zambia mu mushinga mushya witwa “All Eyes On Me.”

Uyu mushinga uje mu gihe Lona Glory akomeje kwagura ibikorwa bye hanze y’u Rwanda, agamije kugeza umuziki we ku masoko atandukanye no gukorana n’abahanzi bafite izina ku mugabane wa Afurika no hanze yawo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Lona Glory yavuze ko “All Eyes On Me” ari umwe mu mishinga afata nk’ingenzi muri gahunda yihaye muri uyu mwaka, kubera ubutumwa bukubiyemo n’urwego rw’imikoranire yawuranze.

Yasobanuye ko iyi ndirimbo yibanda ku kwigirira icyizere, gukora cyane no gukomeza guharanira inzozi zawe nubwo uba uri gukurikiranwa cyangwa ugacirwa urubanza n’abakureba.

Yagize ati: “All Eyes On Me ni ubutumwa bwo kwigirira icyizere no gukomeza gukora cyane. Iyo ibikorwa byawe bitangiye gukurikirwa n’abantu benshi, bisaba gukomeza gukora cyane no guharanira gutanga umusaruro urenze uwo abantu bategereje.”

Lona Glory yavuze ko gukorana na Kay Macky byagenze neza cyane, ashimangira ko impande zombi zahuje ibitekerezo n’icyerekezo, ibintu byafashije uyu mushinga kugera ku rwego rwifuzwa.

Yagaragaje kandi ko imikoranire hagati y’abahanzi bo mu bihugu bitandukanye ari imwe mu nzira zafasha umuziki nyafurika gukomeza kwaguka no kugera ku masoko mashya.

Ati: “Iyo abahanzi bo mu bihugu bitandukanye bakoranye, bitanga amahirwe mashya ku muziki nyafurika muri rusange. Ni uburyo bwo gusangira abafana no gukomeza kwagura ibikorwa byacu.”

Amashusho y’uyu mushinga agaragaza ubunyamwuga n’imbaraga byawushowemo, aho yifashishije amashusho agaruka ku rugendo rw’umuntu ukomeza guharanira intego ze nubwo aba ari mu maso y’abantu benshi bamukurikirana.

Nubwo ibikorwa byinshi bya muzika abikomeje ari hanze y’u Rwanda, Lona Glory yavuze ko adacika intege ku muziki nyarwanda, ahubwo ko akomeje gukurikirana uko ugenda utera imbere umunsi ku wundi.

Yagaragaje ko afite ubushake bwo gukorana n’abahanzi nyarwanda igihe habonetse imishinga ihuje intego n’icyerekezo, ashimangira ko impano ziri mu Rwanda zikomeje kwigaragaza ku rwego rushimishije.

Yavuze ko umuziki nyarwanda uri gukura ku muvuduko mwiza kandi ko abahanzi bafite ubushobozi bwo gukomeza kumenyekana ku rwego mpuzamahanga mu gihe babonye amahirwe n’ubufasha bikenewe.

Mu gusoza, yashimiye abafana be bakomeje kumuba hafi no kumushyigikira mu rugendo rwe rwa muzika, avuga ko ibikorwa byinshi bikomeye bikiri imbere kandi azakomeza kubagezaho imishinga mishya mu bihe biri imbere.

Lona Glory yatangaje ko yahisemo gukorana indirimbo n’abandi bahanzi mu rwego rwo kwagura urugendo rwe


Kay Macky wo muri Zambia wahuje imbaraga na Lona Glory mu ndirimbo bise ‘All Eyes on Me’


Lona Glory avuga ko yiteguye gukomeza gukorana indirimbo n’abandi bahanzi

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘ALL EYES ON ME’ YA LONA GLORY NA KAY MACKY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...