Lomami Marcel yavuze ku byatangajwe n’umuvugizi wa Rayon Sports ko nta bakinnyi ifite-VIDEO

Imikino - 19/12/2025 7:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Lomami Marcel yavuze ku byatangajwe n’umuvugizi wa Rayon Sports ko nta bakinnyi ifite-VIDEO

Umutoza wungirije wa Rayon Sports, Lomami Marcel, yavuze ku byatangajwe n’umuvugizi w’iyi kipe, Gakwaya Olivier, ko nta bakinnyi ifite aho yavuze ko we abona ibafite.

Umunyamabanga mukuru akaba n’umuvugizi muri komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta bakinnyi iyi kipe ifite akaba ari nayo mpamvu irimo kwitwara nabi. Nyuma y'uko aya magambo yagarutsweho na benshi, Gakwaya ubwo yaganiraga na SK FM yongera kubishimangira avuga ko ibyo yavuze nta kwibeshya kwabayemo.

Ati: ”N'ubu nabisubiramo [ko Rayon Sports ifite abakinnyi baciriritse] kandi abo nashakaga guha ubutumwa bwabagezeho. Rwose nabivuze mbigambiriye."

Nyuma y’imyitozo ya nyuma itegura umukino na Gorilla FC kuri uyu wa Gatanu, Lomami Marcel uheruka kugirwa umutoza wungirije muri Rayon Sports yabajijwe niba ari byo koko iyi kipe nta bakinnyi ifite, avuga ko ataribyo ahubwo ko ibafite.

Ati: ”Njyewe ntabwo mbizi niba yabivuze ntabwo nabyumvise kuko abakinnyi mwababonye twabakoresheje imyitozo, kuvuga ngo nta bakinnyi dufite ibyo ntabwo mbizi kuko mwaje hano mwabonye abakinnyi bari bahari. Kuvuga ko nta bakinnyi dufite kandi bahari dufite amanota ahagije nibaza ko yabivuze ku mpamvu ze ariko abakinnyi barahari ejo bazabibona ibyo bazakorera Gorilla”.

Yakomeje ati: ”Ntabwo twavuga ko bitameze neza kuko mbere yo gutakaza baratsindaga. Nubwo mu mpera z’icyumweru gishize batakaje ariko twababwiye ko tugomba gutsinda ku buryo abafana bagaruka. Iyo hiyongereyemo abatoza bashya baba bagomba gukora ni yo mpamvu turi hano ni yo mpamvu umutoza mukuru agomba gutoza”.

Lomami Marcel yavuze ko umukino na Gorilla FC bagomba kuwutsinda nta rundi rwitwazo. Ati: ”Naje batakaje, umukino na Gorilla FC ni umukino ukomeye ariko turifuza ko tugomba kuwutsinda kuko nta kindi kintu twavuga. Ubushize twaratsinzwe, ikintu dusabwa ni ugutsinda nta kindi”.

Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa 7 n’amanota 17 aho irushwa amanota 9 na Police FC iri ku mwanya wa mbere.

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...