Anjorin yabitangaje nyuma
y’uko Priscilla Ojo Mkambala ashyize ku mbuga nkoranyambaga inyandiko igaragaza
icyemezo cy’agateganyo cy’urukiko cyatanzwe ku wa Kabiri, tariki ya 2 Nzeri.
Iki cyemezo cy’urukiko
kibuza by’agateganyo Lizzy Anjorin gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto
cyangwa amashusho ya Priscilla Ojo, umugabo we Juma Jux n’umwana wabo Rakeem.
Icyemezo gifitanye isano
n’amakimbirane amaze igihe hagati ya Lizzy Anjorin na Iyabo Ojo, ari na we
mubyeyi wa Priscilla, aho aba bakinnyi ba filime bagiye bagirana impaka
zikomeye cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Mu gusubiza ku cyemezo
cyashyizwe hanze, Anjorin yavuze ko icyemezo cy’urukiko kidakwiye kumubera
itegeko igihe atigeze agishyikirizwa ku giti cye hakurikijwe inzira zemewe
n’amategeko.
Yavuze ko kuba inyandiko
y’icyemezo yarashyizwe ku mbuga nkoranyambaga bidahagije kugira ngo afatwe
nk’uwamenyeshejwe mu buryo bwemewe n’amategeko.
Anjorin yakomeje avuga
ko, mu gihe ataragezwaho icyo cyemezo mu buryo bwemewe, atabona impamvu yagomba
kugifata nk’itegeko rimureba, ndetse ashimangira ko ikibazo cyose cy’amategeko
cyubakiye kuri iyo ngingo ari “cyateshejwe agaciro.”
Ibi byatumye havuka andi
makimbirane hagati y’aba bakinnyi ba filime, aho ikibazo cyo kumenya niba
icyemezo cy’urukiko cyaragejejwe kuri Anjorin mu buryo bukurikije amategeko
gishobora kuzaba ingingo y’ingenzi mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyo cyemezo.
