Jakob Söderqvist yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 mu batarengeje imyaka 23 basiganwe n’ibihe -AMAFOTO

Imikino - 22/09/2025 6:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Jakob Söderqvist yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 mu batarengeje imyaka 23 basiganwe n’ibihe -AMAFOTO

Umunya-Sweden Jakob Söderqvist yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 23 mu bahungu mu gusiganwa n’ibihe(ITT). Ni mu munsi wa kabiri w’iyi shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali kuva tariki ya 21 kuzageza tariki ya 28 Nzeri 2025.

Uko isiganwa  ryagenze;

Jakob Söderqvist yegukanye umudari wa Zahabu

Nate Pingle yegukanye umudari wa Feza

Maxime Decomble yegukanye umudari w'Umuringa

Shampiyona y'isi y'Amagare ya 2025 izakomeza ku munsi wejo ku wa Kabiri tariki ya 23 aho Ingimbi n'abangavu bazasiganwa n'ibihe. Abasiganwa n'ubundi bazahagurukira kuri BK Arena basoreze kuri KCC

16:33' Uko Abanyarwanda bitwaye

Niyonkuru Samuel yabaye uwa 29 aho yasizwe n'uwa mbere iminota 4 n'amasegonda 50 mu gihe Tuyizere Etienne we yabaye uwa 31 akaba yasizwe iminota 5 n'amasegonda 12 n'uwa mbere

16:29'Jakob Söderqvist yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 mu batarengeje imyaka 23 basiganwe n’ibihe

Umunya-Sweden Jakob Söderqvist niwe  wegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 iri kubera i  Kigali mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 23 mu bahungu mu gusiganwa n’ibihe(ITT). Yakoresheje iminota  38 n'amasegonda 24. Yakurikiwe na Pringle Nate ukomoka muri New Zealand  aho yasizwe umunota 1 n'amasegonda 3 naho Maxime Decomble ukomoka mu Bufaransa we aba uwa 3 aho yasizwe umunota umwe n'amasegonda 4

Ubwo Jakob Söderqvist yageraga ku murongo usorezwaho kuri KCC

15:57' Abanyarwanda bamaze kuva mu 10 ba mbere

Abakinnyi b'Ababanyarwanda bamaze kuva mu 10 ba mbere aho Niyonkuru Samuel ari ku mwanya wa 13 akaba yasizwe n'uwa mbere iminota 3 n'amasegonda 24 mu gihe Tuyizere Etienne we ari ku mwanya wa 15 akaba arushwa n'uwa mbere iminota itatu n'amasegonda 45. Kugeza ubu uyoboye ni Walton Jonas ukomoka muri Canada aho yakoresheje iminota 39 n'amasegonda 51

15:50' Uhabwa amahirwe yo kwegukana uyu munsi ahagurutse BK Arena

Umunya-Sweden,Jakob Soderqvist uhabwa amahirwe yo kwegukana shampiyona y'Isi y'amagare ya 2025 iri kubera i Kigali mu cyiciro cy'Abatarengeje imyaka 23 mu bahungu mu gusiganwa n'ibihe ahagurutse muri BK Arena. Ni nawe mukinnyi wa nyuma wari usigaye

15:33' Niyonkuru Samuel yageze KCC

Umunyarwanda Niyonkuru Samuel nawe yamaze kugera kuri Kigali Convetion Center aho yahise ajya ku mwanya wa 5. Ararushwa n'Umunya-Poland Gajdulewicz Mateusz uri ku mwanya wa mbere iminota itatu n'amasegonda 22. Tuyizere Etienne we ari ku mwanya wa 7 aho yasizwe n'uwa mbere iminota 3 n'amasegonda 43

15:11' Abakinnyi 18 bamaze kugera kuri KCC

Mu bakinnyi 61 barasiganwa abamaze kugera kuri Kigali Convetion Center ni  18 aho Umunya-Slovenia Marolt jaka ariwe uyoboye akaba yakoresheje iminota 43 n'amasegonda 13. Umunyarwanda Tuyizere Etienne ari ku mwanya wa 4 aho arushwa n'uwa mbere umunota umwe n'amasegonda 23

14:50' Undi Munyarwanda arahagurutse

Niyonkuru samuel witezweho byinshi nawe yamaze guhaguruka muri BK Arena. Kugeza ubu abakinnyi abamaze kugera kuri Kigali Convetion Center ni 9 gusa

14:47'Umunyarwanda akuwe ku ntebe y'Icyubahiro

Tuyizere Etienne akuwe ku ntebe y'icyubahiro n'Umushinwa Li You aho we yakoresheje iminota 42 n'amasegonda 56. arasiga uyu Munyarwanda umukurikiye amasegonda 39

14:34’ Tuyizere Etienne yageze KCC

Umunyarwanda Tuyizere Etienne wabimburiye abandi guhaguruka muri BK  Arena yamaze kugera kuiri Kigali Convetion Center  aho yakoresheje iminota 43  n’amasegonda 36

14:29’ Umunyarwanda yinjiye mu bilometero bibiri bya nyuma

Umunyarwanda Tuyizere Etienne wabimburiye abandi guhaguruka muri BK Arena  yinjiye mu bilometero bibiri bya nyuma aho arimo arazamuka mu mapave yo kwa Mignone mbere y’uko agera kuri Kigali Convetion Center . Amaze gukoresha iminota 38 n’amasegonda 55

14:07' Tuyizere Etienne amaze kugenda ibilometero 10

Umunyarwanda Tuyizere Etienne wabimburiye abandi guhaguruka muri BK Arena amaze kugenda ibilometero 10 mu minota 17 gusa. Asigaje Ibilometero 21 kugira ngo agere kuri Kigali Convetion Center 

13:50’ Umunyarwanda abimburiye abandi mu cyiciro cy’abahungu

Umunyarwanda Tuyizere Etienne niwe uhagurutse mbere muri BK Arena mu cyiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 23 aho bagiye gusiganwa n’ibihe. Abasiganwa bagiye gukora ibilometero 31,2.UNiyonkuru Samuel we arahaguruka saa Munani n’iminota 50

13:20’Mu minota 30 Abahungu baratangira

Saa Saba n’iminota 50 nibwo umukinnyi wa mbere mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 mu bahungu araba ahagurutse muri BK arena . Ni Umunyarwarwanda Tuyizere Etienne.
Muri rusange abasiganwa barakora ibilometero 31,2

Amwe mu mafoto yaranze icyiciro cy'abakobwa mu batarengejeje imyaka 23

12:40' Abanyarwandakazi ntibabashije kuza muri 25

Muri iki cyiciro cyo gusiganwa n'ibihe mu bakobwa batarengeje imyaka 23,Ntakirutimana Martha yabaye uwa uwa 27 aho yarushijwe n'uwa mbere iminota 5 n'amasegonda 31 naho Nyirarukundo Claudette wari wabimburiye abandi mu guhaguruka we aba uwa 32 aho yasizwe n'uwa mbere iminota 6 n'amasegonda 18

12:38’ Umwongerezakazi yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare mu batarengeje imyaka 23 mu gusiganwa n’ibihe

Umwongerezakazi ,Zoe Bäckstedt w'imyaka 20  niwe wegukanye shampiyona y’isi y’Amagare ya 2025 iri kubera  i Kigali mu gusiganwa n’ibihe ku bakinnyi batarengeje imyaka 23 mu bakobwa aho yakoresheje iminota 30 n’amasegonda 56. Umunya-Slovakia ,Viktória Chladoňová umukurikiye yamusize umunota 1 n’amasegonda 50 naho Federica Venturelli ukomoka mu Butaliyani  wabaye uwa gatatu yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 11


12:24' Undi Munyarwandakazi yageze KCC

Umanyarwandakazi Ntakirutimana Martha nawe yamaze kugera kuri Kigali Convetion Center akaba yahise ajya ku mwanya wa 17 aho arushwa iminota 3 n'amasegonda 40 na Viktoria wicaye ku mwanya wa mbere. Ni mu gihe undi Munyarwandakazi Nyirarukundo Claudette we ari ku mwanya wa 22

12:16’ Abarenga ½ cy’abasiganwa mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 mu bakobwa  bamaze kugera kuri KCC

Mu bakinnyi 50 barasiganwa n’ibihe mu cyiciro cy’abatarenheje  imyaka 23 mu bakobwa,28, bamaze kugera kuri Kigali Convetion Center ahari umurongo usorezwaho. Kugeza ubu uyoboye ni Viktória Chladoňová  ukomoka muri Slovakia aho yakoresheje iminota 32  n’amasegonda 47. Akurikirwa na Ivanchenko Alena aho yamusize amasegonda 31. Umunyarwandakazi Nyirarukundo Claudine we ari ku mwanya wa 15 aho arushwa iminota 4 n’amasegonda 27 n’uwa mbere

11:55’Alena Ivanchenko niwe ufite umwanya w’Icyubahiro

Alena Ivanchenko ukomoka mu Burusiya niwe wa mbere umaze gukoresha igihe gito kugeza ubu aho yakoresheje iminota 33 n’amasegonda 18. Akurikiwe na Ava Holmgren ukomoka muri Canada aho yamusize amasegonda 43. Mu bakinnyi 14 bamaze gusoza Umunyarwandakazi Nyirarukundo Claudette ari ku mwanya wa 7 aho yasizwe n’uwa mbere iminota 3 n’amasegonda 55.

11:34’ Anastasiya Samsonova niwe wicaye ku mwanya w’Icyubahiro

Anastasiya Samsonovaukomoka mu Burusiya niwe wicaye ku mwanya w’icyubahiro mu bakinnyi 3 bamaze gusoza kugeza ubu aho yakoresheje iminota 35 n’amasegonda 28. Ararushwa Nyirarukundo Claudette wa kabiri umunota 1 n’amasegonda 45

11:30' Umunyarwandakazi yageze Kigali Convetion Center

Umunyarwandakazi, Nyirarukundo Claudette wabimburiye abandi yamaze kugera kuri Kigali Convetion Center aho yakoresheje iminota 37 n'amasegonda 34 mu bilometero 22,6 yakoze


11:22' Umunyarwandakazi yinjiye mu bilometero bibiri bya nyuma

Umunyarwandakazi Nyirarukundo Claudette wabimburiye abandi mu gutangira yinjiye mu bilometero bibiri bya nyuma aho arimo arazamuka mu mapave yo kwa Mignone

11:13' No ku mihanda abakunzi b'igare bariyo

Nkuko byari bimeze ku munsi wejo hatangizwa shampiyona y'isi y'amagare ya 2025 n'ubu niko bimeze aho ku mihanda iri kunyurwaho n'isiganwa huzuye abafana benshi


11:00' Umunyarwandakazi arabura ibilometero 15

Umunyarwandakazi Nyirarukundo Claudette  wahagurutse mbere  muri BK Arena  arabura ibilometero 15 akagera aho ari busoreze kuri Kigali Convetion Center. Muri rusange abasiganwa barakora  Ibilometero 22,6

10:51’  Umunyarwandakazi niwe ubimburiye abandi

Umunyarwandakazi Nyirarukundo Claudette niwe ubimburiye abandi muri BK Arena ahaguruka mbere kuri uyu munsi wa kabiri wa shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’Abagore cy’abatarengeje imyaka 23 mu bakobwa


10:43'Nyirarukundo Claudette ariteguye

Umunyarwandakazi,Nyirarukundo Claudette  urabimburira abandi muri BK Arena aho arahuguruka saa Yine n'iminota 51 ariteguye.


10:27' Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali yavuze ko umunsi wa mbere wagenze neza ndetse n'ubu  ariko biragenda

Umuvugizi w'Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yavuze ko umunsi wa Mbere wa Shampiyona y'Isi y'Amagare, wagenze neza, kandi n'uwa kabiri Abanyakigali bawutegerezanyije amatsiko.

Ati"Byari ibintu byiza cyane, twarishimye. Uyu munsi rero na bwo dutegereje kongera kubabona baduha ibyishimo."


10:04' Harasiganwa  abakinnyi  111

Kuri uyu munsi wa kabiri wa shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2025 mu cyiciro cy'Abatarengeje imyaka 23 mu bahungu no mu bakobwa harasiganwa abakinnyi 110 muri  rusange. Ni 50 mu bakobwa na 61 mu bahungu

9:51' Umunyarwandakazi niwe urahaguruka mbere

Umunyarwandakazi,Nyirarukundo Claudette niwe urabimburira abandi muri BK Arena aho arahuguruka saa Yine n'iminota 51. Arukurikirwa n'Umwongereza De Araujo Carla we urahaguruka saa Yine n'iminota 53. Undi Munyarwandakazi Ntakirutimana Martha we arahaguruka saa Tanu n'iminota 47

9:42' Abafana ni benshi muri BK Arena ahari butangirizwe umunsi wa kabiri shampiyona y'Isi ya 2025



9:30' Ni ubwa mbere hagiye gukinwa icyiciro cy'abatarengeje imyaka 23

Mu mateka ya shampiyona y'Isi y'Amagare ni ubwa mbere hagiye kurushanwa ku batarengeje imyaka 23 mu cyiciro cy'Abagore. Ku munsi wejo Minisiriti wa Siporo,Nelly Mukazayire yavuze ko aya ari andi mateka kuba iki cyiciro ari ubwa mbere kigiye gukinwa ndetse kikaba gikiniwe mu Rwanda.
Yavuze ko iki ari ikimenyetso cyo kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda,Paul Kagame ashyigikira igitsina gore.

Kuri uwa Mbere tariki ya 22 Nzeri 2025 abasiganwa ni abatarengeje imyaka 23 mu bahungu no mu bakobwa aho nabo baraba basiganwa n’ibihe ku giti cyabo nk'uko byagenze ejo mu cyiciro cy’Abagabo n’Abagore. 

Abakobwa ni bo batangira mbere guhera saa Yine n’iminota 51 aho barakora intera y’Ibilometero 22,6. Ni mu gihe abahungu bo batangira guhera saa Saba n’iminota 50 bagakora intera y’Ibilometero 31,2.

U Rwanda ruraba ruhagarariwe na Nyirarukundo Claudette na Mwamikazi Jazilla mu bakobwa mu gihe mu bahungu ari Tuyizere Etienne na Niyonkuru Samuel.

Imihanda iri bukoreshwe ni ukuva BK Arena - Kimironko (Simba Supermarket)-kwa Rwahama-Chez Lando -Prince House - Sonatube-Nyanza ya Kicukiro-Gahanga ku isoko -Kugaruka Sonatube - Rwandex - Mu Kanogo Mediheal - Kwa Mignonne - Ku Muvunyi - KCC.


Byari ibyishimo ku bakurikiye umunsi wa mbere wa Shampiyona y’Isi y'Amagare ya 2025 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...