Ni
indirimbo ifungura umwaka we w’ibikorwa by’umuziki, igaragaza icyerekezo gishya
mu rugendo rwe, aniyemeza gukomeza kwiyubaka nk’umuhanzi uhatana ku rwego
mpuzamahanga.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Lisaa yasobanuye ko “Ig Post” atari indirimbo
isanzwe, ahubwo ari ubutumwa bujyanye n’ibihe turimo, cyane cyane uko urukundo
rugaragazwa n’urubyiruko muri iki gihe cy’ikoranabuhanga n’imbuga
nkoranyambaga.
Yagize
ati: “Ig Post ni indirimbo yanditswe na njye ubwanjye, mfatanyije na Producer
Loader ndetse na Bernard Bagenzi. Yiganjemo amagambo y’urukundo, ariko ikaba
yaraturutse ku buzima busanzwe aho hari abakundana bagahitamo guhishanya cyane
cyane ku mbuga nkoranyambaga.”
Lisaa
asobanura ko muri iyi ndirimbo, agaragaza ishusho y’umukobwa wemera urukundo
rwe ku mugaragaro, akumva ko gukundana bitagomba kuba ibanga igihe ari urukundo
nyarwo. Avuga ko “Ig Post” yibutsa abantu ko urukundo rugomba no kwigaragaza,
cyane cyane mu bihe bidasanzwe nko mu gihe cya Saint Valentin.
Yagize
ati: “Aha, umukobwa aba ashaka ko uwo bakundana atamuhisha, ahubwo akamwereka abandi,
akabishyira kuri Instagram cyangwa ku zindi mbuga nkoranyambaga, bikamenyekana
ko ari umuntu wafashwe, ko akundwa kandi ko akundana.”
Uyu
muhanzikazi akomeza avuga ko iyi ndirimbo ari uburyo bwo kwereka uwo ukunda ko
wamwihariye, ko umwishimiye kandi ko umwiyumvamo, ibintu avuga ko abantu benshi
bifuza kubona mu rukundo rw’iki gihe.
Ati: “Ni indirimbo ishobora kuba igikoresho cyiza cyo kubwira uwo ukunda ko ari uwe
wenyine, ko umwishimiye kandi ko witeguye kubimwereka n’abandi,” yakomeje atyo.
Amashusho
y’iyi ndirimbo “Ig Post” yakozwe na John Elarts, aho agaragaza ubuhanga mu
guhuza ishusho n’ubutumwa bw’indirimbo, bikagira uruhare mu gutuma iyi ndirimbo
igera ku mutima w’abayireba.
Mu
ncamake, “Ig Post” ni indirimbo yerekana ko Lisaa akomeje gukura mu muziki,
akazana inkuru zishingiye ku buzima busanzwe, ariko zifite ubutumwa bufite aho
buhurira n’abantu benshi, cyane cyane urubyiruko ruri mu rukundo n’uruha
agaciro imbuga nkoranyambaga.
Ni
intangiriro ikomeye y’umwaka we, kandi ikimenyetso cy’uko afite intego yo
kwagura imbago z’umuziki we kurushaho.

Lisaa
yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya ‘Ig Post’, aho agaragaza uko
urukundo rudasanzwe rugomba kugaragarira ku mbuga nkoranyambaga n’imbere
y’abantu
Amashusho
ya Lisaa yakozwe na John Elarts agaragaza ubuhanga n’ubushake bw’umuhanzikazi
mu gutambutsa ubutumwa bw’urukundo mu buryo bwihariye
John Elarts wo mu gihugu cy'u Burundi wakoze indirimbo z'abarimo The Ben, ni nawe wakoze amashusho y'indirimbo ya Lisaa
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO “IG POST” YA LISAA