Lionel Sentore yavuze ahavuye indirimbo 'Umukobwa w'Abeza' yatuye Louise Mushikiwabo -VIDEO

Imyidagaduro - 28/07/2025 9:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Lionel Sentore yavuze ahavuye indirimbo 'Umukobwa w'Abeza' yatuye Louise Mushikiwabo -VIDEO

Umuhanzi w’injyana gakondo, Lionel Sentore, yatangaje ko indirimbo “Umukobwa w’Abeza” iri kuri album ye nshya “Uwangabiye”, yayihimbye ayigenera Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), mu rwego rwo kumushimira ku buryo ahora ashyigikira inganzo ye.

Ibi yabitangarije InyaRwanda mu kiganiro cyihariye, nyuma y’igitaramo cy’imbonekarimwe yakoze ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki 27 Nyakanga 2025, muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali), aho yamurikaga ku mugaragaro album ye ya mbere “Uwangabiye”.

Ni ubwa mbere Lionel Sentore yari akoze igitaramo gikomeye i Kigali, nyuma y’imyaka irenga 15 amaze mu muziki. Yari yitabiriwe n’abantu benshi ndetse ashyigikirwa n’abahanzi bakomeye barimo Ruti Joel, Jules Sentore, Itorero Ishyaka ry’Intore, Muyango Jean Marie, Cyusa Ibrahim n’abandi, barimo n’abamutunguye ku rubyiniro.

Muri iki gitaramo, Sentore yaririmbye indirimbo 12 zigize album ye, harimo “Umukobwa w’Abeza” yayisoje abwira abari aho ko indirimbo yayihimbye nk'ikimenyetso cy'ishimwe agenera Mushikiwabo. Ati “Umukobwa w'Abeza' ni indirimbo nahimbye nyikunze, ivuga ku bakobwa cyane irata ubwiza bwabo, nyitura umubyeyi Louise Mushikiwabo."

Yakomeje avuga ko yishimiye kuririmbira imbere y’abayobozi batandukanye, avuga ko ari “iby’agaciro n’ishema” ku muhanzi.

Lionel Sentore yashimiye urukundo Abanyarwanda bamugaragarije kuva yatangira umuziki kugeza ku gitaramo cye cya mbere i Kigali, aho yavuze ko ari umusingi ukomeye w’ubuhanzi bwe. Ati “Abanyarwanda bamfashije kugera aha. Barankunze, baranyumva, banyitayeho... Iki gitaramo cyabaye igihamya cy’uko ubuhanzi bushingiye ku muco bukomeje kwitabirwa.”

Yongeyeho ko kuba yarataramanye n’abahanzi bakomeye nka Muyango, Ben Kayiranga n’abandi, ari igihamya cy’uko injyana gakondo igifite umwanya ukomeye. Ati “Ni bo twizeho, ni bo batubaye hafi, ni bo batwigishije. Kuri njye, guhura nabo ku rubyiniro no kubasubiramo ni nk’isarura ry’ibyo twatojwe.”

Igitaramo cyari kigizwe n’ibice bitandukanye: Mu gice cya mbere yataramanye n’Itorero Ishyaka ry’Intore; mu gice cya kabiri aririmba indirimbo: Zarwaniye Inka, Uko yabyirutse ari kumwe n’Ishyaka ry’Intore, akomereza ku ndirimbo nka Hobe, Umwiza, Teta, Haguruka Ugende, Umukobwa w’Abeza yatuye Mushikiwabo, akomereza ku ndirimbo ‘Imena’ yakoranye na Cecile Kayirebwa.

Yanaririmbye indirimbo ‘Uwangabiye’ yitiriye Album ye, yakirwa na Jules Sentore waririmbye indirimbo ‘Mama Shenge’ akorerwa mu ngata na Charles Uwizihiwe winjiriye mu ndirimbo ‘Nzataramana nande’. Afatanyije na Ruti Joel, Jules Sentore baririmbye indirimbo nka ‘Nyaruguru’ yamamaye cyane.

Lionel Sentore yavuze ko nyuma y’iki gitaramo afite ibikorwa yateganyije hanze y’u Rwanda, yizeza abakunzi be ko bazakomeza kumva umuziki we binyuze ku mbuga zicururizwaho umuziki.

Yasoje ashima by’umwihariko itangazamakuru, abamuteye inkunga, n’abakunzi be bose bagize uruhare kugira ngo iki gitaramo kibe igikorwa kidasanzwe mu rugendo rwe rwa muzika.

Lionel Sentore ubwo yaramukanyaga na Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru wa OIF 

Umuhanzi Lionel Sentore yahaye icyubahiro Mushikiwabo, umwe mu bamushyigikiye kuva kera mu rugendo rwe rwa muzika 

Mushikiwabo yitabiriye igitaramo cy’uwamuhimbye indirimbo 'Umukobwa w’Abeza' iri kuri Album

Lionel Sentore yavuze ko indirimbo ye 'Uwakobwa w'abeza' yayituye Louise Mushikiwabo kubera uburyo amushyigikira

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA LIONEL SENTORE



KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'UMUKOBWA W'ABEZA' LIONEL SENTORE YATUYE MUSHIKIWABO


AMAFOTO: THE NEW TIMES


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...