Uyu
muhanzi uzwi cyane mu njyana gakondo yavuze ko asanzwe yiteguye bihagije, kuko
iki gitaramo agiye gukora mu Rwanda ari icya mbere mu mateka ye, nubwo asanzwe
yarataramiye mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi.
Mu
kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yageraga i Kigali ku Cyumweru tariki
20 Nyakanga 2025, Lionel Sentore yemeje ku mugaragaro ko yatandukanye na
Munezero Aline (Bijoux), umukinnyi wa filime wamamaye cyane muri ‘Bamenya’,
bari barakoze ubukwe, ku wa 8 Mutarama 2022.
Yagize
ati: “Uwo mwana si uwanjye, ni uw’abandi. Gisa ni we mwana wanjye, ni we muri
kubona hano.” Abivuga yerekanaga umukufi yari yambaye uriho ifoto y’umwana we.
Yongeyeho ko uwo mwana Munezero Aline aherutse kwibaruka atari uwe.
Ni
ubwa mbere uyu muhanzi avuze ku mugaragaro iby’itandukana rye na Bijoux, nyuma
y’igihe bivugwa ariko akabyirinda mu itangazamakuru.
Album
“Uwangabiye” agiye kumurika iriho indirimbo nka: Umukobwa w’abeza, Teta,
I.U.O.A.E, Uko bimeze (ft. Mike Kayihura), Urera (ft. Elysee), Uwangabiye,
Hobe, Mukandori (ft. Angela), Ntaramanye, Urukundo (ft. Boule Mpanya),
Yanyuzuye umutima ndetse na Haguruka ugende.
Yayihimbye
mu gihe yari mu rugendo rwo kwiyubaka, agatangira ubuzima bushya bwuzuyemo
intego n’icyerekezo gishingiye ku muco, urukundo n’ishimwe.
Yagize
ati: “Sogokuru yangabiye gukunda igihugu no gukunda umuco. Mama yangabiye
urukundo, Papa yangabiye uburere. Perezida Kagame namwise umugoboka-rugamba
kuko yaduhaye igihugu gitekanye. Iyi Album ni igisubizo cy’ishimwe cyuzuye
umutima.”
Iki
gitaramo Lionel Sentore avuga ko atazaba ari wenyine, kuko azaririmbana
n’abandi bahanzi barimo Ruti Joel, Ishyaka ry’Intore, Jules Sentore, Charles
Uwizihiwe n’abandi.
Kivugwaho
nk’icyihariye kizarangwa n’umuco, indangagaciro, urukundo n’ishimwe. Sentore
avuga ko ashaka ko indirimbo ze zifasha urubyiruko gukunda igihugu, kwishimira
inkomoko yabo, no gushimira ababagize abo bari bo.
Yagize
ati: “Ni igitaramo cy’umuryango nyarwanda. Igitaramo cy’ishimwe, cy’umuco
n’urukundo. Umuco ushobora kuba umwuga ukatunga nyirawo kandi ukamuteza
imbere.”
Amatike
yo kwinjira mu gitaramo cya “Uwangabiye Album Launch Concert” ari kugurishwa
binyuze kuri SINC ukoresheje kode 6627001473#
Lionel
Sentore yagarutse mu Rwanda atwaye ubutumwa bukomeye bujyanye n’umuco,
indangagaciro n’ishimwe. Gutandukana kwe na Bijoux yasobanuye, ni igice kimwe
cy’uru rugendo rushya rw’umuhanzi utangiye guhanga amateka mashya mu gihugu
cye, agafatanya n’abandi kuzamura umuziki gakondo no kuwusigasira.
Lionel
Sentore yageze i Kigali yitabiriye igitaramo cyo kumurika Album ye ‘Uwangabiye’
kizabera muri Camp Kigali
Ubwo
Lionel Sentore yaganiraga n’itangazamakuru ku bijyanye n’igitaramo cye n’ibindi
bikorwa
Sentore
yavuze ko yiteguye gutanga ibyishimo muri iki gitaramo azahuriramo na bagenzi
be
Sentore
yemeje ko yatandukanye na Bijoux, ndetse ko umwana yibarutse atari uwe
KANDA
HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA LIONEL SENTORE