Lionel Sentore yagabiwe inka n’iyayo mu gitaramo yamurikiyemo Album icyeza Perezida Kagame - AMAFOTO +VIDEO

Imyidagaduro - 28/07/2025 7:37 AM
Share:

Umwanditsi:

Lionel Sentore yagabiwe inka n’iyayo mu gitaramo yamurikiyemo Album icyeza Perezida Kagame - AMAFOTO +VIDEO

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki 27 Nyakanga 2025, Camp Kigali yahindutse umurwa w’umuco, intore n’umuziki gakondo, mu gitaramo cy’amateka cyatumye umuhanzi Lionel Sentore yongera kwigarurira imitima y’Abanyarwanda nyuma y’imyaka irenga 15 ari mu muziki.

Ni igitaramo cyabereye mu ihema rya Kigali Conference and Exhibition Village, cyitabirwa n’ibihangange mu muziki gakondo n’abayobozi bakomeye mu Rwanda.

Uyu muhanzi wari utegerejwe cyane yifashishije iki gitaramo mu kumurika Album nshya yise “Uwangabiye”, izina rifite igisobanuro cyimbitse kigaragaza ishimwe yatuye Sekuru Sentore Athanase n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, Umugoboka-Rugamba.

Mu gihe cyaranzwe n’amarangamutima n’umudiho gakondo wuzuye urukundo n’ubusabane, Lionel Sentore yahawe impano idasanzwe y’inka n’iyayo, ikimenyetso cy’imigisha n’ishimwe rikomeye mu muco nyarwanda.

Ni impano yakiriwe n’amashyi y’urufaya, byumvikanisha ko igitaramo kitari icy'umuziki gusa, ahubwo cyari icy’umuco, icy’ukwemera n’icy’ishimwe.

Sentore yashimangiye ko indirimbo “Uwangabiye” yamuhaye umurongo mushya mu muziki. Ati: “Ni idarapo ry’umuziki wanjye. Yatumye mpura n’awagabiye Abanyarwanda bose.”

Iki gitaramo cyitabiriwe n’abarimo Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF); Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, na Madamu Kayisire Solange, Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC.

Cyitabiriwe kandi n’abarimo Muyoboke Alex, umukirigitanaga Francis Nziza, Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, Sandrine Isheja Butera, Victor Rukotana, Uwitonze Clementine wamamaye nka Tonzi, Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC), Mutesi Scovia, n’abandi.

Abitabiriye bose bagaragarije Lionel Sentore ishimwe n’ishyaka, by'umwihariko nyuma yo kuririmba indirimbo “Uwangabiye” inshuro ebyiri, nk’igitambo cy’ishimwe.

Ku rubyiniro, Lionel Sentore yafatanyije n’Itorero Ishyaka ry’Intore, Jules Sentore, Ben Kayiranga, Muyango Jean Marie, Cyusa Ibrahim, Ruti Joel, umubyinnyi Mpuzamahanga Icakanzu Contente, ndetse na Charles Uwizihiwe.

Bafatanyije kuririmba indirimbo “Amararo” ndetse na “Imena” yakunzwe cyane ubwo yayikoranaga na Cécile Kayirebwa mu 2016.

Umuhanzi Ruti Joel na we yaririmbye indirimbo ye “Cunda” iri kuri Album “Musomandera” ndetse na ‘Igikobwa” yamuhaye izina rikomeye mu muziki gakondo. Jules Sentore we yigaragaje mu ndirimbo “Mama” na “Rutemikirere” iri kuri Album nshya ye “Umudende” izasohoka ku wa 1 Kanama 2025.

Kuva Itorero Ishyaka ry’Intore rifunguye igitaramo kugeza ku musozo, abitabiriye baranzwe n’umunezero, indangagaciro z’umuco n’umurava wo gushyigikira umuziki w’umwimerere. Lionel Sentore yagaragaje ko aruta kuba umuhanzi; ni igihangange mu gutambutsa ubutumwa bwubaka, bwibutsa no gushimira.

Louise Mushikiwabo yashimiye Sentore ku rugendo rwe rutazuyaza rwo kwimakaza umuco, anashimira Ruti Joel ku bw’impano n’ubwitange agaragaza mu ruganda rw’umuco.

Igitaramo “Uwangabiye Album Launch” ntikizasibangana mu mateka y’umuziki nyarwanda. Cyari ubuhamya bw’uko umuhanzi ashobora gusubiza agaciro umurage w’abenegihugu, agahuzwa n’imizi ye biciye mu bihangano bifite intego, umurongo n’indangagaciro.

Lionel Sentore si we gusa wungukiye muri iki gitaramo, ahubwo ni umuryango mugari w’Abanyarwanda bakomeje gukunda no gutonesha umuziki gakondo. Inka n’iyayo yahawe ni kirazira ihishura byinshi: ni ishimwe ry’Umukuru w’Igihugu, ni igisingizo cy’umuco wacu, kandi ni ihumure ry’uko umuziki nyarwanda ufite ejo hazaza.

Iki gitaramo ni intambwe ikomeye mu rugendo rw’uyu muhanzi, kuko yamurikiyemo album ye ya mbere yise “Uwangabiye”. Ni Album ikubiyemo indirimbo 12 zigaruka ku rukundo, umuco, amateka n’ishimwe. Yazihimbye azirikana abantu bamugabiye byinshi mu buzima bwe, barimo Perezida Paul Kagame, Sekuru Sentore Athanase, ababyeyi be n’abandi.

Mu kiganiro na InyaRwanda ati “Sogokuru yangabiye gukunda igihugu no gukunda umuco. Mama wanjye yangabiye urukundo, Papa yangabiye uburere. Perezida Kagame namwise umugoboka-rugamba, kuko yaduhaye igihugu gitekanye, agenda atugabira byinshi birimo Girinka n’iterambere. Iyi ndirimbo ni ishimwe, igaragaza umutima wanjye,”

Album “Uwangabiye” iriho indirimbo nka: Umukobwa w’abeza [Yahimbiye Louise Mushikibwabo], Teta, I.U.O.A.E, Uko bimeze (ft. Mike Kayihura), Urera (ft. Elysee), Uwangabiye, Hobe, Mukandori (ft. Angela), Ntaramanye, Urukundo (ft. Boule Mpanya), Yanyuzuye umutima ndetse na Haguruka ugende.

Iyi Album yayikoze ari mu Burayi, mu gihe yari mu rugendo rushya nk’umusore wiyubaka, atangira kwandika amateka mashya y’ubuzima n’ubuhanzi bwe.

Igitaramo “Uwangabiye Album Launch Concert” cya Lionel Sentore si icyo kwidagadura gusa, ahubwo cyabaye n’igikorwa gifite uruhare runini mu guteza imbere umuco nyarwanda. Sentore avuga ko indirimbo ziri kuri Album ye aziteho gufasha urubyiruko kumva ishema ryo gukunda igihugu, gushimira ababyeyi no kurangwa n’ikinyabupfura.

Lionel Sentore aramya ishimwe ku rubyiniro, mu ndirimbo y’indirimbo ‘Uwangabiye’ yasusurukije ijoro ry’amateka

Lionel Sentore mu cyubahiro cy'ikirenga, aririmba ‘Uwangabiye’ mu gitaramo cyamuhuje n’imitima y’Abanyarwanda 

Yambaye umwambaro w’umuco, Lionel Sentore yahagurukije abantu mu ndirimbo zamuranze mu rugendo rw’imyaka 15 


Ubwo yaririmbaga ‘Uwangabiye’ inshuro ya kabiri, Lionel Sentore yakoze ku mitima ya benshi 


Lionel Sentore ahawe inka n’iyayo, ishimwe rikomeye ry’umuhanzi wubashye umurage 


Ku rubyiniro rw’amateka, Lionel Sentore ashimira Perezida Kagame ku bw’urukundo yagabiye Abanyarwanda

Lionel Sentore yashimiye Louise Mushikiwabo witabiriye igitaramo cye cyo kumurika Album 'Uwangabiye'


 Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bubatse urukundo n’umuco muri ‘Uwangabiye Album Launch’


 

Jules Sentore yinjira ku rubyiniro aririmba ‘Mama’, asusurutsa abitabiriye igitaramo cyavuze amateka 


Louise Mushikiwabo n’abandi banyacyubahiro bashimira Sentore ku musanzu we mu guteza imbere umuco


 

Ruti Joel asusurutsa imbaga mu ndirimbo ‘Cunda’, 'Igikobwa', agaragaza ko umuziki gakondo ugifite imbaraga


Itorero Ishyaka ry’Intore bafunguye igitaramo ‘Uwangabiye’ n’imbyino zidasanzwe z'umuco nyarwanda 

Indirimbo ‘Amararo’ yahuje abahanzi batatu b’umuryango umwe: Lionel, Jules na Charles Sentore


 

Umubyinnyi mpuzamahanga Icakanzu Contente yeretse Abanyarwanda ubuhanga bw’imbyino gakondo 


Amb. Olivier Nduhungirehe yanyuzwe n'igitaramo cya Lionel Sentore yashyigikiye kuva ku munsi wa mbere  


Ubwitabire bwo hejuru bwaranze ‘Uwangabiye Album Launch’, hahuzwa ibisekuru binyuranye

Ben Kayiranga yashimye Lionel Sentore ku bw'igitaramo cye yakoreye i Kigali ku nshuro ye ya mbere

‘Uwangabiye’ yaririmbye inshuro ebyiri, yinjira mu mitima nk’indirimbo y’ishimwe n’ubugwaneza 

Cyusa Ibrahim yanyujijeho ubuhanga mu njyana ye, agaragaza ko gakondo atari iy’ejo hashize gusa 


Ben Kayiranga aririmba ‘Freedom’ ari kumwe na bagenzi be, ashimangira urukundo n’umuco byuzuye mu muziki nyarwanda

 

Itorero Ishyaka ry'Intore ryakomeje gucana umuriro n’imbyino z’amayugi mu gihe Sentore yiteguraga gusohoka 

Lionel Sentore atanga ubutumwa bw’ishimwe ku rubyiniro: ‘Iyi Album ni iy’uwagabiye Abanyarwanda






Muyoboke Alex washinze Decent Entertainment ari mu bitabiriye iki gitaramo

Didier Kananura washinze Kanan Connections yateguye igitaramo cya Lionel Sentore yari yizihiwe



Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC), Mutesi Scovia, yari kumwe n’umuhanzi Cyusa Ibrahim muri iki gitaramo cya gakondo

 

Lionel Sentore yagaragaje ibyishimo by’ikirenga nyuma yo kumara amasaha ane ataramira Abanyarwanda n’abandi mu gitaramo yagabiwemo inka n’iyayo, aho abakiritabiriye bashimiye Perezida Paul Kagame wagabiye Abanyarwanda 

Cyari igitaramo gikomeye cyubakiye ku muziki gakondo n’imitako ya Kinyarwanda, cyaranzwe n’ubwitabire bwo hejuru, kibera mu ihema rya Camp Kigali 

Ni ubwa mbere Lionel Sentore yari ataramiye i Kigali mu myaka irenga 15 ishize



hize ari mu muziki




Ben Kayiranga wamamaye mu ndirimbo 'Freedom' ari mu bitabiriye iki gitaramo cya Lionel Sentore


Umuhanzi mu njyana gakondo, Victor Rukotana yari yegeranye n’umukiragitananga Nziza Francis

Umuyobozi wungirije w'Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru, RBA, Sandrine Isheja Butera



 

MINISITIRI NDUHUNGIREHE, MUSHIKIWABO MU BITABIRIYE IGITARAMO CYA LIONEL SENTORE

JULES SENTORE YATANZE UMUSOGONGERO WA ALBUM YE 'UMUDENDE'

LIONEL SENTORE YAGABIWE INKA N'IYAYO MU GITARAMO CY'AMATEKA YAKOZE

RUTI JOEL YAKURIWE INGOFERO MU GITARAMO CYA LIONEL SENTORE

LIONEL SENTORE YAVUZE KU NDIRIMBO YAHIMBIYE LOUISE MUSHIKIWABO


AMAFOTO: THE NEW TIMES


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...