Lionel Richie yafashe ingamba zo kurinda ijwi rye mu ikoreshwa rya AI

Imyidagaduro - 18/06/2026 5:49 PM
Share:

Umwanditsi:

Lionel Richie yafashe ingamba zo kurinda ijwi rye mu ikoreshwa rya AI

Umuhanzi w’icyamamare ku rwego rw’isi, Lionel Richie, yafashe icyemezo cyo kwandikisha mu buryo bw’amategeko amwe mu magambo n’imvugo byamuranze mu muziki, mu rwego rwo kurinda ijwi rye no gukumira ikoreshwa ryaryo n’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) ritabiherewe uburenganzira.

Iyi ntambwe ije mu gihe ikoranabuhanga rya AI rikomeje gutera imbere, aho rishobora gukora amajwi asa n’ay’abahanzi bazwi cyangwa rikigana uburyo baririmbamo.

Lionel Richie yifuza ko ibimenyetso by’ijwi rye byamamaye ku isi bitakoreshwa mu gukora amajwi y’ibihimbano (deepfakes) cyangwa mu zindi gahunda z’ubucuruzi atabigizemo uruhare.

Uyu muhanzi umaze imyaka irenga 40 mu muziki, ni umwe mu bafite indirimbo zakunzwe cyane mu mateka ya muzika. Mu bihangano byamugize icyamamare harimo Hello, All Night Long (All Night), Say You, Say Me, Endless Love ndetse na Dancing on the Ceiling.

Yagize kandi uruhare mu kwandika indirimbo We Are the World hamwe na Michael Jackson, indirimbo yabaye ikimenyabose ku rwego rw’isi.

Mu rugendo rwe rw’umuziki, Lionel Richie yegukanye ibihembo bikomeye birimo ibihembo bine bya Grammy Awards, harimo Album of the Year na Song of the Year. Yanatwaye igihembo cya Academy Awards (Oscar) kubera indirimbo Say You, Say Me, ndetse anegukana Golden Globe Awards kuri iyo ndirimbo.

Mu mwaka wa 2022, yinjijwe muri Rock and Roll Hall of Fame, kimwe mu byubahiro bikomeye bihabwa abahanzi bagize uruhare rukomeye mu iterambere rya muzika. Muri uwo mwaka kandi yahawe Gershwin Prize for Popular Song kubera umusanzu we udasanzwe mu kwandika no kuririmba indirimbo zakunzwe ku isi.

Abasesenguzi b’ibijyanye n’imyidagaduro bavuga ko icyemezo cya Lionel Richie gishobora kubera urugero abandi bahanzi, cyane cyane muri iki gihe AI ishobora kwigana amajwi n’imiterere y’abahanzi mu buryo bworoshye kurusha mbere.

Nubwo imyaka ishira, Lionel Richie akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu mateka ya muzika, ndetse ubu ari no mu bari gushaka uburyo bushya bwo kurinda umurage n’umwihariko mukubaka izina ku rwego mpuzamahanga.

Lionel Richie yafashe ingamba zo kurinda ijwi rye mu ikoreshwa rya AI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...