Lionel Messi agiye gutangiza irushanwa rye

Imikino - 15/10/2025 2:27 PM
Share:

Umwanditsi:

Lionel Messi agiye gutangiza irushanwa rye

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Argentine na Inter Miami, Lionel Messi, yatangaje ko agiye gutangiza irushanwa ry'abana bato ryiswe "Messi Cup", rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva ku ya 9 kugeza ku ya 14 Ukuboza 2025.

Iri rushanwa rizabera mu mujyi wa Fort Lauderdale, muri Leta ya Florida, rikaba rizitabirwa n’amakipe  atandukanye arimo nayo Messi yanyuzemo.

Irushanwa rya ‘Messi Cup’ rizaba ririmo ikipe y’abato ya Inter Miami (USA), FC Barcelona (Espagne), Manchester City (Ubwongereza), River Plate (Argentine), Inter Milan (Ubutaliyani), Newell’s Old Boys (Argentine), Atlético Madrid (Espagne) na Chelsea FC (Ubwongereza).

Aya makipe azagabanywamo mu matsinda abiri, buri rimwe rigizwe n’amakipe 4. Mu minsi itatu ya mbere, azakina hagati yayo (round robin) ubundi ayitwaye neza yerekeze mu  mikino ya ½ kugeza hamenyekanye uwegukana igikombe.

Iki gikorwa giteguwe n’ikigo cya Messi kitwa "The Messi Experience Park" (cyahoze ari 525 Foundation). Intego nyamukuru ni uguteza imbere impano z’abana bakiri bato, kubaha urubuga rwo kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga no kubahuza n’umuco n’ikoranabuhanga binyuze mu mikino.

Messi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko iyi “Messi Cup” atari irushanwa gusa, ahubwo ari ibirori  by’umupira w’amaguru, aho abana bazahura, bagasabana.

Messi agiye gutangiza irushanwa ry'abato 

Mu irushanwa rya Messi hazaba harimo Newell’s Old Boys y'iwabo yanyuzemo mbere yo kujya muri FC Barcelona



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...