Mu
kiganiro n’abanyamakuru, Liam Voice yatangaje ko yihaye amasezerano yihariye
mbere yo gukora igitaramo cye cya mbere.
Uyu
muhanzi w’icyamamare mu ndirimbo z’urukundo, azwi cyane ku ndirimbo nka ‘Omoyo’,
yasobanuye ko kuba igitaramo cye cya mbere cyaba ku munsi Bobi Wine yaba yabaye
Pereizda, byaba ari inzozi zahindutse impamo.
Abantu
bamwe bamwibukije ko bishoboka ko Umuyobozi w’ishyaka rya National Unity
Platform (NUP), Bobi Wine atazongera kugira amahirwe yo kwiyamamariza kuba
Perezida, ariko Liam Voice ntiyabyemeye.
We
yakomeje avuga ati: “Haracyari amahirwe yo ko Bobi Wine yakongera kwiyamamaza,
agatsinda, kandi ndizera ko bizashoboka. Naho igihe icyo kizaba, icyo gihe ni
cyo nzashyiraho igitaramo cyanjye cya mbere,”
Uyu
muhanzi kandi yatangaje ko aherutse gusohora indirimbo nshya yise “Bikyuka”,
aho avuga ko ubutumwa bw’indirimbo bugamije kwizera, guhinduka no guharanira
icyiza, kandi bishingiye ku rugendo rwa politiki rwa Bobi Wine.
Liam
Voice yizeye ko umunsi umwe igitaramo cye kizaba ibirori bikomeye, aho Bobi
Wine azaba umushyitsi w’icyubahiro.
Bobi
Wine, umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeat na Dancehall, witwa Nyamwasa
Robert mu buzima busanzwe, yaje kuba umwe mu bayobozi b’ingenzi muri politiki
ya Uganda kubera ibikorwa bye n’urukundo akunda abaturage.
Bobi
Wine yinjiriye muri politiki mu 2017, atorerwa kuba Meya w’umurenge wa Kyadondo
East, ahitwa Kampala, aho yamenyekanye kubera uburyo yita ku baturage, cyane
cyane urubyiruko n’abatagira amahirwe.
Mu
2021, yahanganiye Perezida wa Uganda, atanga amajwi menshi ku rubyiruko no ku
baturage batandukanye bashaka impinduka.
Bobi
Wine azwi nk’umuyobozi w’icyitegererezo w’ishyaka National Unity Platform
(NUP), rikomeje kuba ijwi ry’abashaka impinduka mu miyoborere y’igihugu. Yagiye
avuga ko intego ye ari kuzana demokarasi, kurwanya ruswa, no guharanira
uburenganzira bw’abaturage.
Nubwo
atabashije kugera ku butegetsi, Bobi Wine akomeje kuba ikimenyetso cy’icyizere
ku rubyiruko n’abaturage bashaka impinduka muri politiki ya Uganda. Ariko,
bamwe bamubwira ko ibyo atekereza by’uko azaba Perezida wa Uganda ari inzozi.

Liam
Voice avuga ko igitaramo cye cya mbere kizaba gusa igihe Bobi Wine azaba
Perezida wa Uganda. Uyu muhanzi w’icyamamare mu ndirimbo z’urukundo [Uri ibumoso] yasobanuye ko ari inzozi ze kuba
yagira igitaramo cye cya mbere ari kumwe n’umuyobozi uzamuka mu muziki
