Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Li John yahishuye ko atigeze atangira
atekereza ko azaba umuririmbyi. Ahubwo, nk’abandi benshi bakuriye mu muco wa
Hip Hop, yumvaga ko kurapa ari yo nzira ye y’umuziki. Gusa, uruhu rwe
rw’umuziki rwaje guhindurwa n’amaso n’ugutwi bya Jay Polly wamubonagamo impano
irenze iyo we ubwe yabonaga.
Li
John avuga ko umunsi umwe bari kumwe muri studio, ari kuririmba bisanzwe
atabigambiriye nk’umushinga w’umuziki, Jay Polly amutega amatwi aranyurwa.
Li
John yamusubije ko n’ubwo ashobora kumva aririmba, we yiyumvaga nk’umuraperi
ukunda Hip Hop, ndetse ko kuririmba byatewe n’uko yanyuze mu rusengero. Ariko
Jay Polly ntiyigeze ahagarara ku byo Li John yiyumvaga. Jay Polly ati “Ibyo uri
kuririmba, nibyo nshaka”
Jay
Polly yakomeje kumwumvisha ko impano ye nyayo iri mu kuririmba, atari mu
kurapa. Yamusabye gushyira ayo majwi mu ndirimbo, ibintu Li John yakoze Jay
Polly arabikunda cyane.
Li
John ati: “Yahise ambwira ati ‘ibyo uri kuririmba nibyo nshaka. Ibyo bintu
bishyire mu ndirimbo’. Nabishyize mu ndirimbo arabikunda cyane. Noneho ambwira
ati ‘ibintu byo kurapa byihorere, tangira uririmbe aka kanya’.”
Icyo
cyemezo cyahise gihinduka intangiriro y’urugendo rushya. Li John avuga ko kuva
uwo munsi yatangiye gukora indirimbo zinyuranye nk’umuririmbyi, atangira
kwiyumvamo icyizere gishya cy’ejo hazaza.
N’ubwo
yari amaze kubona icyerekezo gishya, Li John ntiyashatse kwihuta ajya ku isoko
ry’umuziki atiteguye bihagije. Yabonaga ko icyo gihe hari abahanzi bakomeye
bari bahari kandi bagezweho, barimo Bruce Melodie, The Ben, Christopher
n’abandi.
Aragira ati: “Njye nkunda kwiga. Icyo gihe nabonaga Melodie ahari, The Ben ahari
n’abandi bakomeye. Ndavuga nti reka mbanze nigire ku ishuri, ku buryo nzajya
nkora indirimbo abantu bakavuga bati ‘uyu mwana rwose ahageze neza’.”
Iryo
shoramari mu kwiga no kwitegura ni ryo ryaje kumuha umwihariko, ntihaba mu
kuririmba gusa, ahubwo no mu gutunganya indirimbo nka Producer.
Urugendo
rwa Li John mu muziki rwatangiye mu 2016, atangira kugerageza gukora indirimbo
ze bwite. Nyuma, yaje kwiyegurira no kuba producer utunganya indirimbo
z’abahanzi batandukanye, harimo n’ize bwite, bituma izina rye ritangira
kumenyekana mu buryo bwagutse.
Muri
muzika, Li John yasohoye indirimbo ‘Bindenze’, imwe mu zigize Album ye ya
kabiri, agaragaza ko amaze imyaka itatu mu muziki nk’umwuga, n’ubwo urugendo
rwe rwatangiye kera.
Li John kandi anafite umuvandimwe we Pamaa, bakoranye indirimbo ‘Nisariye’, igaragaza ko umuziki kuri we utari impano ku giti cye gusa, ahubwo ari umurage n’ihuriro ry’umuryango.

Mu
gihe Li John yiyumvaga nk’umuraperi wa Hip Hop, Jay Polly we yamubonagamo
umuririmbyi. Inama imwe yamuhaye muri studio, yo kureka kurapa agakurikirana
ijwi rye yahinduye burundu icyerekezo cy’umuziki we

Jay
Polly yumvise Li John aririmba bisanzwe muri studio, ahita abonamo impano
idasanzwe. Amubwira gushyira ayo majwi mu ndirimbo, amwereka inzira nshya yo
kuririmba, ari na yo yaje kumuganisha ku rugendo rwe nk’umuhanzi n’umuproducer
wihagazeho
