Leta irarwana no guca ubushomeri urubyiruko rukarwana intambara yo kugira ibitsina binini

Imyidagaduro - 07/05/2026 4:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Leta irarwana no guca ubushomeri urubyiruko rukarwana intambara yo kugira ibitsina binini

Mu gihe Igihugu kiri guhangana no gushaka uko cyakemura ikibazo cy’ubushomeri cyugarije urubyiruko, benshi mu rubyiruko bababajwe n’igihe bamara batera akabariro, ingano y’igitsina, kwiha intego yo kuryamana n’abantu benshi, n'ibindi.

Magingo aya, Igipimo cy’ubushomeri mu Rwanda cyaragabanutse kigera kuri 11% mu gihembwe cya mbere cya 2026, kivuye kuri 11.1% mu gihembwe nk'icyo mu mwaka wa 2025. Ibi bikubiye muri raporo iheruka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yasohotse muri Werurwe 2026.

Mu rubyiruko, igipimo cy’ubushomeri mu rubyiruko (imyaka 16-30) kiri hejuru ugereranyije n'abakuze, aho cyari kuri 14.1% mu mpera za 2025, Abagore bafite igipimo cy’ubushomeri kiri hejuru (13%) ugereranyije n’abagabo (10.5%).

Mu guhangana n’ubushomeri by'umwihariko mu rubyiruko, muri gahunda nshya y'imyaka itanu y’igihugu yo kwihutisha iterambere (NST2), Leta yiyemeje guhanga imirimo mishya igera kuri miliyoni 1.25. Buri mwaka byibura hahangwa imirimo itari munsi ya 200,000.

N’ubwo abayobozi birya bakimara amanywa n’ijoro bashakira imirimo abatayifite, bisa nk’aho urubyiruko rwinshi rwamaze kwiyakira rutagikeneye gukora ahubwo rubabajwe no gukora imico mibi no kuyinoza.

Iyo ugerageje kuganira n’urubyiruko cyane cyane urwo muri Kigali, intero n’inyikirizo ni imwe; Inzoga n’ubusambanyi abashoboye bakarenzaho agatabi. Ibyo bikaba kuva ku wa Mbere kugera ku wundi wa Mbere, ubuzima bukaba ubwo.

Uretse ibyo kuganira, urubuga rwa SnapChat ni hamwe urubyiruko rwinshi rugaragariza agahinda karwo kuko benshi bahahurira bafite ibikomere bimwe bigatuma bisanzura bakavuga byose.

Patricko ni umwe mu bakoresha urubuga rwa SnapChat aho afite content igira iti “Ruhura umutima” aho buri umwe aza akandika ku bimuremereye umutima, abantu bakamugira inama.

Muri ibyo biremereye urubyiruko baba bagishamo inama, 90% ni ibyerekeye ibikomere bagize mu rukundo, abadashoboye mu gikorwa cyo gutera akabariro, abanyweye inzoga zikabatamaza…

Iyo umukobwa wo muri Kigali abonye imihango, ashima Imana nk’utsindiye isoko rya miliyari. Umwe mu bashimye Imana yagize ati “Mumpere Imana icyubahiro irongeye ingirira icyizere mbona period (Imihango) pe.”

Uretse uyu wabonye imihango, n’utushije gato agatwara inda, ayikuramo mu kanya nk’ako guhumbya. Hari uwigeze kwandika ati “Mungire inama mutamputaje, hari ikintu bitwaye gukora abortion (Gukuramo inda) nko mu kwa 2 hanyuma mu kwa 3 periods (imihango) ikaza noneho ukundi kwezi ntize?”

Gukuramo inda ntibiba isomo ngo babireke ahubwo byabaye kimwe mu bintu buri muntu wese agomba gucamo, kuko biraba none ejo bakiyongeza. Hari uwanditse ngo “Hari umuhungu natwariye ariko twayikuyemo ariko sha umu…nzi ntiyampa n’igiceri n’iki cy’ijana arangije aragaruka. Abahungu nta soni mugira pe.”

Yaba abakobwa bibana n’ababa mu ngo z’ababyeyi babo, ubanza nta n’umwe wasigaye inyuma kuko benshi bakora ayo mabi. Hari uwanditse ngo “Nasabaga agahushya ngo ngiye mu bukwe nkagenda nikoreye heels z’ubukwe kugira ngo ntataha bakambaza uko nagiye nambaye kumbe ngiye kumara umunsi nawe (Umukunzi we) ahubwo ku bw'amahirwe ntabwo bambazaga amafoto y’abakoze ubukwe umenya nari kuyakura kuri google.”

Gucana inyuma ntibikiri ikizira mu rubyiruko ahubwo ibintu byose byabaye ‘win win’ niba aguciye inyuma, nawe uhita umuca inyuma ubuzima bugakomeze. Ikindi kandi, nta nshuti, nta muvandimwe wo kwizerwa, bose baguca inyuma ku mukunzi wawe.

Hari uwagize ati “Uvuze mubyara wawe waguciye inyuma kuri chr wawe nibuka ukuntu mubyara wa chr wange yaje kudusura chr arwaye aryamye, mubyara we akajya yigisha mu cyumba amwibarisha uko ameze, baje kurya akantu kitwa vuba vuba nicaye muri salon.”

Ingano y’igitsina ku basore byabaye ikibazo cy’ingutu aho buri wese ubu arajwe ishinga no gushaka uko yagira igitsina kinini kugira ngo ajye yemeza inkumi za Kigali kandi inkumi z’inaha nazo zikibona ko ubugabo ari buto, zihita zigenda ziruka.

Kugira ngo umukobwa wa Kigali yemere gushyingiranwa n’umusore yabonye afite igitsina gito, bisaba guterana kw’imiryango n’igitutu kidasanzwe cyangwa se uwo musore akaba afite amafaranga yo kujya amuhonga ubundi nyamugore akigira mu bamuhagije.

Hari uwanditse agira ati “Nari mu rukundo n’umusore wabaga hanze mu myaka 2, ubwo yagarukaga twagiranye ibihe byiza ariko iyo hasi ni umwana muto pe gusa afite amafaranga. Icyatumye ntamukatira ni uko imiryango yari ibizi yose.”

Kunoza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ni cyo kintu urubyiruko rwitayeho mu kunoza kurusha uko runoza akazi. Kwiga tekenike nshya, amavuta aryoshya igikorwa…

Hari uwanditse abaza ati “Bakobwa, ni hehe mugurira lube (Amavuta akoreshwa mu gikorwa cy’imiboano mpuzabitsina)? Mugura ubuhe bwoko cyangwa bw’uruhe ruganda kubera ko ngewe iyo nkoresha intera infections.”

Ntawe ugitinya umukoresha we kuko no mu bakuze byagezemo aho benshi bashobora kwigamba ko bazasambanya abakoresha babo aho kugira ngo abakoresha basambanye abakoreshwa nk’uko byahoze.

Uwanditse yagize ati “Boss wanjye mba mbona nzamurya umunsi umwe. Ni ukuri pe.”

Benshi mu barara bavugira kuri telefone, nta biganiro bizima baba barimo byabubaka ahubwo baba bavuga ibishegu akenshi biganisha ku busambanyi.

Uwaruhuye umutima yagize ati “Akajama k’ubufu kandarure kanjyane muri situationship, kamvugishe ibishegu bitabaho amezi 8 yose twararaga tuvuga nkaryama saa cyenda, ku kazi k’abandi nkagerayo saa tanu turi muri ibyo biganiro.”

Uretse kuvuga, inkumi ya Kigali ishobora kumara ukwezi itarya kugira ngo igire imiterere myiza ishobora gukurura abasore cyangwa se ikibagisha kugira ngo ibakurure.

Hari uwanditse agira ati “Ese Guys, ko mumenya byose mwaba muzi ahantu bagabanyiriza amabere? Niba muhazi mumbwire igiciro.” Patricko asubiza ati “Amanyonyo ni Miliyoni 3.65 naho Lipo Tummy ni 3.75M”

Amayoga yo ntiwayavuga kuko benshi mu rubyiruko barara ubusa ariko ntibarare badasomye byibuze umusa umwe w’inzoga.

Kimwe mu bishobora kuba bitera ibyo byose, ni uko hari abafite umwanya wo gupfusha ubusa bituma bakora ibidafite akamaro muri uwo mwanya upfa ubusa, kwihuta kw’iterambere ry’ikoranabuhanga…

 

 Gukuramo inda mu rubyiruko rw'ubu, byabaye ibintu byoroshye cyane 


Umukobwa wabonye imihango aba ari mu mashimwe atagira ingano

Bakuramo inda bagakomeza iyo mico mibi ntacyo bikanga

Abavandimwe n'inshuti basigaye bacanana inyuma 

Icyubahiro ku bakoresha cyarayoyotse

Ibiganiro byinshi by'urubyiruko rw'iyi minsi ni ibiganisha mu busambanyi 

Ubuze uko asambana arikinisha 

Hari ingo nyinshi zubakira kuri baranzi ntabwo nakwiteranya

Benshi barwana intamba y'imiterere myiza kugira ngo babe bakurura abagabo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...