Uyu
Munyamerika w’imyaka 30 ukinira RSSB Tigers BBC, ntabwo ari kuvugisha benshi
kubera amanota menshi ari gutsinda muri Basketball Africa League (BAL 2026)
gusa, ahubwo ari no kubaka izina rikomeye riri gukurura ibigo bikomeye
by’ubucuruzi n’abakunzi ba siporo muri rusange.
Mu
ijoro ryo ku wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2026, Randall II yagaragaye mu birori
byihariye byabereye i Kigali, aho yari aherekejwe n’umugore we, mu muhango
waranzwe n’akanyamuneza ndetse n’icyizere cy’ejo hazaza he muri siporo.
Uyu
mukinnyi uri mu bafite amazina ari kuvugwa cyane muri BAL yageze muri aya
marushanwa afite intego yo gufasha RSSB Tigers gukora amateka, ariko ubu ibintu
byarenze ibyo benshi bari biteze.
Mu
mikino ibiri gusa iyi kipe imaze gukina mu cyiciro cya nyuma cya BAL kiri
kubera muri BK Arena, Randall II yari amaze gutsinda amanota 81, ibintu
byafashije RSSB Tigers kubona itike ya ½ cy’irangiza ndetse bikomeza gutuma
abafana bayo bagira icyizere cyo gukora amateka mashya ku rwego rwa Afurika.
Uyu
mukinnyi yananditse amateka mashya muri BAL ubwo yatsindaga amanota 54 mu
mukino umwe, harimo amanota y’amanota atatu 11, mu mukino RSSB Tigers
yatsinzemo Dar City yo muri Tanzania.
Ni
imibare yatumye benshi batangira kubona uyu mukinnyi nk’umwe mu bari ku rwego
rwo hejuru muri Basketball nyafurika muri iki gihe.
Nubwo
ibikorwa bye biri kuvugirwa cyane mu kibuga, Randall II agaragaza ko inyuma
y’intsinzi ze hari abantu benshi bamufasha gukomeza gutera imbere.
Mu
butumwa bwe, yavuze ko ibihe ari kunyuramo mu Rwanda ari iby’agaciro gakomeye
kuri we no ku muryango we.
Yagaragaje
ko gukinira RSSB Tigers byamufunguye amarembo mashya, ndetse ashimangira ko
uburyo yakiriwe n’abafana n’abaturage muri rusange biri mu bintu atazibagirwa
mu rugendo rwe rwa Basketball.
Ati:
“Ntabwo buri wese yakumva ibihe ndi kubamo ubu. Njye na bagenzi banjye
turashyigikiwe cyane, kandi kubona abantu bishimira ibyo dukora bituma
turushaho gukomeza guhatana.”
Mu
birori byabaye, hari harimo n’umubyeyi wa Randall II, wavuze amagambo yuzuye
ishema n’amarangamutima, agaragaza uburyo yishimira urugendo umuhungu we
agezemo.
Yanashimiye
James Maye Jr., uri mu batoza bari gufasha RSSB Tigers muri BAL 2026, avuga ko
yabaye umwe mu bantu bagize uruhare runini mu kuzamura impano y’umuhungu we
kugeza ageze ku rwego mpuzamahanga.
Mu
bandi bari bahari kandi harimo n’umugore wa Randall II, wakomeje kugaragara
iruhande rwe muri ibi bihe byiza ari kunyuramo.
Uyu
mugore yavuze ko yishimira kubona umugabo we ari gukora amateka muri Afurika,
ndetse ashimangira ko azakomeza kumuba hafi no kumushyigikira mu rugendo rwe
rwa siporo n’ubuzima muri rusange.
Mu
gihe RSSB Tigers yitegura umukino wa ½ cy’irangiza izahuramo na Al Ahly yo mu
Misiri, abafana benshi bakomeje guhanga amaso Randall II nk’umukinnyi ushobora
gukomeza guhindura amateka y’iyi kipe y’i Kigali.
Uretse
kuba ari umwe mu bakinnyi bari kuvugisha benshi muri BAL 2026, Randall II
akomeje no kwagura ibikorwa bye hanze y’ikibuga, aho aherutse kugirana
imikoranire y’igihe kirekire n’ikigo cya FLEXX, gisanzwe gikora kinacuruza
imyambaro ya siporo muri Afurika.
Ni amasezerano yashyiriweho umukono i Kigali, aho ubuyobozi bwa FLEXX bwavuze ko bwahisemo gukorana na Randall II kubera uburyo ari kwitwara muri BAL ndetse n’uruhare rwe mu kwamamaza Basketball nyafurika ku rwego mpuzamahanga.

Leonard
Craig Randall II ari kwandika amateka muri BAL 2026, hanze y’ikibuga na ho
akomeje gufungura andi marembo mashya






Sarrah akunze kugaragara ashyigikira umukunzi we mu mikino yose RSSB Tigers iba yakiniye muri BK Arena n'ahandi

