Ku wa Kabiri saa Tatu z’ijoro ni bwo kuri Civitas Metropolitano ikipe ya Atletico Madrid yari yakiriye FC Barcelona mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cya UEFA Champions League 2025/2026.
FC Barcelona yatsinze ibitego 2-1 ariko birangira isezerewe bitewe n’uko mu mukino ubanza Atletico Madrid yari yatsinze ibitego 2-0.
Nyuma y’uyu mukino,Lamine Yamal abinyujije ku rubuga rwa Instagram yageneye ubutumwa abafana ba FC Barcelona. Yavuze ko bari batanze ibyabo byose gusa bikaba bitari bihagije.
Ati: ”Twaritanze byose ariko ntabwo byari bihagije. Ibi ni bimwe mu bigize inzira : kugira ngo ugere ku gasongero, ugomba kuzamuka, kandi tuzi ko bitaba byoroshye kandi ko bitazatworohera.”
Yavuze ko gucika intege atari amahitamo ndetse ko hari byinshi byo kwishimira.
Ati:”Gucika intege ntabwo ari amahitamo. Dufite byinshi byo kwishimira.Buri kosa ni isomo kandi ntabwo nshidikanya ko twigira kuri buri kosa.”
Lamine Yamal Yashimangiye ko bagomba kuzasubiza FC Barcelona aho ikwiye kuba iri.
Ati:”Turi Barça, kandi tuzagaruka aho tugomba kuba”.

Lamine Yamal yababajwe cyane no kuba basezerewe na Atletico Madrid
