Lamine Yamal yagaragaje agahinda nyuma y’indirimbo yaririmbwe n’Abafana ivangura Abayisilamu

Imikino - 01/04/2026 1:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Lamine Yamal yagaragaje agahinda  nyuma y’indirimbo yaririmbwe n’Abafana ivangura Abayisilamu

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Espagne na FC Barcelona, Lamine Yamal, yamaganye imyitwarire y’abafana bamwe bagaragaje ivangura rishingiye ku idini mu mukino wabahuje na Misiri.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026 mu mukino wa gicuti wabereye kuri RCDE Stadium muri Espagne. Muri uyu mukino warangiye ikipe y’igihugu ya Espagne inganya na Misiri 0-0, humvikanye abafana baririmba indirimbo igira iti: “udasimbuka ni umuyisilamu.”

Ibi byababaje Lamine Yamal usanzwe ari Umuyisilamu ndetse ubwo igice cya mbere cyari kikirangira yahise asimbuzwa ava mu kibuga atishimye. Nyuma y’ibi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu uyu mukinnyi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ko nubwo ibi byavuzwe atariwe byari bigenewe ku giti cye ariko byamukoze ku mutima nk’umuntu ufite iyo myemerere.

Yagize ati: “Njye ndi Umuyisilamu, alhamdulillah. Ibyabaye ejo ntabwo byari bikwiye. Nzi ko byari bigamije gutera imbaraga ikipe yabo, ariko gukoresha idini nk’urwenya ni ukuritesha agaciro no kugaragaza ubujiji n’ivangura.”

Yakomeje ashimangira ko umupira w’amaguru ukwiye kuba urubuga rwo kwishima, guhuza abantu no kubaka ubumwe, aho kuba ahantu ho gukwirakwiza ivangura n’imvugo zibabaza abandi.

Lamine Yamal yanashimiye abafana bose bakomeje gushyigikira ikipe mu buryo bwiza, anabizeza ko bazakomeza guharanira gutsinda no kwitwara neza mu marushanwa ari imbere arimo n’Igikombe cy’Isi.

Lamine Yamal yagaragaje ko mu mupira hadakwiye kuba ahantu ho gukwirakwiza ivangura n’imvugo zibabaza abandi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...