Byatanzwe
mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 7 Nzeri 2025, mu mugoroba wagaragayemo
ishusho y’abagore mu muziki, ndetse ukaba waranzwe no guha icyubahiro abahanzi
bamaze imyaka myinshi mu ruganda rw’imyidagaduro.
Lady Gaga, wari uhataniye ibihembo byinshi kurusha abandi (12), niwe watwaye igihembo
cya
mbere cy’umuhanzi w’umwaka (Artist of the Year). Yatsinze
abarimo Taylor Swift, Bad Bunny na Beyoncé, bose batari bitabiriye uyu muhango.
Uyu muhanzikazi wamenyekanye mu ndirimbo ‘The
Disease’
yatuye iki gihembo abafana be ndetse n’umukunzi we Michael Polansky, mbere yo kujya mu gitaramo
cya nyuma cy’urugendo rwe rwa Mayhem Tour cyabereye i Madison Square Garden.
Mu ijambo rye hari aho yavuze ati “Biragoye gusobanura icyo ibi
bimaze kuri njye. Nizeye ko mu gihe mukomeza kunshyigikira mu mayira
y’ubuzima bwa buri munsi, muzajya mwibuka akamaro ku bugeni
bw’ubuzima bwanyu, kandi mukizera ko mufite ubushobozi bwo gukomeza kubaho mu
buzima bwanyu bworoshye.”
Ku ruhande rwe, Ariana Grande yegukanye igihembo cya Video nziza yubakiye
ku mudiho wa Pop ‘Best Pop Vide’ ndetse n’igihembo gikomeye cy’indirimbo y’amashusho
y’umwaka (Video of the Year), abikesha indirimbo ye ‘Brighter Days Ahead’.
Yacyakiriye ari kumwe n’umuyobozi wayo Christian
Breslauer, maze mu ijambo rye ashimangira ko uwo mushinga ugaruka ku rugendo
rwo gukira ibikomere bitandukanye. Yagize ati: “Niba uri kuri urwo rugendo,
komeza, ndakwizeza ko hari iminsi myiza imbere.”
Sabrina Carpenter nawe ntiyasigaye, kuko yahawe igihembo cya Album y’umwaka (Album
of the Year) kubera ‘Short n’
Sweet’ ndetse
na ‘Best Pop
Artist’.
Ibihembo bihuriweho nabyo byari mu by’ingenzi:
Indirimbo ‘Die With A Smile’ ya Lady
Gaga na Bruno Mars yahawe igihembo cya ‘Best Collaboration’, mu gihe ‘Apt’ ya Bruno
Mars afatanyije na Rosé wo muri Blackpink yegukanye igihembo cy’indirimbo y’umwaka ‘Song of
the Year’. Rosé
yavuze ko ari intsinzi ikomeye ku mukobwa w’imyaka 16 wigeze kurota kwakirwa mu
buryo bungana n’abandi.
Uyu muhango kandi wahaye
umwanya abahanzi mpuzamahanga, harimo J Balvin na DJ Snake bakoranye
indirimbo ‘Noventa’, itsinda
mpuzamahanga Katseye ryatsindiye ‘Push
Performance of the Year’, naho Post Malone na Jelly Roll
baje gutaramira abari i Munich, baririmba indirimbo yabo Losers.
Ibyiciro by’icyubahiro byahawe abahanzi bakomeye
bamaze imyaka myinshi barigaragaje mu muziki:
Ricky Martin yahawe Latin Icon Award maze asubiramo
indirimbo ze zakanyujijeho nka La Vida Loca, Maria na The Cup of Life.
Ibirori
byasojwe no guha icyubahiro Mariah Carey, wahawe ‘Video
Vanguard Award’, ayishyikirizwa n’umukunzi we mu muziki
Ariana Grande. Yagize ati: “Sinzi impamvu mbonye VMA yanjye ya mbere uyu munsi.
Ariko reka mvuge ibi: bari bategereje iki igihe cyose?”
Habayeho
kwibuka kandi Ozzy Osbourne watabarutse muri Nyakanga
2025, aho Yungblud yasubiyemo indirimbo ze zakunzwe nka Crazy Train na Changes,
afatanya na Steven Tyler na Joe Perry ba Aerosmith baririmba Mama, I’m Coming
Home.
Abandi
bataramiye abari aho barimo Doja Cat, Tate McRae,
Sabrina Carpenter, Sombr, Conan Gray ndetse na Alex Warren wahawe Best New
Artist mbere y’umuhango, aririmba indirimbo ye Ordinary imaze igihe kirekire ku
mwanya wa mbere.
Uyu
muhango wamaze masaha atatu gusa, wagaragaje
uburyo abagore bakomeje kuba ku isonga mu muziki
w’ubu.
Ariana Grande yegukanye igihembo cy’indirimbo y’amashusho
nziza y’umwaka ‘Video of the Year’ muri MTV VMAs 2025
Lady Gaga yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo MTV Video
Music Awards 2025, aho igihembo cye yagituye umukunzi we
Rosé
yakiriye igihembo cy’indirimbo nziza y’umwaka (Song of
the Year) kubera
indirimbo
Apt yakoranye na Bruno Mars
Sabrina
Carpenter yaririmbye mu muhango wo gutanga ibihembo bya MTV Video Music Awards
2025
Yungblud, Steven Tyler na Joe Perry baririmbye mu gikorwa cyahaye icyubahiro nyakwigendera Ozzy Osbourne
Mariah Carey yahawe igihembo cy’ishimwe ryo ku rwego rwo hejuru (Lifetime Achievement Award) ku munsi by’umwihariko wahaye agaciro cyane abahanzi b’abagore