Ni
nyuma y’uko urukiko rukorera mu gace ka Ikorodu muri Leta ya Lagos rwari
rwamaze kwemeza Laboratwari eshatu zo mu Bwongereza no muri Leta Zunze Ubumwe
za Amerika zizakora iri suzuma, hagamijwe gukemura impaka zimaze igihe hagati
ya se w’uyu muhanzi, Joseph Aloba, n’umugore we, Wunmi.
Mu
zo urukiko rwari rwemeje harimo Advanced Histopathology Laboratory Limited yo
mu Bwongereza, mu gihe Wunmi yari yatanze Alpha Bio Labs, naho Joseph Aloba
agahitamo DNA Diagnostics Centre yo muri Amerika.
Gusa,
amakuru mashya yagaragajwe n’umwunganizi mu mategeko wa se wa Mohbad, Oladayo
Ogungbe, avuga ko Laboratwari ebyiri zo mu Bwongereza, Advanced Histopathology
Laboratory Limited na Alpha Bio Labs, zatangaje ko zidashobora gukora isuzuma
rya DNA rifata ku mubiri w’umuntu wapfuye.
Uyu
munyamategeko yavuze ko ibi byamenyekanye nyuma y’ubushakashatsi bw’ibanze
bwakozwe n’abahagarariye Joseph Aloba bagamije kumenya niba izi Laboratwari
zifite ubushobozi bwo gukora iryo suzuma ryihariye.
Ibi
bije byiyongera ku rujijo rukomeje kuzenguruka urupfu rwa Mohbad wapfuye mu
buryo butunguranye muri Nzeri 2023 agahita anashyingurwa bukeye bwaho.
Nyuma
y’igitutu cy’abaturage basabaga ukuri ku rupfu rwe, umurambo we waje gukurwa mu
mva nyuma y’iminsi irindwi kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse.
Kuva
icyo gihe, Joseph Aloba yakomeje gusaba ko hakorwa isuzuma rya DNA ku mwana
witwa Liam, mu rwego rwo kwemeza niba koko ari uwe.
Nubwo
bimeze gutyo, kuba Laboratwari ebyiri zikomeye zanze gukora iri suzuma
bishobora kongera kudindiza uru rubanza, ndetse bikarushaho gutinza igisubizo
ku bibazo bikomeje kuvugisha benshi ku rupfu n’umuryango wa Mohbad nk’uko bivugwa
n’ikinyamakuru Daily Post cyo muri Nigeria.

Ibibazo
ku rupfu rwa Mohbad bikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko Laboratwari ebyiri
zo mu Bwongereza zanze gukora DNA ku mwana uvugwa ko ari uwe, ibintu bishobora
kurushaho kudindiza ukuri gushakishwa n’umuryango we
