Kylian Mbappé ararebana n’agahigo ka Cristiano Ronaldo muri Real Madrid kari kamaze imyaka 12

Imikino - 18/12/2025 9:04 AM
Share:

Umwanditsi:

Kylian Mbappé  ararebana n’agahigo ka Cristiano Ronaldo muri Real Madrid kari kamaze imyaka 12

Kylian Mbappé ararebana n’agahigo kari karashyizweho na Cristiano Ronaldo muri Real Madrid muri 2013 ko gutsinda ibitego byinshi mu mwaka umwe.

Ku munsi w'ejo ni bwo Real Madrid yatsinze CF Talavera de la Reina ibitego 3-2 muri Copa del Rey. Muri ibi bitego harimo bibiri bya rutahizamu Kylian Mbappé mu gihe ikindi kimwe ari myugariro wa CF Talavera de la Reina wacyitsinze.

Nyuma y’umukino, umutoza Xabi Alonso yasobanuye impamvu yakomeje gukinisha Mbappé iminota yose, avuga ko yari ngombwa kubera uruhare rukomeye yagize mu ntsinzi.

Ati: “Mbappé yari ingenzi cyane kubera ibitego bye. Ahora afite inyota yo gutsinda. Igitego cya gatatu cyabaye ingenzi cyane, ni yo mpamvu twakomeje kumugumana mu kibuga”.

Ibi bitego Mbappé yatsinze byatumye agira ibitego 58 amaze gutsindira Real Madrid muri 2025. Ibi byahise bituma abura igitego kimwe gusa ngo agira ibitego 59 Cristiano Ronaldo yatsindiye iyi kipe muri 2013 aho aribyo bitego byinshi mu mateka umukinnyi yayitsindiye mu mwaka umwe.

Mbappé azagira amahirwe yo gushyiraho amateka mashya naramuka atsinze mu mukino bazakiramo FC Sevilla ku wa Gatandatu muri shampiyona.

Nubwo Real Madrid imaze gutsinda imikino ibiri yikurikiranya muri iki cyumweru, harimo n’intsinzi ya 2-1 batsinze Alavés muri LaLiga ariko imikinire yabo iracyavugwaho kuba itanyuze benshi.

Xabi Alonso yemeye ko ikipe igifite ikibazo cyo kudahagarara ku rwego rumwe mu mukino wose, avuga ko bakeneye gukura isomo muri ibi bihe.

Kylian Mbappe ari mu nzira zo gukuraho agahigo ka Cristiano Ronaldo yashyizeho muri 2013




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...