Ku munsi w'ejo ni bwo Real Madrid yatsinze CF Talavera
de la Reina ibitego 3-2 muri Copa del Rey. Muri ibi bitego harimo bibiri bya rutahizamu Kylian Mbappé mu gihe
ikindi kimwe ari myugariro wa CF Talavera de la Reina wacyitsinze.
Nyuma y’umukino, umutoza Xabi Alonso yasobanuye
impamvu yakomeje gukinisha Mbappé iminota yose, avuga ko yari ngombwa kubera
uruhare rukomeye yagize mu ntsinzi.
Ati: “Mbappé yari ingenzi cyane kubera ibitego bye. Ahora
afite inyota yo gutsinda. Igitego cya gatatu cyabaye ingenzi cyane, ni yo mpamvu
twakomeje kumugumana mu kibuga”.
Ibi bitego Mbappé yatsinze byatumye agira ibitego 58
amaze gutsindira Real Madrid muri 2025. Ibi byahise bituma abura igitego kimwe
gusa ngo agira ibitego 59 Cristiano Ronaldo yatsindiye iyi kipe muri 2013 aho
aribyo bitego byinshi mu mateka umukinnyi yayitsindiye mu mwaka umwe.
Mbappé azagira amahirwe yo gushyiraho amateka mashya
naramuka atsinze mu mukino bazakiramo FC Sevilla ku wa Gatandatu muri
shampiyona.
Nubwo Real Madrid imaze gutsinda imikino ibiri
yikurikiranya muri iki cyumweru, harimo n’intsinzi ya 2-1 batsinze Alavés muri
LaLiga ariko imikinire yabo iracyavugwaho kuba itanyuze benshi.
Xabi Alonso yemeye ko ikipe igifite ikibazo cyo
kudahagarara ku rwego rumwe mu mukino wose, avuga ko bakeneye gukura isomo muri
ibi bihe.

Kylian Mbappe ari mu nzira zo gukuraho agahigo ka Cristiano Ronaldo yashyizeho muri 2013
