Ukraine: Abantu 9 bahitanywe n'ibitero by'u Burusiya, Kiliziya y'amateka irashya

Iyobokamana - 15/06/2026 10:53 AM
Share:

Umwanditsi:

Ukraine: Abantu 9 bahitanywe n'ibitero by'u Burusiya, Kiliziya y'amateka irashya

Abantu bagera ku icyenda bahitanywe n'ibitero bishya by'u Burusiya byagabwe muri Ukraine mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru rishyira ku wa Mbere, mu gihe Kiliziya y'amateka ifite agaciro gakomeye ku gihugu cya Ukraine yangiritse bikomeye.

Abayobozi ba Ukraine batangaje ko abantu bane biciwe mu murwa mukuru Kyiv, mu gihe abandi batanu bari abashinzwe ubutabazi bahitanywe n'igitero cyagabwe mu mujyi wa Kharkiv ubwo bari bari kugerageza kuzimya inkongi y'umuriro yari yatewe n'ibisasu by'u Burusiya.

Mu byangiritse harimo na Kiliziya ya Dormition Cathedral yo mu kinyejana cya 11, iri mu kigo cy'abihaye Imana cya Kyiv Pechersk Lavra, kimwe mu bimenyetso bikomeye by'amateka, umuco n'idini muri Ukraine.

Minisitiri w'Intebe wa Ukraine, Yulia Svyrydenko, yamaganye icyo gitero, avuga ko ari "igitero cy'ubugome cyibasiye abaturage n'umurage ndangamateka w'igihugu."

Mu mujyi wa Kyiv, ibitero by'indege zitagira abapilote n'ibisasu bya misile byateje inkongi z'umuriro mu nyubako zitandukanye no mu modoka nyinshi.

Inkuru dukesha ikinyamakuru BBC News ivuga ko, umuyobozi w'umujyi wa Kyiv, Vitali Klitschko, yatangaje ko abantu barenga 140,000 basigaye badafite amashanyarazi nyuma y'ibi bitero.


Abantu nibura 23 bakomerekeye muri Kyiv, mu gihe abandi batanu bakomerekeye mu mujyi wa Kharkiv.

Mu bice byinshi bya Ukraine, abaturage basabwe kujya mu bwihisho nyuma y'uko hatanzwe impuruza z'ibitero byo mu kirere.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Ukraine, Andrii Sybiha, yatangaje ko igihugu cye kigiye kwegera inzego mpuzamahanga zirimo UNESCO kugira ngo harebwe uburyo hafatwa ingamba ku byangijwe n'ibi bitero.

Yagize ati: "Tuzatangiza byihutirwa inzira zose zishoboka muri UNESCO no mu zindi nzego mpuzamahanga kugira ngo iki gikorwa cy'ubugome gihabwe igisubizo gikwiye."

Kiliziya ya Dormition Cathedral ifatwa nk'umwe mu murage ndangamateka ukomeye muri Ukraine kandi ikaba ikurura ba mukerarugendo n'abasura igihugu baturutse hirya no hino ku isi.

Mu rwego rwo gukaza umutekano nyuma y'ibi bitero, igihugu cya Poland gihana imbibi na Ukraine cyatangaje ko cyohereje indege z'intambara mu kirere ndetse gishyira ku murongo wa gisirikare uburyo bwacyo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere.

Abayobozi ba Poland bavuze ko icyo cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kwirinda ingaruka zishobora guterwa n'ibitero biri kubera hafi y'umupaka.

Mu gihe u Burusiya bwagabaga ibi bitero muri Ukraine, na Ukraine yatangaje ko yagabye igitero cy'indege zitagira abapilote mu mujyi wa Tula, uri mu majyepfo ya Moscow.

Abayobozi b'u Burusiya batangaje ko icyo gitero cyahitanye abantu batatu, abandi batatu barakomereka, barimo umwana w'umwaka umwe.

Ibi bitero bibaye mu gihe abayobozi b'ibihugu bikize ku isi bagiye guhurira mu nama ya G7, aho ikibazo cy'intambara ya Ukraine kiri mu byo bazaganiraho.

Ku Cyumweru, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko yagiranye ibiganiro na Donald Trump ku buryo intambara ishobora kurangizwa.

Intambara hagati y'u Burusiya na Ukraine yatangiye muri Gashyantare 2022, ubwo Perezida w'u Burusiya, Vladimir Putin, yatangizaga igitero cya gisirikare cyagutse kuri Ukraine.

Nyuma y'imyaka irenga ine y'imirwano, impande zombi zikomeje kugabwaho ibitero bikomeye, mu gihe ibiganiro byo gushaka amahoro bitaragaragaza umusaruro uhamye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...