Kwizera Olivier akuwe mu bakinnyi bagiye gukina na Gorilla FC kubera iryinyo

Imikino - 15/05/2026 4:12 PM
Share:
Kwizera Olivier akuwe mu bakinnyi bagiye gukina na Gorilla FC kubera iryinyo

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, yakuwe mu bakinnyi biteganyijwe gukina umukino ikipe ye ihuramo na Gorilla FC kuri uyu wa Gatanu kubera uburwayi bw’iryinyo.

Kwizera yari yageze hamwe n’abandi bakinnyi bitegura uyu mukino, gusa nyuma y’isuzuma ryakozwe hafatwa icyemezo cyo kudakina kubera ikibazo cy’iryinyo kirimo kumubuza kuba ameze neza ku kigero cyo gukina.

Uyu munyezamu ni umwe mu bakinnyi bamaze igihe bafatiye runini Rayon Sports cyane mu mikino itandukanye, aho yagize uruhare rukomeye mu kurinda izamu ry’iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino.

Mu banyezamu Rayon Sports iri kwifashisha kuri uyu mukino harimo Mugisha Yves na Ishimwe Patrick. Amakuru ahari kugeza ubu aravuga ko Ishimwe Patrick ari we uri butangire mu izamu rya Rayon Sports muri uyu mukino uteganyijwe kubera kuri Kigali Pele Stadium saa 18:30.

Rayon Sports irakira Gorilla FC mu mukino ukomeye amakipe yombi ashakamo intsinzi mu rugamba rwo gukomeza gusoza neza umwaka w’imikino.

Kwizera Olivier akuwe mu bakinnyi bagiye gukina na Gorilla FC kubera Iryinyo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...