Kwizera Jojea yongeye kugaragara mu ikipe y’icyumweru muri USL Championship

Imikino - 27/05/2026 3:53 PM
Share:

Umwanditsi:

Kwizera Jojea yongeye kugaragara mu ikipe y’icyumweru muri USL Championship

Jojea Kwizera yongeye gushyirwa mu Ikipe y’Icyumweru ya USL Championship nyuma yo gufasha Rhode Island FC gutsinda Brooklyn FC ibitego 4-1, aho muri uwo mukino Jojea yatsinzemo ibitego bibiri.

Uyu munyarwanda ukina ku ruhande mu kibuga yafunguye amazamu ku munota wa 38, atsinda igitego cya mbere cyafashije Rhode Island FC gutangira kwiharira umukino. Nyuma yaho yongeye gutsinda ikindi gitego cyiza cy’ishoti rikomeye, iki igitego kandi cyanatorewe kuba mu bihatanira igitego cyiza cy’Icyumweru.

Kwizera yatsinze ibi bitego byombi mu gihe bagenzi be aribo JJ Williams na Nick Scardina, nabo bagize uruhare rukomeye muri uyu mukino watumye Rhode Island FC ibona intsinzi ikomeye imbere ya Brooklyn FC.

Rhode Island FCyatangaje ko Kwizera, Williams na Scardina bose bashyizwe mu Ikipe y’Icyumweru cya 12 ya USL Championship, ibi akaba ari ubwa mbere bibaye mu mateka ko Iyi kipe igira abakinnyi 3 mu ikipe y’icyumweru muri iyi shampiyona.

Kwizera amaze gutsinda ibitego bitanu muri uyu mwaka wa shampiyona, ndetse uyu mukino wanabaye uwo yatsinzemo ibitego bibiri bwa mbere kuva yagera muri Rhode Island FC. Ni ku nshuro ya kabiri agaragara mu ikipe y’ icyumweru muri iyi shampiyona.


Kwizera Jojea yongeye kugaragara mu ikipe y’icyumweru muri USL Championship nyuma yo gutsinda ibitego bibiri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...