Ubu
iri rushanwa riri gutegurwa na Embrace Africa Rwanda Ltd iyobowe na Igor Reda
na Paulette Reda, rikaba rigamije guhuza abakobwa bafite impano n’ibigo
bitandukanye bibafasha kwiteza imbere mu buryo bw’umwuga n’ubw’imari.
Abategura
iri rushanwa bavuga ko kuri iyi nshuro, iri rushanwa rizanye impinduka, cyane
cyane mu buryo abakandida bazajya bahuzwa n’ibigo bitandukanye bibafasha mu
rugendo rwabo rw’iterambere.
Kwiyandikisha
byatangiye tariki 25 Kamena 2026, bikazasozwa tariki 15 Nyakanga 2026.
Abategura basaba abakobwa kwihutira kwiyandikisha.
Umukobwa
ushaka kwiyandikisha asabwa: Kohereza ifoto ye, Gutanga amazina ye yose, no kugaragaza
imyaka ye. Ushobora no guhamagara kuri nimero: 0795 924 009
Abifuza
kwitabira bagomba kuba: Ari abakobwa, bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25, biyemeje
kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga irushanwa, ndetse ntabwo bagomba kuba
barigeze gukurikiranwa n’amategeko.
Utsinze
iri rushanwa azahabwa ibihembo birimo: 1,500,000 Frw, amahirwe yo guhagararira
u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga afitanye imikoranire na Rwanda Global
Diversity.
Nk’uko
abategura babitangaje, gahunda y’iri rushanwa izagenda ku buryo bukurikira: Kwiyandikisha:
Birakomeje kugeza 15 Nyakanga 2026. Igihe cyo gutora (Voting): 20 Nyakanga – 08
Kanama 2026. Icyiciro cya nyuma cyo gutora: 10 Kanama – 22 Kanama 2026.
Abategura
bavuga ko icyiciro cya ‘voting’ kitaragera, bakibanda cyane ku cyiciro cyo
kwiyandikisha kugira ngo abakandida bose babone amahirwe angana yo kwinjira mu
irushanwa.

Kwiyandikisha muri Rwanda Global Diversity 2026 birakomeje, abakobwa bafite imyaka 18–25 barasabwa kwihutira kwiyandikisha umwanya mbere y’itariki ya 15 Nyakanga 2026

Iri
rushanwa rizatanga amahirwe yo kwiteza imbere no guhagararira u Rwanda ku rwego
mpuzamahanga
