Kwitwa kimwe na Dendo (Turkey), Loni yemeje ko izina rya Turukiya rihinduka ikaba Türkiye

Hanze - 03/06/2022 8:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Kwitwa kimwe na Dendo (Turkey), Loni yemeje ko izina rya Turukiya rihinduka ikaba Türkiye

Turukiya yahinduye izina riva kuri “Turkey " rihinduka “Türkiye ", bikorwa mu rwego rwo kuzamura agaciro k’igihugu ariko no gukuraho izina rimaze ibinyejana byinshi baryitiranya n’inyoni zizwi cyane, zo muri Amerika y’amajyaruguru zizwi nka ‘dendo’.

Ku wa gatatu, Umuryango w’Abibumbye watangaje ko wanditse “Türkiye " nk'izina rishya rya Turukiya. Umuvugizi w’Umuryango w’Abibumbye, Stephane Dujarric aganira n’ikigo cya Anadolu cyo muri Turukiya, yavuze ko bakiriye ibaruwa yemewe y’abayobozi ba Turkiya bashaka guhindura izina ry’igihugu kandi yarasuzumwe kuva ibaruwa yakirwa.

Ubu “Türkiye " izakoreshwa mu ndimi zose z'amahanga, kandi izina ryuzuye ry'igihugu rizaba “Repubulika ya Türkiye ". Guverinoma yatangiye gushyira mu bikorwa ingamba zo guhindura izina ry’iki gihugu kuva muri Mutarama, igamije kuzamura isura nziza y’igihugu.

Itangazamakuru rya leta rimaze amezi rikoresha “Türkiye ", kandi ubukangurambaga bwa leta buteza imbere ikoreshwa rya “Türkiye " ku banyamahanga bwakomeje gukoreshwa no mu ndege za Turkish Airlines, hamwe no ku yandi mashusho y’ubukerarugendo yamamaza bishingiye kuri Turukiya.

Ku ya 31 Gicurasi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Mevlut Cavusoglu yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: "Inzira twatangiye iyobowe na Perezida wacu Recep Tayyip Erdogan, mu rwego rwo kuzamura agaciro k’igihugu cyacu."

Izina Turukiya ryashyizweho n’abanyamahanga mu binyejana byinshi, kugira ngo risobanure agace k’ubwami bwa Ottoman nyuma yasimbuwe n’igihugu cya Repubulika ya Turukiya. Ryakoreshejwe mbere mu kinyejana cya 14, riva kw’ijambo ry'ikilatini “Turchia / Turquia " ryasobanuraga “igihugu cy'Abanyaturukiya ".

Nyuma y'igihe, iri zina ry'ikilatini ryahinduwe “Türkiye " mu rulimi rw’igiturukiya, Turukiya mu Cyongereza, “Turkei " mu kidage na “Turquie " mu gifaransa. Igihe Mustafa Kemal Ataturk yatangiraga intambara y'ubwigenge nyuma y'intambara ya mbere y'isi yose, yafashe izina “Türkiye " kugira ngo atandukanye ubutegetsi bwe n'ubwami bwa Sultan bwari bufite icyicaro i Constantinople.

Ariko izina ry’igihugu naryo rirasa nk’iry’inyoni iribwa izwi nka Turkey “Dendo ", ifite kavukire muri Amerika y’amajyaruguru. Iyi yacuruzwaga n’abacuruzi bo muri Constantinople, Istanbul y’uyu munsi. Uru rujijo rimwe na rimwe rwagize ingaruka zisa nko gusebanya ku gihugu cya turukiya yahindutse Türkiye kuri ubu.


Turkey yahinduye izina kubera kwitiranwa n'inyoni ikomoka muri Amerika


SRC: BalkanInsight


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...