Kwitegura imvura nyinshi ni nonaha, si ukuyitegereza ngo itangire kugwa — Minisitiri Habimana

Amakuru ku Rwanda - 29/08/2026 5:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Kwitegura imvura nyinshi ni nonaha, si ukuyitegereza ngo itangire kugwa — Minisitiri Habimana

Mu rwego rwo kwitegura imvura nyinshi iteganyijwe mu Muhindo, mu Kagari ka Nyagatare hakozwe imirimo yo gusibura imiyoboro y’amazi no gutunganya imihanda ihuza imidugudu, mu gihe mu Karere kose hamaze kuzirikwa ibisenge by’amazu 400.

Iyi mirimo yakozwe mu muganda ngarukakwezi wakorewe mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Kanama 2026, ukaba wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego zitandukanye za Leta, iz’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou' na 'SoberGhee'.

Mu Kagari ka Rwimiyaga, abaturage bakoze imihanda ihuza imidugudu yose igize aka Kagari, banasibura imiyoboro y’amazi iri hafi y’iyo mihanda kugira ngo amazi azabashe gutambuka neza kandi hirindwe ko yangiza imihanda n’indi mitungo.


Mu rwego rwo gukumira ibyangizwa n’imvura nyinshi, mu Karere kose hamaze kuzirikwa ibisenge by’amazu 400. Muri byo, 200 biherereye mu Mirenge ya Rwimiyaga na Matimba, ari na ho habereye umuganda. Ibi bikorwa bije mu gihe imvura iherutse kugwa muri aka gace yangije amazu 3, ndetse abantu 2 bakahasiga ubuzima nyuma yo gukubitwa n’inkuba.


Minisitiri Habimana yasabye abaturage kwitegura hakiri kare

Mu kiganiro na InyaRwanda, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko ibikorwa byakozwe mu muganda ari bimwe mu byafasha abaturage kwirinda ingaruka z’imvura nyinshi iteganyijwe mu Muhindo.

Yavuze ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatanze amakuru avuga ko hateganyijwe imvura nyinshi, bityo abaturage bakaba bakwiye kuyitegurira hakiri kare.

Ati: “Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe cyatumenyesheje ko tugiye kubona imvura nyinshi cyane. Iyo rero tumenyeshejwe ko hari imvura nyinshi cyane, tugomba kuyitegura no kuyirinda.”

Minisitiri Habimana yavuze ko ibikorwa byo gusibura imiyoboro y’amazi, guca imirwanyasuri no kuzirika ibisenge by’amazu biri mu ngamba zo kwitegura imvura nyinshi.

Ati: “Mu kuyitegura ni byo twakoze uyu munsi mu muganda: ni ugusibura inzira z’amazi, guca imirwanyasuri hirya no hino mu gihugu, kuzirika ibisenge ndetse no kwigisha abaturage uko umuntu yitwara kugira ngo yirinde ingaruka zishobora guterwa n’imvura nyinshi.”

Yasabye abaturage kandi gukomeza kwitwararika mu gihe cy’imvura, by’umwihariko bakirinda inkuba n’ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ati: “Ni ngombwa kwirinda inkuba, kwirinda kugama munsi y’ibiti, kwirinda kuvugira kuri telefoni igihe imvura itangiye kugwa, no kumenya ko inzu zacu zubatse neza kandi nta hantu amazi ashobora kwinjirira.”

Minisitiri Habimana kandi yasabye abaturage kwirinda kwambuka imigezi mu gihe cy’imvura, ndetse no kurinda abana kujya mu migezi cyangwa ahandi hantu hashobora kubashyira mu kaga.

Ati: “Tugomba kwirinda kwambuka imigezi no kurinda abana kuba bajya muri iyo migezi n’ahandi hashobora kubashyira mu kaga.”

Yashimangiye ko kwitegura imvura bidakwiye gutegereza ko itangira kugwa, ahubwo ko ari ngombwa gufata ingamba hakiri kare. Ati: “Kwitegura ni nonaha kugira ngo icyo gihe imvura izatangire kugwa, ariko twamaze kwitegura kandi tumeze neza.”

Izi ngamba ziteganyijwe gukomeza hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kugabanya ingaruka zishobora guterwa n’imvura nyinshi, zirimo kwangirika kw’amazu, imihanda n’ibindi bikorwa remezo, ndetse no gutakaza ubuzima.

Mu Karere kose hamaze kuzirikwa ibisenge by’amazu 400

Hakozwe imihanda ihuza imidugudu yose igize akagari ka Rwimiyaga ndetse hasiburya imiyobora y'amazi



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...