Yabigarutseho mu ijambo
yagejeje ku bitabiriye umuhango wo Kwita Izina ku nshuro ya 21, wabereye mu Karere
ka Musanze mu Kinigi kuri uyu wa Gatanu 4 Nzeri 2026, aho yavuze ko umuhango wo
kwita izina ingagi ari umuco w’u Rwanda ugaragaza ko uwahawe izina aba agomba
kurindwa no kwitabwaho.
Minisitiri w’Intebe
yavuze ko mu myaka 20 ishize, ingagi 438 ari zo zari zimaze kwitwa amazina, mu
gihe kuri iyi nshuro izindi 22 zahawe amazina, bituma umubare w’ingagi zimaze
kwitwa muri uyu muhango ugera kuri 460.
Nsengiyumva yavuze ko
iryo sezerano risobanuye ko izi ngagi zigomba guhabwa uburinzi, ahantu hizewe
ho gutura ndetse n’ibindi byangombwa bizifasha gukura, kororoka no gukomeza
kubaho.
Yagaragaje ko kurengera
ingagi bitagezweho mu buryo bworoshye, ahubwo ko byasabye imyaka myinshi
y’imbaraga n’ubufatanye bw’inzego zitandukanye.
Yibukije ko mu ntangiriro
z’imyaka ya 1980, ku isi hari hasigaye ingagi zo mu misozi zigera kuri 250 gusa
mu misozi ya Birunga, bitewe ahanini n’ubuhigi butemewe, gutakaza ubuturo bwazo
ndetse n’amakimbirane yari mu karere.
Kuri ubu, yavuze ko ku isi hari ingagi zo mu misozi zisaga 1,000, muri zo zirenga 600 zikaba ziri mu misozi ya Ibirunga.

Minisitiri w’Intebe
yavuze ko iri terambere ryagezweho kubera uruhare rw’abarinzi b’ibidukikije
bakorera muri iyi misozi buri munsi, abaveterineri n’abashakashatsi, politiki
yo kubungabunga ibidukikije, ubukerarugendo burambye ndetse n’ubufatanye hagati
ya Leta, abaturage, abikorera, imiryango ibungabunga ibidukikije
n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.
Yasobanuye ko
ubunararibonye bw’u Rwanda mu kubungabunga ingagi butanga isomo rikomeye ku
buryo isi yakemura ibibazo bihurira hamwe birimo imihindagurikire y’ikirere,
gutakaza urusobe rw’ibinyabuzima no gushaka iterambere rirambye.
Ati: “Kurengera
ibidukikije ntibishobora gutandukanywa no guteza imbere imibereho y’abantu,
nk’uko ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije mu gihugu bitashobora
gutandukanywa n’ubufatanye mpuzamahanga.”
Ingagi zagira uruhare mu
iterambere ry’abaturage
Minisitiri w’Intebe
yavuze ko inyungu zaturutse mu kubungabunga ingagi no guteza imbere
ubukerarugendo bwazo zitagarukira gusa ku kurengera ibidukikije, ahubwo ko
zagize uruhare mu kuzamura imibereho y’abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga.
Yavuze ko ubukerarugendo
bw’ingagi bwafashije mu guhanga imirimo, guteza imbere ubucuruzi bw’abaturage,
gukurura ishoramari no gufungurira imiryango ku rubyiruko amahirwe mashya
y’iterambere.
Yagarutse kandi ku
mushinga wa Smart Green Village, watangijwe mu cyumweru cyabanjirije umuhango
wo Kwita Izina, ukaba ufite agaciro karenga miliyoni 49 z’amadolari.
Uyu mushinga uzafasha
ingo 547 z’abaturage bazagirwaho ingaruka no kwagurwa kwa Pariki y’Igihugu
y’Ibirunga, bakazubakirwa amacumbi agezweho, bagahabwa serivisi z’ibanze ndetse
n’amahirwe yo kwiteza imbere mu buryo burambye.
Minisitiri Nsengiyumva
yavuze ko ibi bigaragaza ukwemera kw’u Rwanda ko kubungabunga ibidukikije
bigomba kugendana n’iterambere ry’abantu.
Yashimangiye ko kurengera
ingagi n’ibidukikije muri rusange ari inshingano ihuriweho na Leta, abaturage,
abashinzwe kubungabunga ibidukikije, abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa
mpuzamahanga.
Yasoje avuga ko hakwiye
gukomeza gushyirwa imbaraga mu kurinda ubuturo bw’ingagi, gushora imari mu
bumenyi n’ikoranabuhanga bifasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire
y’ikirere n’indwara, ndetse no guha abaturage baturiye ibidukikije amahirwe
n’ubushobozi bwo kubibungabunga.
Minisitiri w’Intebe yavuze ko igihe cyose abantu bazakomeza kwita ku bidukikije no gukorera hamwe, u Rwanda n’abafatanyabikorwa barwo bazakomeza gusohoza isezerano bahaye ingagi mu gihe bazihaga amazina.



Kurengera ingagi bigomba kujyana no guteza imbere abaturage – Minisitiri w’Intebe Justin Nsengiyumva
