#KwitaIzina2025, Shampiyona y’Isi y’Amagare n’ubukwe bwa Kathia mu byitezweho gususurutsa Abanyarwanda muri Nzeri 2025

Imyidagaduro - 02/09/2025 3:30 PM
Share:

Umwanditsi:

#KwitaIzina2025, Shampiyona y’Isi y’Amagare n’ubukwe bwa Kathia mu byitezweho gususurutsa Abanyarwanda muri Nzeri 2025

Abahanzi batandukanye b'Abanyarwanda bategerejwe mu bitaramo by’impurirane bizaba muri uku kwezi, imikino n'ubukwe na byo byararumbutse, byose bitezweho gususurutsa Abanyarwanda bose muri rusange bitewe n'icyo buri wese yisangamo.

Umuziki ni kimwe mu bintu bitanga ibyishimo ku bantu b'ingeri zose, cyane cyane urubyiruko. Abahanga bakubwira ko umuziki ari ubuzima bwiyongera ku byo wariye cyangwa wanyoye. Mu Rwanda abakunzi ba muzika bazi uburyo bamwe mu bafana bamera amababa mu bitaramo.

Ni muri urwo rwego, no muri uku kwezi kwa Kamena 2025, abahanzi Nyarwanda bateguye ibitaramo bikomeye haba mu Rwanda no mu mahanga mu rwego rwo gusabana n'abakunzi babo baherereye hirya no hino ku Isi. Si ibyo gusa byitezweho gususurutsa imyidagaduro y'u Rwanda, ahubwo hari n'ubukwe bw'ibyamamare nyarwanda burimo ubwa Kathia Uwase Kamali wamenyekanye mu itsinda ’Mackenzies’ witegura kurushinga na Adonis Jovon Filer n’abandi.

1.     Umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi


Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko umuhango wo kwita izina abana b’ingagi uteganyijwe tariki 5 Nzeri 2025, mu Kinigi hafi na Pariki y’Igihugu y’Ibirunga. Hazitwa abana b’ingagi 40 barimo 18 bavutse mu 2024. Ni ku nshuro ya 20 mu Rwanda hazaba habaye umuhango nk’uyu.

Uyu mwaka ibi birori bizaba ku nshuro ya 20 gusa byagombaga kuba bigiye kuba ku nshuro ya 21 kuko iby’umwaka ushize byasubitswe mu gihe mu gihugu hari hagaragaye icyorezo cya Marburg.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Irène Murerwa yavuze ko ari ishema kuba u Rwanda rugiye kongera kwita izina abana b’ingagi. Ati: “Twishimiye kwizihiza ku nshuro ya 20 Kwita Izina, umuhango wabaye ikimenyetso cyo kubungabunga, Sosiyete n’umuco w’u Rwanda. Hashimwe Umuhate n’ubufasha bya Guverinoma y’u Rwanda, abafatanyabikorwa n’abaturage.”

Yakomeje avuga ko uyu muhango ugiye kuba mu gihe umubare w’ingagi ukomeje kwiyongera. Ati: “Umubare w’ingagi mu gace ka Virunga wariyongereye uva kuri 880 mu 2012, urenga 1063 uyu munsi. Ibi bigaragaza umusaruro w’uburyo bwo kubungabunga (urusobe rw’ibinyabuzima) bushingiye ku baturage n’ubufatanye bw’ingenzi.”

Biteganyijwe ko mu muhango wo Kwita Izina hazashimirwa abaturage n’abarinda Pariki bagira uruhare mu kubungabunga ingagi mu Rwanda.

Uyu muhango kandi uzajyana n’ibindi bikorwa birimo Irushanwa rya Golf, n’ibirori byo kwakira ku meza abazawitabira, bizaba ku wa 6 Nzeri. Kuva uyu muhango watangira mu 2005 hamaze kwitwa abana b’ingagi 397.

2.     U Rwanda ruzakira Shampiyona y’Isi y’Amagare


Muri uku kwezi, Leta y'u Rwanda igiye kwakira Shampiyona y'Isi yo gusiganwa ku magare "2025 UCI Road World Championships", rizabera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri, igeze kure.

Ni ku nshuro ya mbere iri rushanwa rizaba ribereye muri Afurika, akaba ari intambwe ikomeye ku Rwanda no ku mugabane wa Afurika. Umujyi wa Kigali witeguye kwakira abakinnyi mpuzamahanga bakomeye mu gusiganwa ku magare, bazaba banyura mu mutima w'umurwa mukuru mukuru.

Iri rushanwa rizaba amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali afunze ndetse n’abakozi ba Leta bashishikarijwe kuzakorera mu rugo aho bishoboka.

Leta yavuze ko imihanda izaba yemerewe gukoreshwa izatangazwa hakiri kare, kandi ishyirweho ibimenyetso bihagije, ku bufatanye n'inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda, kugira ngo hirindwe imbogamizi izo ari zo zose zabangamira urujya n'uruza rw'abantu n'ibintu mu gihe cy'irushanwa.

Yaboneyeho kongera gusaba abaturage bose, abatuye u Rwanda n'abarusura, kugira uruhare rukenewe kuri buri wese, kugira ngo imyiteguro n'imigendekere y'iri rushanwa mu Rwanda izabe nta makemwa.

Yavuze ko abashaka kuzishimira iri siganwa ry’amagare bazajya ahantu hihariye hazajya abafana (fan zones) hazashyirwaho hirya no hino mu mujyi, kugira ngo abaturage barebere hafi yabo iri siganwa, kandi bizihiza iyi ntambwe ikomeye.

3.     Ubukwe bwa Kathia Kamali


Kathia Uwase Kamali wamenyekanye mu itsinda ‘Mackenzies’ na Adonis Filer wamenyekanye mu makipe atandukanye muri Basketball y’u Rwanda, bamaze kwemeranya kurushinga, ndetse bafitanye ubukwe ku wa 5 Nzeri 2025.

Mu kiganiro Kathia Kamali aherutse kugirana na Kelly Madla usanzwe ari nyirasenge yagarutse ku rugendo rw’urukundo rwe na Adonis, uko baziyumva babaye ababyeyi n’ibindi abantu benshi babibazaho.

Icyo gihe, Kathia yabajijwe icyo gukora ubukwe bivuze kuri we, agaragaza ko ari indi ntambwe ikomeye mu buzima bwe. Ati: “Kurushinga bivuze ko ngiye kumarana igihe cyose nzamara ku Isi, n’umuntu nkunda kurusha abandi ku Isi. Ntabwo kurushinga bizampindura ahubwo bizatuma naguka mu ntekerezo. Bizatuma nkura.’’

Kathia yagaragaje ko impamvu yemeye kwambikwa impeta na Adonis Filer ari uko yasanze bahuje, kandi bakaba baramenyanye mbere yo gukundana, akamenya intege nke ze ndetse akaba ari we yifuzaga.

Abajijwe ibintu by’ingenzi mu rushako, yavuze ko icya mbere ari ukubahana, gushyira Imana imbere ndetse no kuba indahemuka.

Adonis yambitse impeta y’urukundo Kathia Kamali ku wa 1 Mutarama 2025. Ni inkuru uyu mukobwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Kathia ubwo yambikwaga impeta, yari kumwe n’inshuti ze za hafi ndetse n’umuvandimwe we, Miss Nishimwe Naomie n’umugabo we, Michael Tesfay.

4.     Ubukwe bwa Darest


Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Ishimwe Prince [Darest], yatangaje ko ari mu myiteguro yo gukora ubukwe n'umukunzi we usanzwe ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni nyuma y'uko ku wa 13 Mutarama 2025 yakoze ibirori yambikiyemo impeta y'urukundo umukunzi we.

Darest yabwiye InyaRwanda ko ubukwe n'umukunzi we buzaba tariki 27 Nzeri 2025, ariko ko bizabanzirizwa n'indi mihango y'ubukwe. Uyu musore yasobanuye ko amaze igihe kinini ari mu rukundo n'uyu mukobwa rwagejeje ku kwiyemeza kubana nk'umugabo n'umugore.

Mu butumwa aherutse gutambutsa ku rubuga rwa Instagram, Darest yagaragaje umukunzi we nk’impano idasanzwe Imana yamuhaye mu buzima bwe, kandi ashimangira ko ariwe yahisemo gusa.

5.     Ubukwe bwa Ingabire Diane wabaye ‘Miss Congeniality’ muri Miss Rwanda 2020


Ingabire Diane wambitswe ikamba rya ‘Miss Congeniality’ muri Miss Rwanda 2020, aherutse gusezerana imbere y’amategeko n’umusore bitegura kurushinga, mu birori byabereye ku Murenge wa Kimihurura ku wa 21 Kanama 2025.

Ingabire yasezeranye imbere y’amategeko n’uyu musore bitegura kurushinga nyuma y’ukwezi kumwe gushize amwambitse impeta bakemeranya kuzarushinga.

Muri Nyakanga 2025 nibwo uyu mukobwa yambitswe impeta n’umusore usanzwe ukoresha imyitozo ngororamubiri uzwi nka Coach Ian, bemeranya kuzarushinga. Nyuma yo kwambikwa impeta, Ingabire Diane na Coach Ian bahise bemeza ko amatariki y’ubukwe bwabo ari ku wa 20-27 Nzeri 2025.

Ingabire Diane ni umwe mu bakobwa bamenyekanye mu 2020 ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda ndetse biza kurangira yegukanye Ikamba ry’umukobwa uzi kubana neza n’abandi, Miss Congeniality.

Nyuma y’iri rushanwa, uyu mukobwa ntiyongeye kuvugwa cyane, ariko yongera kugaragara ku mbuga nkoranyambaga yifashishwa n’ibigo bitandukanye bicuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga mu kwamamaza.

Imiterere ye yatumaga amashusho yakoraga mu kwamamaza akurikirwa n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo yari mu irushanwa rya Miss Rwanda mu 2020, Ingabire Diane yibukirwa ku mushinga yari yaserukanye wo guhangana n’ikibazo cy’abangavu baterwa inda zitateguwe.

6.     Kidum agiye gutaramira i Kigali


Umuririmbyi waboneye benshi izuba wo mu gihugu cy'u Burundi, Jean-Pierre Nimbona wamamaye nka Kidum, yemeje ko agiye gutaramira mu Mujyi wa Kigali binyuze mu gitaramo azahakorera tariki 6 Nzeri 2025.

Uyu mugabo wamamaye mu ndirimbo zirimo nka ‘Amosozi’ yaherukaga i Kigali mu gitaramo cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ku wa 14 Gashyantare 2025 mu kwizihiza Umunsi w’Abakundana ‘Saint- Valentin’.

Ni igitaramo yahuriyemo na Alyn Sano, Ruti Joel n’abandi cyari cyateguwe n’umuhanzikazi Babo binyuze muri sosiyete ya Horn Entertainment.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Kidum yavuze ko azatamira ku Kicukiro ahitwa Copenhagen, ku wa 6 Nzeri 2025. Yavuze ko ariwe muhanzi Mukuru muri iki gitaramo, ndetse ko azaba ari kumwe na Band ye y’abaririmbyi n’abacuranzi.

7.     Lecrae ufatwa nk’umwami wa Hip Hop muri Gospel agiye gutaramira bwa mbere i Kigali


Umuraperi Lecrae ukunzwe cyane mu ndirimbo zitandukanye nka; I will find you, Fight for me, Blessings, Background n'izindi zatumbagije izina rye ku Isi hose, yahishuye ko agiye kuzenguruka Isi mu rugendo rw'ibitaramo yise 'Reconstruction World Tour.' By'umwihariko, uyu muraperi wubashywe bikomeye azataramira no mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Lecrae Devaughn Moore {Lecrae} ni umuraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi mu baraperi bakunzwe cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel Music). Nyuma y'igihe atangaje ko yafashe icyemezo cyo guhagarika umuziki burundu, agiye kongera kugaragara ataramira mu bihugu binyuranye.

Ni urugendo yise 'Reconstruction World Tour' ruzatangirira ku mugabane wa Afurika muri Zimbabwe ku itariki 4 Nzeri 2025, rukarangirira mu mujyi wa Brisbane muri Australia mu mpera z'umwaka ku ya 13 Ukuboza 2025.

Uyu muraperi washinze Label yitwa Reach Records ifasha bya hafi abanyempano mu njyana ya Hiphop, azataramira i Kigali mu Rwanda ku ya 6 Nzeri 2025. Usibye u Rwanda na Zimbabwe, uyu muraperi azanataramira mu bindi bihugu bya Afurika nka Kenya, Zambia n'Afurika y'Epfo.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...