Iki
kibazo cyongeye kuvugwa cyane nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki 8 Nyakanga 2026,
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry,
atangaje ko umunyamideli Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddyboo atafunzwe nk’uko
byari bimaze iminsi bivugwa, ahubwo yajyanywe kwivuriza muri Isange
Rehabilitation Center ku bushake bwe, nyuma y’uko ibizamini byagaragaje ko
akoresha ibiyobyabwenge.
Ntabwo kujya muri
‘Rehab’ bisiba dosiye y’uregwa
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Dr. Murangira yavuze ko kuba umuntu yoherezwa
muri ‘Rehab’ bidasobanura ko aba abaye umwere cyangwa ko ikirego cye kirangiye.
Yagize
ati: "Shaddyboo ntabwo afunze. Hari ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko
afunzwe, ariko ntabwo afunzwe. Yajyanywe muri Rehab ku bushake bwe."
Yakomeje
asobanura ko hashingiwe ku bisubizo byafashwe mu iperereza, byagaragaje ko
akoresha ibiyobyabwenge, yiyemereye kujya kuvurirwa muri Rehab kugira ngo
afashwe kubireka.
Icyakora,
yagaragaje ko dosiye ikomeza kubaho. Iyo umuntu avuyeyo akongera gufatwa
akoresha ibiyobyabwenge, akurikiranwa mu buryo busanzwe n’amategeko.
Ni ryari umuntu
ahabwa amahirwe yo kujya muri ‘Rehab’?
Mu
kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa Mbere tariki 1 Ukuboza 2025, Umuvugizi
w’Urwego rw’Igihugu, RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yasobanuye ibintu bitanu
by’ingenzi bishingirwaho mbere yo gufata umwanzuro wo kohereza umuntu muri
Rehabilitation Center.
1.
Kuba ari ubwa mbere afatiwe muri icyo cyaha
Ikintu
cya mbere kirebwa ni amateka y’uwo muntu. Iyo ari ubwa mbere afashwe akoresha
ibiyobyabwenge, ashobora guhabwa amahirwe yo kuvurwa aho guhita afungwa.
Intego
iba ari ukumuha amahirwe yo kwisubiraho mbere y’uko yinjira mu nzira z’ibihano.
2.
Kuba nta kindi cyaha cyabifatanyije
Niba
umuntu yafashwe akoresha ibiyobyabwenge ariko yanakoze ikindi cyaha nko
gukubita no gukomeretsa, ubujura, gusenya cyangwa ibindi, amahirwe yo kujyanwa
muri Rehab aba atakiriho. Aba akurikiranwa ku byaha byose icyarimwe.
3.
Kureba niba koko ‘Rehab’ ari yo yamufasha
Hari
igihe inzego z’ubugenzacyaha zisanga uwo muntu ari imbata y’ibiyobyabwenge ku
buryo gufungwa bitamufasha nk’uko kuvurwa no kugirwa inama byamugirira akamaro.
Ni
ho hafatirwa umwanzuro wo kumuha amahirwe yo kwitabwaho n’inzobere mu buzima
bwo mu mutwe no mu kwita ku bantu bafite ikibazo cy’ubusinzi cyangwa
ibiyobyabwenge.
4.
Kuba na we abyisabira
Iki
ni kimwe mu bintu byatumye ikibazo cya Shaddyboo kivugisha benshi.
RIB
ivuga ko umuntu ashobora gusaba ubwe kujyanwa muri Rehab, agaragaza ko yemera
ikibazo afite kandi ko akeneye ubufasha bwo kuva mu biyobyabwenge.
Icyakora,
kuba abyisabiye si byo byonyine bihagije. Bisuzumwa hamwe n’ibindi bipimo byose
mbere y’umwanzuro.
5.
Ubushishozi bw’umugenzacyaha
N’ubwo
ibisabwa biba bihari, umugenzacyaha na we agira uruhare mu gusuzuma niba koko
uwo muntu akwiriye guhabwa ayo mahirwe.
Hashingirwa
ku mateka ye, imyitwarire, uburyo yafashwemo ndetse n’ibimenyetso byose biri
muri dosiye kugira ngo harebwe niba atari uburyo bwo gushaka guhunga amategeko.
‘Rehab’ ni iki?
Rehabilitation
Center ni ikigo gifasha abantu babaye imbata y’ibiyobyabwenge cyangwa ibindi
bibazo by’imyitwarire, aho bahabwa ubujyanama, ubuvuzi n’ubufasha bwo kongera
kubaho ubuzima busanzwe.
Intego
si uguhana umuntu, ahubwo ni ukumufasha kuva mu ngeso yamubase.
Ni ryari umuntu
aba ari imbata y’ibiyobyabwenge?
Abahanga
bavuga ko umuntu aba yarabaye imbata y’ibiyobyabwenge iyo agaragaza nibura
ibimenyetso bitatu muri ibi bikurikira: Irari rikomeye ryo gukoresha
ibiyobyabwenge. Kubabara cyangwa kugira ibimenyetso bidasanzwe iyo yabibuze. Gukenera
kongera ingano y’ibiyobyabwenge kugira ngo yumve bimufashe nk’uko byahoze. Guta
inyungu mu bindi bikorwa akibanda gusa ku biyobyabwenge. Kumara igihe kinini
ashaka cyangwa akoresha ibiyobyabwenge.
Gukomeza
kubikoresha n’ubwo azi neza ingaruka bimuteza.
Abahanzi
n’ibyamamare bamaze kujya muri ‘Rehab’
Mu
myaka ya vuba, abantu batandukanye bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro bagiye
bajyanwa cyangwa bakajya ku bushake muri Rehabilitation Center.
Mu
2025, umuraperi Fireman ni umwe mu bahisemo kujya kwivuza ku bushake. Nyuma ye
hakurikiye abandi barimo Ariel Wayz, Babo na Afrique.
Hari
kandi umuhanzi Bill Ruzima, watawe muri yombi akekwaho gukoresha urumogi, nyuma
akoherezwa muri Isange Rehabilitation Center kugira ngo afashwe kuva mu
biyobyabwenge.
Uyu
mwaka wa 2026, na Shaddyboo yinjiye kuri urwo rutonde, aho RIB yemeje ko yagiye
muri Rehab ku bushake bwe.
Ubutumwa buri
inyuma y’ubu buryo
Uburyo
bwo kohereza bamwe muri Rehab bugaragaza impinduka mu mitekerereze y’inzego
z’ubutabera ku byaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge.
Aho
kureba buri wese nk’ugomba guhanwa gusa, harebwa niba hari ushobora gufashwa
akagaruka mu buzima busanzwe.
Ariko
kandi, aya ni amahirwe atangwa rimwe. Dosiye ntifungwa, ahubwo iba ihagaze. Iyo
uwahawe ayo mahirwe yongeye gufatanwa ibiyobyabwenge cyangwa akayivangamo
ibindi byaha, ahita akurikiranwa mu nkiko nk’undi wese.
Ni
yo mpamvu RIB ishimangira ko kujya muri Rehab atari inzira yo guhunga
ubutabera, ahubwo ari uburyo bwo guha uwemeye ikibazo amahirwe yo kwikosora no
kongera kubaho ubuzima butarangwamo ibiyobyabwenge.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangir B. Thierry yatangaje ko Shaddyboo yajyanywe muri ‘Rehab’ ku bushake bwe

Hashingiwe
ku bisubizo byo muri RFI, byafashwe igihe cy’iperereza, byagaragaje ko Shadia
Mbabazi akoresha ibiyobyabwenge
