#Kwibuka32: Tom Close yabwiye urubyiruko ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari isomo rikwiye kubayobora mu guhitamo neza

Imyidagaduro - 11/04/2026 5:10 PM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Tom Close yabwiye urubyiruko ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari isomo rikwiye kubayobora mu guhitamo neza

Mu gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Dr. Muyombo Thomas uzwi cyane nka Tom Close mu muziki, yagaragaje ko gusigasira amateka no kuyigisha ari imwe mu nkingi zikomeye zo kubaka ejo hazaza hadashingiye ku makosa yo mu bihe byashize.

Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yibanze cyane ku nshuti z’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, abasaba guha agaciro amateka y’Igihugu no kuyubakiraho amahitamo mazima.

Tom Close yatangiye agaragaza ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari ay’Abanyarwanda ubwabo, kandi ko nta gihugu na kimwe gishobora gutera imbere mu gihe cyirengagije amateka yacyo cyangwa se kikayagoreka nkana.

Ati: “Icya mbere ni ukubabwira ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari ayacu nk’Abanyarwanda. Kandi, nta sosiyete ibaho ngo itere imbere ikure, ikure ive ku bato, ive ku kiragano kimwe ijye ku kindi mu gihe icyo ari cyo cyose amateka yakwirengagizwa cyangwa akagorekwa nkana.”

Uyu muhanzi yakomeje asobanura ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari ingaruka z’imiyoborere mibi n’amahitamo mabi yakozwe n’abari abayobozi icyo gihe, ibintu avuga ko bikwiye kubera isomo rikomeye ab’uyu munsi n’ab’ejo hazaza.

Yagize ati: “Jenoside yakorewe Abatutsi ni umusaruro w’imiyoborere mibi twagize, w’amahitamo mabi abayoboraga icyo gihe bagize ndetse bashyigikiwe banashutswe n’abakoloni [Usibye ko ntawe ushuka umuntu mukuru], bikaba rero ari umusaruro mubi w’amahitamo dukwiye kwigiraho n’uyu munsi, abantu bakitandukanya no guhitamo nabi.”

Yagarutse kandi ku kibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside igenda igaragara muri iki gihe, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko hari abantu bayikwirakwiza bihishe inyuma y’amazina n’amafoto bitari ibyabo, bagamije kuyobya abandi.

Yaboneyeho gusaba abantu bose kugira ubushishozi, bakirinda kwakira no gukwirakwiza amakuru batabanje gusesengura, anabibutsa ko guharanira ukuri ari inshingano ya buri wese.

Ati: “By’umwihariko kuri ubu ngubu tubangamiwe n’abantu barimo bashaka kugarura ingengabitekerezo y’amacakubiri ari nayo bita ingengabitekerezo ya Jenoside, by’umwihariko abantu baba bahanze, izi mbuga zikaba zaraje zarahaye ijambo umuntu ushobora kuza akihisha inyuma y’izina n’ifoto bitari ibye agakwirakwiza ubutumwa, hakaba hari n’abashobora kubutoragura uko bwakabaye, birengagije ukuri.”

Ku bijyanye n’inshingano z’urubyiruko, Tom Close yavuze ko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside atari amahitamo ahubwo ari inshingano ya buri Munyarwanda, by’umwihariko urubyiruko rufite imbaraga zo kubaka igihugu.

Ati: “Kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ni inshingano ntabwo ari ikintu umuntu akora kuko yabihisemo. Kubera ko ingengabitekerezo ya Jenoside niba ishobora kurangira hapfuye miliyoni irenga y’abanyarwanda ngo n’uko bavutse bitwa ko ari Abatutsi ni ikikwereka y’uko iramutse idahagaritswe n’ejo bundi itabura ibindi byago iteza igihugu cyacu.”

Yongeyeho ko urubyiruko rw’iki gihe rufite amahirwe yo kuba rwaravutse nyuma ya Jenoside, bityo rukaba rufite inshingano yo kwiga amateka no gukura amasomo mu bihe bikomeye igihugu cyanyuzemo, kugira ngo rwubake ejo hazaza heza.

Akomeza agira ati “Ni ahacu nk’Abanyarwanda, ariko by’umwihariko ni ah’urubyiruko kuko ni rwo rushukika, kuko ni bo bafite amaboko yo kubaka igihugu mu gihe baba bakoze amahitamo meza […]”

Tom Close kandi yagaragaje ko kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri bisaba kwirinda ikintu icyo ari cyo cyose cyatuma Abanyarwanda bongera gucikamo ibice, ashimangira ko ubumwe ari wo musingi w’iterambere rirambye.

Ati: “N’ibindi bishobora gutuma ibyo twubakaga bihagarara, noneho bikaba byanasenyuka, rero ni inshingano zacu, navuga ko ari na wo muhamagaro wacu nk’urubyiruko, n’abakiri bato, kurwanya ivangura iryo ari ryo ryose, amacakubiri ayo ari yo yose yadusubiza muri ibi bihe twanyuze mu 1994 haba Jenoside yakorewe Abatutsi ari nayo twibuka ku nshuro ya 32.”

Ku ruhare rwe nk’umuhanzi, Tom Close yavuze ko yiyemeje gukoresha ijwi n’impano bye mu kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa, ashimangira ko buri Munyarwanda agomba kugira uruhare mu kubaka igihugu cyiza.

Ati: “Ni ibintu ngomba kumva ko mfiteho inshingano nk’umunyarwanda, ubunyarwanda bwanjye bugomba gushimangira ku kwimakaza ikintu icyo ari cyo cyose gituma u Rwanda rukomeza kuba rumwe, rugakomeza gusigasira abarurimo, rukabafasha kubamo rutekanye, ndetse rukanatera imbere, kugirango ubuzima buzaba tuzasigira abazadukurikira buzabe ari bwiza kurushaho.”

Yasoje atanga ubutumwa bwibutsa buri wese indangagaciro ziranga imfura, agaragaza ko umuntu ukwiye ari urinda abandi ikintu cyose atifuza ko cyamubaho. Tom Close avuga ko kimwe mu biranga imfura ari uko “kimwe mu byo wanga ko kikubaho ukirinda abandi.”

Ubutumwa bwa Tom Close buje bwiyongera ku bw’abandi Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje gushishikariza isi yose kwibuka, gusigasira amateka no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, hagamijwe kubaka ejo hazaza harangwa n’amahoro, ubumwe n’iterambere rirambye. 

Mu gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Tom Close yasabye urubyiruko kuyigira isomo ribafasha guhitamo neza, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no gukomeza kwimakaza ubumwe n’amahoro y’igihugu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...