#Kwibuka32: Senderi yakoze indirimbo ‘Guhanga si Uguhaga’ na ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’

Imyidagaduro - 07/04/2026 7:24 AM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Senderi yakoze indirimbo ‘Guhanga si Uguhaga’ na ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange binjiye mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzi Senderi Hit yagaragaje uruhare rwe mu gusigasira amateka, ashyira hanze amashusho y’indirimbo ebyiri ari zo “Guhanga si Uguhaga” na “Nyarubuye Nziza Twibuke.”

Izi ndirimbo zije ziyongera ku ruhare rw’abahanzi mu gufasha Abanyarwanda gukomeza kwibuka no guha agaciro amateka, by’umwihariko bakoresheje ibihangano byabo mu gutanga ubutumwa bwubaka kandi buhumuriza.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Senderi yavuze ko izi ndirimbo yazikoze mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda muri ibi bihe byo kwibuka, no gufasha cyane cyane urubyiruko kumenya amateka y’ukuri.

Ati: “Ni indirimbo nakoze kugira ngo zikomeze gufasha Abanyarwanda muri ibi bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi zumvikanishe ukuri ku mateka yacu.”

Yakomeje agaragaza ko urubyiruko rukwiye kumenya amakuru atagoretse, arufasha gusobanukirwa amateka igihugu cyanyuzemo, bityo rukagira uruhare mu kuyabungabunga no kubakiraho ejo hazaza heza.

Senderi yanibukije ko muri ibi bihe byo Kwibuka, ari ngombwa ko Abanyarwanda bose bakomeza kurinda ubumwe n’ubudaheranwa, birinda abashaka kugoreka amateka cyangwa kuyapfobya.

Ati: “Ubutumwa nagenera Abanyarwanda bose ni uko dukwiye gukomeza kurinda ibyagezweho, twubakira ku bumwe bwacu, kandi twirinda icyatuma dusubira inyuma.”

Nubwo izi ndirimbo zari zisanzwe zihari, Senderi yavuze ko yazisubiyemo mu buryo bushya, azihuza n’igihe, kugira ngo ubutumwa burimo bukomeze kugera kuri benshi mu buryo bworoshye kandi bwumvikana.

Ibi bihangano bije byibutsa Abanyarwanda gukomeza kwibuka no kuzirikana amateka y’igihugu, no guharanira ko Jenoside itazongera ukundi.


Senderi yifashishije inganzo ye mu gusigasira amateka no guhumuriza Abanyarwanda, ashyira hanze indirimbo ‘Guhanga si Uguhaga’ na ‘Nyarubuye Nziza Twibuke’

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘GUHANGA SI UGUHANGA’

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘NYARUBUYE NZIZA TWIBUKE’



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...