Ibi
yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, atanga ubutumwa bwe muri ibi
bihe byo kwibuka, cyane cyane ku Rwanda no ku nshuti zarwo, by’umwihariko
urubyiruko rufite uruhare rukomeye mu kubaka ejo hazaza h’igihugu.
Rumaga
yagaragaje ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bifite igisobanuro kinini,
ashimangira ko ari umwanya ukomeye wo kwegera ukuri no gusubiza amaso inyuma
hagamijwe kwiyubaka.
Yagize
ati: “Muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,
ubutumwa natanga ni ubu: kwibuka si umuhango gusa, ni no kwiyubaka, haba mu
marangamutima, kongera ubumwe hagati yacu nk’Abanyarwanda. Ni umwanya wo
kwegera ukuri, tukigira ku mateka yacu, bityo tukayahindura isoko y’imbaraga zo
kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri.”
Yakomeje ashimangira ko amateka y’u Rwanda akwiye kuba isomo rifasha Abanyarwanda, aho kuba inkomoko y’amacakubiri, bityo buri wese akagira uruhare mu kuyubakira ku kuri no ku bumwe.
Ubu
butumwa buje bwibutsa urubyiruko ko ari rwo rufite inshingano zo gukomeza
umurage wo kwibuka no guharanira ko amateka mabi atazongera kubaho ukundi,
binyuze mu kubaka indangagaciro zishingiye ku kuri, ubumwe n’ubwiyunge.
Rumaga
kandi ntiyagarukiye aho gusa, kuko yanavuze ku ruhare rwe nk’umuhanzi mu
kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, agaragaza ko ubuhanzi ari igikoresho
gikomeye gishobora guhindura imitekerereze y’abantu no kubaka sosiyete nziza.
Yagize
ati: “Uruhare rwanjye (nk’umuhanzi / ijwi rya benshi) ndarubona nk’ijwi
ritumika, ijwi ryibutsa, ryigisha amahoro n’ubumwe, ryunga kandi rivura. Iyo
tuvuga, iyo turirimba, iyo twandika, tuba twubaka ubudaheranwa, tukarinda ko
amateka yacu yavuga nabi.”
Aya
magambo agaragaza neza ko abahanzi bafite uruhare runini mu kubaka no gusigasira
amahoro, aho bakoresha impano zabo mu gutanga ubutumwa bwubaka, bufasha
sosiyete gukira ibikomere no gukomeza urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge.
Mu
gusoza ubutumwa bwe, Rumaga yasabye Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda gukomeza
kwibuka bafite intego yo kubaka ejo hazaza heza, aho amateka mabi atazongera
kwisubiramo, kandi buri wese agaharanira kuba umusemburo w’impinduka nziza.
Ubutumwa
bwe buje bwiyongera ku bw’abandi banyabugeni n’abanyempano bakomeje gukoresha
ijwi ryabo muri ibi bihe byo Kwibuka, bashishikariza Abanyarwanda by’umwihariko
urubyiruko gukomeza gusigasira amateka, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside
no kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri, rufite ubumwe n’amahoro arambye.

Rumaga
yibukije ko ubuhanzi ari igikoresho gikomeye abahanzi bakwiye gukoresha bigisha
ubudaheranwa, ubumwe n’amahoro mu Banyarwanda
