Yabigarutseho
mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, muri iki gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku
nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni.
Mutesi
Jolly yagize ati: “Nyuma y’imyaka 32, imitima yacu iracyibuka, ariko amaboko
yacu akomeje kubaka. Urugendo rwacu ruvuye mu icuraburundi rya Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994 rugera ku rumuri rw’uyu munsi, ni ikimenyetso
cy’imbaraga zidasenyuka z’abaturage bacu.”
Aya
magambo agaragaza neza uko Abanyarwanda bahinduye amateka yabo mabi bakayavanamo
isomo ribubaka, aho kwibuka bitabaye gusa kwibabaza, ahubwo bikaba n’urufunguzo
rwo kubaka igihugu kirangwa n’ubumwe n’icyizere.
Agaruka
ku ruhare rwe nk’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, mu rugendo rwo kurwanya
ingengabitekerezo ya Jenoside, yavuze ko buri wese afite inshingano yo gutanga
umusanzu mu kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri.
Yagize
ati: “Ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, imbaraga zanyu ni zo shingiro ry’igihugu cyacu. Ku
rubyiruko, ubumwe bwacu ni ingabo irinda ejo hazaza hacu. Turibuka tugamije
guha agaciro amateka, tugahuza imbaraga kugira ngo dukire ibikomere no gukomeza
kwiyubaka. Turi abantu bahora biyubuka.”
Ubutumwa
bwe bushimangira ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari inkingi ikomeye igihugu
gishingiraho, mu gihe urubyiruko rufite uruhare rukomeye mu gukomeza
kubungabunga ibyo igihugu cyagezeho no kurinda ko amateka mabi yasubira.
Miss
Mutesi Jolly akomeza kugaragaza ko kwibuka bidakwiye kugarukira ku mateka gusa,
ahubwo bikwiye no kuba ishingiro ryo guharanira ubumwe, gukira ibikomere no
kubaka ejo hazaza heza h’u Rwanda.
Ubutumwa
bwe bunibutsa buri wese ko n’ubwo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yasize ibikomere
bikomeye, Abanyarwanda bafite imbaraga zo kwiyubaka no gukomeza urugendo
rw’iterambere.
Mu
gihe u Rwanda n’inshuti zarwo bakomeje Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, ubutumwa nk’ubu bwa Mutesi Jolly bukomeza gushishikariza
abantu bose, cyane cyane urubyiruko, gukomeza kubakira ku bumwe no guharanira
ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.


