Mu
butumwa yanyujije kuri konti ye ya X, Miss Shanitah yagaragaje ko iki gihe cyo Kwibuka atari nk’ibindi bihe bisanzwe, ahubwo ari umwanya ukomeye wo guha
agaciro amateka y’igihugu no kuzirikana ububabare bw’abarokotse Jenoside
yakorewe Abatutsi.
Yagaragaje
ko bibabaje kubona hari bamwe mu rubyiruko bakomeza ubuzima nk’aho nta
kidasanzwe kiri kuba, bagashyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’imyidagaduro,
siporo n’ibirori by’amasabukuru, ibintu yavuze ko bidahuye n’ibihe igihugu kiba
kirimo.
Hari
aho yagize ati: “Iki cyumweru si nk’ibindi byumweru bisanzwe. Mu gihe turi Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, birababaje cyane kubona bamwe muri
twe bakomeza ubuzima nk’aho nta kidasanzwe kiri kuba, bashyira ku mbuga
nkoranyambaga amashusho bakora siporo, batembera cyangwa bizihiza isabukuru y’amavuko…
ese koko ibyo birakwiriye?”
Yibukije
ko muri iki gihe haba hari abantu benshi bari mu gahinda, bibuka ababo babuze
mu buryo bubabaje cyane, bityo ko nibura ubutumwa bwo kubazirikana, guhitamo
guceceka cyangwa kwirinda gushyira hanze ibintu bidahuye n’ibi bihe, ari uburyo
bwo kubaha icyubahiro no kubagaragariza ko bari kumwe na bo.
Shanitah
yakomeje avuga ko nubwo urubyiruko rudashobora kumva byimazeyo uburemere
bw’ububabare abarokotse Jenoside banyuramo, rufite inshingano yo kubwubaha no guha agaciro ukuri kw’amateka yaranze u Rwanda.
Ati: “Dushobora kuba tutumva neza byimazeyo uburemere bw’ububabare abarokotse
Jenoside banyuramo, ariko dufite inshingano zo kububaha. Tugomba kwitwararika,
tukabaha icyubahiro no kwemera ukuri kw’ibyo banyuzemo, tukabagaragariza ko
turi kumwe na bo. Ni iminsi mike gusa dusabwa kwitwararika by’umwihariko no
guha agaciro amateka yagize uruhare mu kubaka igihugu cyacu.”
Yongeyeho
ko kutita kuri ibi bihe cyangwa kwitwara nk’aho nta cyabaye, biha icyuho
abapfobya n’abagoreka amateka, bigatuma ukuri kudahabwa agaciro.
Yibajije
uko urubyiruko rwakwitwa abayobozi b’ejo hazaza niba rudashobora gukoresha
imbuga nkoranyambaga mu kwibuka, kwigisha no gushimangira ukuri.
Mu
gusoza ubutumwa bwe, Shanitah yasabye urubyiruko guhitamo Kwibuka mbere ya
byose muri iyi minsi mike igihugu kiba cyibukamo, bagakora ibigaragaza
icyubahiro ku mateka asharira yaranze u Rwanda, bagafatanya n’abarokotse Jenoside mu
bumwe no mu bwubahane.
Yashimangiye
ko ari igihe cyo kurushaho kwitwararika, gukora neza no guhagarara hamwe
nk’Abanyarwanda, mu rwego rwo guha agaciro amateka no kubaka ejo hazaza hazira
ingengabitekerezo ya Jenoside.

Shanitah yasabye urubyiruko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu Kwibuka no gushimangira ukuri kw’amateka
