#Kwibuka32: Maranatha Family Choir basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, batahana umukoro –AMAFOTO

Iyobokamana - 08/04/2026 10:41 AM
Share:

Umwanditsi:

#Kwibuka32: Maranatha Family Choir basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, batahana umukoro –AMAFOTO

Abaririmbyi ba Maranatha Family Choir basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, mu rwego rwo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kwiyemeza kugira uruhare mu kubwira Isi yose ukuri kw’amateka.

Ni urugendo bakoze kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026, ku munsi u Rwanda n’Isi byinjiriyeho mu Cyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abagize iyi korali bagaragaje ko uru ruzinduko rwari ingenzi cyane kuri bo, by’umwihariko ku rubyiruko ruyigize rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, cyangwa rwakuriye mu buhunzi, kuko rwabafashije gusobanukirwa amateka y’igihugu cyabo mu buryo bwimbitse.

Iyi korali yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo nka ‘Narahindutse’ bakoranye na Nel Ngabo, ‘Nyigisha’ bahuriyemo na Butera Knowless, ‘Komera’, ‘Irasubiza’, ‘Icyizere’, n’izindi.

Mu kiganiro bagiranye na InyaRwanda, Perezida wa Maranatha Family Choir, Selemani Munyazikwiye, yavuze ko gusura uru rwibutso byabongereye ubumenyi ku mateka ndetse bibibutsa inshingano bafite zo kurinda ko ibyabaye bitazongera kubaho.

Yagize ati: “Kuri bamwe muri twe, aya mateka ni ayo basanze, ariko kuyiga no kuyibonera aho yabereye bitanga ishusho nyayo yayo. Bitwibutsa uko tugomba kubaho uyu munsi turwanya ikibi, tunaharanira kubaka ejo hazaza heza.”

Yakomeje avuga ko isomo rikomeye bahakuye ari uko ikibi kigomba kwamaganwa no gukumirwa kigishoboka guhoshwa, kuko iyo kidahagaritswe gikura kikazagira ingaruka zikomeye.

Ati: “Twamenye ko kurwanya ikibi byoroshye cyane kikiri mu ntangiriro. Ni yo mpamvu tugomba guhora turi maso, ntitwirengagize ibimenyetso byacyo.”

Nyuma yo gusura uru rwibutso, Maranatha Family Choir yavuze ko yiyemeje gukomeza guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, binyuze mu kubaka igihugu kirangwa n’ubumwe, amahoro n’indangagaciro nziza.

Mu butumwa bageneye urubyiruko, basabye bagenzi babo gushaka kumenya amateka y’igihugu mu kuri kwayo, birinda kuyoborwa n’abayagoreka cyangwa abafite ingengabitekerezo ya Jenoside.

Bagize bati: “Urubyiruko rukwiye kuba ishingiro ry’ikiragano gishya kirangwa n’ubumwe. Ntidukwiye kongera kwisobanura mu moko, ahubwo tukiyumva nk’Abanyarwanda mbere na mbere.”

Iyi korali kandi yavuze ko izakomeza gukoresha impano yayo mu kubwira Isi ukuri kw’amateka y’u Rwanda, binyuze mu bihangano byayo byibanda ku butumwa bw’ihumure, ubumwe n’urukundo.

Selemani Munyazikwiye ati: “Dufite inshingano yo guhumuriza, guharanira ubwiyunge no kwamagana ikibi. Tuzabikora binyuze mu ndirimbo zacu, ariko no mu mibereho yacu ya buri munsi.”

Uru ruzinduko rwabaye igice cy’umuhate w’iyi korali iherutse gusohora indirimbo “Ubunini” mu gufatanya n’Abanyarwanda bose mu rugendo rwo kwibuka, guharanira ukuri no kubaka ejo hazaza hadasubira inyuma.

Maranatha Family Choir yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yiyemeza gukoresha ijwi ryayo mu kubwira Isi ukuri kw’amateka

Abaririmbyi ba Maranatha Family Choir bashyize indabo ku mva zishyinguyemo inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

“Tuzakomeza kurwanya ikibi kikiri mu ntangiriro”—Maranatha Family Choir nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Urubyiruko rugomba kumenya amateka nyayo—Maranatha Family Choir itanga umukoro nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali


Maranatha Family Choir yiyemeje guharanira ubumwe n’amahoro binyuze mu bihangano byayo nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside

Perezida wa Maranatha Family Choir yavuze ko bazakomeza gukoresha ijwi ryabo mu guhumuriza no kubwira Isi ukuri kw’amateka

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UBUNINI’ YA MARANATHA FAMILY CHOIR


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...