Iyi
ndirimbo Kibuza yayikoze agamije kwibutsa urubyiruko ko rufite uruhare rukomeye
mu kurinda amateka y’u Rwanda, by’umwihariko mu guhangana n’abapfobya Jenoside
yakorewe Abatutsi n’abashaka kugoreka amateka.
Iyi
ndirimbo yamaze kugezwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano
Mboneragihugu, aho yemejwe ko ishobora kwifashishwa mu biganiro n’ibikorwa
bijyanye no kwibuka.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Kibuza yavuze ko iyi ndirimbo ari igisubizo ku bashaka
guhungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ati: “Nkora iyi ndirimbo, nari ngamije gushishikariza Abanyarwanda kumenya abo turi
bo, tukibuka aho twavuye no kumenya aho tugana. Nayitewe n’ibihe turimo, aho
hari amakuru menshi y’ibinyoma ku Rwanda.”
Mu
butumwa bukubiye muri iyi ndirimbo, Kibuza agaragaza uko ubutegetsi bubi
bwagiye busimburana mu mateka y’u Rwanda bushingiye ku ivangura, bugasumbanya
Abanyarwanda, ari na byo byaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Agaragaza
kandi uruhare rw’ubukoloni bw’Ababiligi mu gukwirakwiza amacakubiri,
ndetse n’uko hari n’uruhare rw’amahanga mu gutuma igihugu kijya mu bihe
bikomeye.
Yavuze
ko yahisemo kuyita ‘Nta ntebe y’ikinyoma’ ashingiye ku kuba ubutegetsi
bushingiye ku kinyoma cy’amoko bwaragejeje igihugu ku mahano.
Ati:
“Ubutegetsi bwariho bwasumbanyishaga Abanyarwanda hashingiwe ku moko. Ibyo
byabyaye amacakubiri yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi. Icyo kinyoma
cyaratsinzwe, u Rwanda rufite amahoro n’ubuyobozi bwiza, ariko hari abashaka
gusubiza igihugu mu icuraburindi.”
Amashusho
y’iyi ndirimbo agaragaramo urubyiruko rwambaye imyenda y’umweru n’umukara,
rugaragaza ubumwe, amahoro n’icyizere cy’ejo hazaza.
Harimo
kandi ubutumwa bukangurira buri wese kuba “nk’urushinge n’urudodo” mu kubaka
igihugu, no gukumira ko amateka mabi yakongera kubaho.
Kibuza
yavuze ko atari ubwa mbere akoze indirimbo zigaruka ku mateka n’ubumwe
bw’Abanyarwanda, ariko iyi yayiteguye by’umwihariko ashingiye ku bihe igihugu
kirimo, aho hari amakuru y’ibinyoma akomeje gukwirakwizwa agamije gutesha
agaciro intambwe u Rwanda rumaze gutera.
Uyu
muhanzi asanga urubyiruko rukwiye kugira uruhare rufatika mu kubungabunga
amateka no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, rugaharanira ubumwe
n’amahoro.

Mu
ndirimbo ‘Nta ntebe y’ikinyoma’, Kibuza yibukije urubyiruko ko kurwanya imvugo
z’urwango no kurinda amateka ari inshingano ya buri wese
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NTA NTEBE Y’IKINYOMA’ Y’UMUHANZI KIBUZA
